Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI, SINEMA
0
Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film nyarwanda uzwi nka Ndimbati, yanenze abakunze kunenga Hon. Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu akaba akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwaka indonke, avuga ko bari bakwiye kwita cyane ku mbabazi yasabye.

Uwihoreye Jean Bosco AKA Ndimbati wujuje amezi abiri afunguwe nyuma yo kugirwa umwere ku byaha birimo gusambanya umwana, yavuze ko aho yari afungiye muri gereza, yize byinshi birimo kuba umuntu wese ashobora kugwa mu ikosa cyangwa mu cyaha.

Ubwo yari no muri gereza, Ndimbati yakunze kuvuga ko “ibintu byose birashoboka”, ashaka guha ubutumwa abari bari hanze ko badakwiye gucira imanza abafunze.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Yago TV, Ndimbati yagarutse kuri Bamporiki Edoaurd wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, waje guhagarikwa ubu akaba anakurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kwaka ruswa y’amafaranga.

Uyu mukinnyi wa Film yagarutse ku mbabazi zasabwe na Bamporiki, avuga ko gusaba imbabazi bituruka kure bityo ko uwazisabye aba akwiye kumvwa.

Ati “Gusaba imbabazi buturuka kure, ni naho hantu hagora abantu benshi ugasanga barinangiye ntibashaka gusaba imbarazi ariko kubona umuntu nka Bamporiki avuga ati ‘narakosheje kandi ndasaba imbabazi’ buriya ntakindi abantu bagakwiye kurenzaho. Nta muntu ukwiye kuveba undi kuko buriya iyo utunze umuntu urutoki rumwe, izindi nawe ziba zikureba.”

Ndimbati avuga ko ibyakozwe na Bamporiki atari we wa mbere wabikoze ndetse ko atari na we wa nyuma, ariko ko abantu batari bakwiye gutera amabuye uwabikoze ahubwo ko baba bakwiye kubikuramo isomo.

Ati “Ni yo mpamvu rero umuntu adakwiye kuveba mugenzi we ahubwo akwiye kwiga isomo ariko ntatere undi amabuye.”

Ndimbati avuga ko imbabazi zasabwe na Bamporiki zari zikwiye gutangwa kandi zigahera ku Banyarwanda, bakirinda gucira urubanza uyu munyapolitiki ahubwo bakamuha imbabazi yabasabye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Related Posts

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Why Some People Feel Tired After Socializing
IMIBEREHO MYIZA

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Feel Tired After Socializing

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.