Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko iki Gihugu cyahagaritse ibitero cyagabaga mu bice bikungahaye kuri Gaze byo mu majyepfo ya Iran, nyuma yo kubisabwa na Perezida Trump, kandi yizeza ko intambara ishobora kurangira vuba.
Netanyahu kandi yavuze ko ibyo bitero byagabwaga muri biriya bice, byakozwe na Israel ku giti cyayo, kuko nta kindi Gihugu cyayibifashijemo.
Yavuze ko Israel igiye guhagarika ibindi bitero ibyo ari byo byose ku bice bikomeye bicukurwamo gaz, ndetse yemeza ko intambara ya Iran ishobora kurangira “vuba kurusha uko abantu babitekereza.”
Uyu muyobozi wa Israel kandi yatangaje ko ikindi gikorwa cyose cya Iran cyo gufungura umuhora wa Hormuz, kitazagera ku ntego yacyo.
Yagize ati “Agatsiko k’urupfu muri Iran kari kugerageza gushyira isi mu kangaratete gafunga inzira mpuzamahanga y’ingenzi yo mu mazi, umuhora wa Hormuz. Ariko ntibizagera ku ntego.”
Benjamin Netanyahu kandi yibanze ku kwamaganira kure ibivugwa ko Guverinoma ye yocyeje igitutu Leta Zunze Ubumwe za America ikayinjiza muri iyi ntambara na Iran.
Yagize ati “Abavuga ibihuha ko twashoye Leta Zunze Ubumwe za America mu ntambara, si ibihuha gusa ahubwo biranasekeje.” Yakomeje avuga ko Trump yakunze kumubwira mu gihe kirenga umwaka ko “tugomba kubaho twizeye ko Iran idafite intwaro za kirimbuzi.”
Yakomeje agira ati “Isi ifitiye umwenda ukomeye, Perezida Trump ku muhate we mu rugendo rwo kugena ahazaza hatekanye.”
RADIOTV10










