Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati imbere y'Inteko y'Urukiko (Photo/Igihe)

Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye nka Ndimbati ukurikiranyweho gusambanya umwana, yagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ndimbati yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022, nyuma y’amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru binyuranye ko hari umukobwa yasambanyije abanje kumusindisha, akamutera inda bakabyarana impanga z’abana babiri.

  • Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana
  • Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda

Uyu mukinnyi wa Film umaze kugira abakunzi benshi mu Rwanda, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, umubyeyi witwa Kabahizi Fridaus, yatangaje ko yasambanyijwe na Ndimbati atarageza imyaka y’ubukure 18, ubwo bahuraga amwizeza kuzamufasha kwinjira mu mwuga wo gukina Film ariko akaza kumujyana muri lodge abanje kumunywesha inzoga ubundi bakararana.

Uyu Kabahizi Fridaus wagaragazaga n’abana babiri b’impanga yabyaranye na Ndimbati, yavugaga ko ubwo yararanaga na Ndimbati, byaje kumuviramo gusama akaza no kubyara izi mpanga, akaza no kujya abafasha ariko ko nyuma yaje kubatererana.

Ndimbati na we wari wagize icyo avuga kuri ibi yavugwagaho, yari yatangaje ko asanzwe afasha uyu mugore n’abana yabyabye gusa akavuga ko afite ibimenyetso byinshi ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura muri rubanda.

Uyu mukinnyi wa Film wavugaga ko iki kibazo kizakemurwa binyuze mu nzira z’amategeko, yavugaga ko atanizeye neza ko aba bana b’uyu mugore ari abe koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − twelve =

Previous Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Next Post

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.