Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati, yagarutse mu rukiko kuburana ubujurire bwe ku ifungwa ry’agateganyo, avuga ko atishimiye icyemezo yafatiwe, asaba ko yarekurwa kugira ngo ajye kwita ku muryango we n’abana yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya.

Ndimbati wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, yaburanye ubujurire bwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatangiye ruha umwanya uregwa [Ndimbati] gusobanura impamvu z’ubujurire bwe, avuga ko atanyuzwe n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ndimbati wongeye kubwira Urukiko ko arengana, yavuze ko yifuza kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko afite umuryango agomba kwitaho ndetse n’abana b’impanga yabyaranye na Kabahizi Fridaus akekwaho gusambanya akamutera inda.

Ndimbati ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo bwa mbere, yabwiye Urukiko yafunzwe kubera akagambane kuko hari Umunyamakuru wamuhamagaye amusaba Miliyono 2 Frw, amubwira ko natayamuha amushyira hanze.

Ndimbati yavuze ko uwo ashinjwa gusambanya akamutera inda, yamukuye ku muhanda akamugura nk’uko abandi bakobwa bose bicuruza babigenza.

Uregwa anavuga ko ikarita y’ikingira y’umukobwa akekwaho gusambanya, yazanywe mu rukiko nk’ikimenyetso ko yamusambanyije atarageza imyaka y’ubukure, ifite inenge bityo ko Urukiko rudakwiye kuyiha agaciro.

Mu iburanisha ry’uyu munsi ku bujurire bw’uregwa, Ubushinjacyaha bwamaganye icyifuzo cy’uregwa, buvuga ko adakwiye kurekurwa ko icyaha akekwaho gikomeye gihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko rwagumishaho icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rukemeza ko uregwa akomeza gufungwa by’agateganyo.

Umucamanza wumvise impande zombi, yahise apfundikira uru rubanza rwamaze isaha imwe, ategeka ko icyemezo kizasomwa ku wa Kane tariki 28 Mata 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + one =

Previous Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Next Post

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.