Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Photo/Internet: Yakuwe mu mashusho ari gukina film

Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye nka Ndimbati, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rumukurikiranyeho icyaha cyo gusambanya umwana.

Uyu mukinnyi wa Film umaze kubaka izina mu Rwanda kubera imikinire ye isetsa benshi, atawe muri yombi nyuma y’uko hacicikanye amakuru y’umugore uvuga ko yamusambanyije abanje kumusindisha, akamutera inda bakabyarana impanga z’abana babiri ndetse akaba yarabateye umugongo.

Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry.

Dr Murangira B. Thierry yabwiye Igihe ati “RIB yafashe umugabo witwa Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati w’imyaka 51 acyekwaho icyaha cyo gusambanya umwana.”

Mu minsi ibirii shize, ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru binyuranye, havuzwe umugore witwa Kabahizi Fridaus ushinja Ndimbati kuba yaramusambanyije abanje kumusindisha agahita asama inda yavutsemo impanga.

Uyu mukobwa waganiriye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko yari yarasabye Ndimbati kumufasha kwinjira mu mwuga wo gukina Film, akaza kumujyana mu macumbi abanje kumuha inzoga ubundi akisanga baryamanye.

Kabahizi Fridaus yatangaje kandi ko Ndimbati yagiye rimwe anyuzamo akamufasha yaba mu gihe yari atwite ndetse na nyuma yo kubyara ariko ko ubu yabatereranye.

Ndimbati yahakanye amakuru yo gutererana umugore, nsetse akemeza ko n’ubu agifasha uyu mugore n’abana yabyaye yaba mu buryo bwo kubona ikibatunga ndetse no kubishyurira ubukode bw’inzu.

Gusa Ndimbati yavuze ko amaze kubona ibimenyetsi byinshi bigaragaza ko uyu mugore yaje ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura muri rubanda.

Uyu mukinnyi wa Film umaze kubaka izina akaba anahabwa ibiraka byo kwamamaza ibikorwa binyuranye kubera igikundiro amaze kubaka muri rubanda, yari yanavuze ko yiteguye icyo amategeko azakora kuri iki kibazo cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

Next Post

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.