Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI, SINEMA
0
Ndimbati yageneye ubutumwa abateye imijugujugu Bamporiki
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa film nyarwanda uzwi nka Ndimbati, yanenze abakunze kunenga Hon. Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu akaba akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwaka indonke, avuga ko bari bakwiye kwita cyane ku mbabazi yasabye.

Uwihoreye Jean Bosco AKA Ndimbati wujuje amezi abiri afunguwe nyuma yo kugirwa umwere ku byaha birimo gusambanya umwana, yavuze ko aho yari afungiye muri gereza, yize byinshi birimo kuba umuntu wese ashobora kugwa mu ikosa cyangwa mu cyaha.

Ubwo yari no muri gereza, Ndimbati yakunze kuvuga ko “ibintu byose birashoboka”, ashaka guha ubutumwa abari bari hanze ko badakwiye gucira imanza abafunze.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Yago TV, Ndimbati yagarutse kuri Bamporiki Edoaurd wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, waje guhagarikwa ubu akaba anakurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kwaka ruswa y’amafaranga.

Uyu mukinnyi wa Film yagarutse ku mbabazi zasabwe na Bamporiki, avuga ko gusaba imbabazi bituruka kure bityo ko uwazisabye aba akwiye kumvwa.

Ati “Gusaba imbabazi buturuka kure, ni naho hantu hagora abantu benshi ugasanga barinangiye ntibashaka gusaba imbarazi ariko kubona umuntu nka Bamporiki avuga ati ‘narakosheje kandi ndasaba imbabazi’ buriya ntakindi abantu bagakwiye kurenzaho. Nta muntu ukwiye kuveba undi kuko buriya iyo utunze umuntu urutoki rumwe, izindi nawe ziba zikureba.”

Ndimbati avuga ko ibyakozwe na Bamporiki atari we wa mbere wabikoze ndetse ko atari na we wa nyuma, ariko ko abantu batari bakwiye gutera amabuye uwabikoze ahubwo ko baba bakwiye kubikuramo isomo.

Ati “Ni yo mpamvu rero umuntu adakwiye kuveba mugenzi we ahubwo akwiye kwiga isomo ariko ntatere undi amabuye.”

Ndimbati avuga ko imbabazi zasabwe na Bamporiki zari zikwiye gutangwa kandi zigahera ku Banyarwanda, bakirinda gucira urubanza uyu munyapolitiki ahubwo bakamuha imbabazi yabasabye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 6 =

Previous Post

Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Umuhanzi Nyarwanda yashenguwe n’urupfu rw’umukobwa wagaragaye mu mashusho ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.