Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati imbere y'Inteko y'Urukiko (Photo/Igihe)

Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye nka Ndimbati ukurikiranyweho gusambanya umwana, yagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ndimbati yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022, nyuma y’amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru binyuranye ko hari umukobwa yasambanyije abanje kumusindisha, akamutera inda bakabyarana impanga z’abana babiri.

  • Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana
  • Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda

Uyu mukinnyi wa Film umaze kugira abakunzi benshi mu Rwanda, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, umubyeyi witwa Kabahizi Fridaus, yatangaje ko yasambanyijwe na Ndimbati atarageza imyaka y’ubukure 18, ubwo bahuraga amwizeza kuzamufasha kwinjira mu mwuga wo gukina Film ariko akaza kumujyana muri lodge abanje kumunywesha inzoga ubundi bakararana.

Uyu Kabahizi Fridaus wagaragazaga n’abana babiri b’impanga yabyaranye na Ndimbati, yavugaga ko ubwo yararanaga na Ndimbati, byaje kumuviramo gusama akaza no kubyara izi mpanga, akaza no kujya abafasha ariko ko nyuma yaje kubatererana.

Ndimbati na we wari wagize icyo avuga kuri ibi yavugwagaho, yari yatangaje ko asanzwe afasha uyu mugore n’abana yabyabye gusa akavuga ko afite ibimenyetso byinshi ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura muri rubanda.

Uyu mukinnyi wa Film wavugaga ko iki kibazo kizakemurwa binyuze mu nzira z’amategeko, yavugaga ko atanizeye neza ko aba bana b’uyu mugore ari abe koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 16 =

Previous Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Next Post

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.