Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati, yagarutse mu rukiko kuburana ubujurire bwe ku ifungwa ry’agateganyo, avuga ko atishimiye icyemezo yafatiwe, asaba ko yarekurwa kugira ngo ajye kwita ku muryango we n’abana yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya.

Ndimbati wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yaburanye ubujurire bwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye ruha umwanya uregwa [Ndimbati] gusobanura impamvu z’ubujurire bwe, avuga ko atanyuzwe n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ndimbati wongeye kubwira Urukiko ko arengana, yavuze ko yifuza kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko afite umuryango agomba kwitaho ndetse n’abana b’impanga yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya akamutera inda.

Ndimbati ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo bwa mbere, yabwiye Urukiko yafunzwe kubera akagambane kuko hari Umunyamakuru wamuhamagaye amusaba Miliyono 2 Frw, amubwira ko natayamuha amushyira hanze.

Ndimbati yavuze ko uwo ashinjwa gusambanya akamutera inda, yamukuye ku muhanda akamugura nk’uko abandi bakobwa bose bicuruza babigenza.

Uregwa anavuga ko ikarita y’ikingira y’umukobwa akekwaho gusambanya, yazanywe mu rukiko nk’ikimenyetso ko yamusambanyije atarageza imyaka y’ubukure, ifite inenge bityo ko Urukiko rudakwiye kuyiha agaciro.

Mu iburanisha ry’uyu munsi ku bujurire bw’uregwa, Ubushinjacyaha bwamaganye icyifuzo cy’uregwa, buvuga ko adakwiye kurekurwa ko icyaha akekwaho gikomeye gihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko rwagumishaho icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rukemeza ko uregwa akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza wumvise impande zombi, yahise apfundikira uru rubanza rwamaze isaha imwe, ategeka ko icyemezo kizasomwa ku wa Kane tariki 28 Mata 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Next Post

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.