Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati, yagarutse mu rukiko kuburana ubujurire bwe ku ifungwa ry’agateganyo, avuga ko atishimiye icyemezo yafatiwe, asaba ko yarekurwa kugira ngo ajye kwita ku muryango we n’abana yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya.

Ndimbati wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yaburanye ubujurire bwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye ruha umwanya uregwa [Ndimbati] gusobanura impamvu z’ubujurire bwe, avuga ko atanyuzwe n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ndimbati wongeye kubwira Urukiko ko arengana, yavuze ko yifuza kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko afite umuryango agomba kwitaho ndetse n’abana b’impanga yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya akamutera inda.

Ndimbati ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo bwa mbere, yabwiye Urukiko yafunzwe kubera akagambane kuko hari Umunyamakuru wamuhamagaye amusaba Miliyono 2 Frw, amubwira ko natayamuha amushyira hanze.

Ndimbati yavuze ko uwo ashinjwa gusambanya akamutera inda, yamukuye ku muhanda akamugura nk’uko abandi bakobwa bose bicuruza babigenza.

Uregwa anavuga ko ikarita y’ikingira y’umukobwa akekwaho gusambanya, yazanywe mu rukiko nk’ikimenyetso ko yamusambanyije atarageza imyaka y’ubukure, ifite inenge bityo ko Urukiko rudakwiye kuyiha agaciro.

Mu iburanisha ry’uyu munsi ku bujurire bw’uregwa, Ubushinjacyaha bwamaganye icyifuzo cy’uregwa, buvuga ko adakwiye kurekurwa ko icyaha akekwaho gikomeye gihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko rwagumishaho icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rukemeza ko uregwa akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza wumvise impande zombi, yahise apfundikira uru rubanza rwamaze isaha imwe, ategeka ko icyemezo kizasomwa ku wa Kane tariki 28 Mata 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twelve =

Previous Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Next Post

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Related Posts

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.