Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI, SINEMA
0
Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film nyarwanda uzwi nka Ndimbati, yanenze abakunze kunenga Hon. Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu akaba akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwaka indonke, avuga ko bari bakwiye kwita cyane ku mbabazi yasabye.

Uwihoreye Jean Bosco AKA Ndimbati wujuje amezi abiri afunguwe nyuma yo kugirwa umwere ku byaha birimo gusambanya umwana, yavuze ko aho yari afungiye muri gereza, yize byinshi birimo kuba umuntu wese ashobora kugwa mu ikosa cyangwa mu cyaha.

Ubwo yari no muri gereza, Ndimbati yakunze kuvuga ko “ibintu byose birashoboka”, ashaka guha ubutumwa abari bari hanze ko badakwiye gucira imanza abafunze.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Yago TV, Ndimbati yagarutse kuri Bamporiki Edoaurd wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, waje guhagarikwa ubu akaba anakurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kwaka ruswa y’amafaranga.

Uyu mukinnyi wa Film yagarutse ku mbabazi zasabwe na Bamporiki, avuga ko gusaba imbabazi bituruka kure bityo ko uwazisabye aba akwiye kumvwa.

Ati “Gusaba imbabazi buturuka kure, ni naho hantu hagora abantu benshi ugasanga barinangiye ntibashaka gusaba imbarazi ariko kubona umuntu nka Bamporiki avuga ati ‘narakosheje kandi ndasaba imbabazi’ buriya ntakindi abantu bagakwiye kurenzaho. Nta muntu ukwiye kuveba undi kuko buriya iyo utunze umuntu urutoki rumwe, izindi nawe ziba zikureba.”

Ndimbati avuga ko ibyakozwe na Bamporiki atari we wa mbere wabikoze ndetse ko atari na we wa nyuma, ariko ko abantu batari bakwiye gutera amabuye uwabikoze ahubwo ko baba bakwiye kubikuramo isomo.

Ati “Ni yo mpamvu rero umuntu adakwiye kuveba mugenzi we ahubwo akwiye kwiga isomo ariko ntatere undi amabuye.”

Ndimbati avuga ko imbabazi zasabwe na Bamporiki zari zikwiye gutangwa kandi zigahera ku Banyarwanda, bakirinda gucira urubanza uyu munyapolitiki ahubwo bakamuha imbabazi yabasabye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.