• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati imbere y'Inteko y'Urukiko (Photo/Igihe)

Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye nka Ndimbati ukurikiranyweho gusambanya umwana, yagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ndimbati yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022, nyuma y’amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru binyuranye ko hari umukobwa yasambanyije abanje kumusindisha, akamutera inda bakabyarana impanga z’abana babiri.

  • Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana
  • Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda

Uyu mukinnyi wa Film umaze kugira abakunzi benshi mu Rwanda, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, umubyeyi witwa Kabahizi Fridaus, yatangaje ko yasambanyijwe na Ndimbati atarageza imyaka y’ubukure 18, ubwo bahuraga amwizeza kuzamufasha kwinjira mu mwuga wo gukina Film ariko akaza kumujyana muri lodge abanje kumunywesha inzoga ubundi bakararana.

Uyu Kabahizi Fridaus wagaragazaga n’abana babiri b’impanga yabyaranye na Ndimbati, yavugaga ko ubwo yararanaga na Ndimbati, byaje kumuviramo gusama akaza no kubyara izi mpanga, akaza no kujya abafasha ariko ko nyuma yaje kubatererana.

Ndimbati na we wari wagize icyo avuga kuri ibi yavugwagaho, yari yatangaje ko asanzwe afasha uyu mugore n’abana yabyabye gusa akavuga ko afite ibimenyetso byinshi ko yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura muri rubanda.

Uyu mukinnyi wa Film wavugaga ko iki kibazo kizakemurwa binyuze mu nzira z’amategeko, yavugaga ko atanizeye neza ko aba bana b’uyu mugore ari abe koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + one =

Previous Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Next Post

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

AMAFOTO: Igikomangoma William n’umugore we muri Jamaica bishimiwe bidasanzwe na rubanda rwa giseseka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.