Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne atawe muri yombi, haravugwa intangaro y’uku gufungwa kwe, ko hari abakobwa bitabiriye Miss Rwanda bamushinja kuba yarabasabye ruswa y’igitsina abizeza ko bazegukana ikamba.

Mu irushanwa rya Miss Rwanda hakunze kuvugwamo ibitanoze birimo n’iyi ruswa y’igitsina ndetse n’ibindi binyuranyije n’umuco nyarwanda bivugwa ko bibera mu mwiherero w’abakobwa bitabira ibyiciro bya nyuma by’iri rushanwa.

Ntawigeze atobora ngo abyature ariko hari ibicyezicyezi byabyo byagiye bijya hanze nk’ubutumwa bwa Rukundo Patrick [AKA Patycope] wigeze kwandika ku mbuga nkoranyambaga ko atakiri mu bategura iri rushanwa ndetse ko agiye gushyira hanze ibibera muri iri rushanwa byose.

Ubwo yashyiragaho ubu butumwa RADIOTV10 yahise ibubika nubwo yaje kubusiba ku mbuga nkoranyambaga ze, nta masaha menshi yashize kuko yahise abusiba ndetse akaza gusubira mu itsinda ritegura iri rushanwa.

 

Intandaro y’ifungwa rya Ishimwe yabaye iyihe?

Urubuga Hose, ruvuga ko hari amakuru avuga ko Nshuti Muheto Divine wigukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022, mu minsi ishize yajyanye na Ishimwe Dieudonne i Rubavu nk’umuntu uyobora kompanyi ireberera inyungu ze, nyuma akaza kumusaba ko yamusanga kuri hotel yari yarayemo.

Miss Muheto aho kujya kureba uyu musore nk’uko yari abimusabye, yahise agira abo abibwira ndetse ngo na bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda baboneraho kuvuga ko uyu musore yabasabye ruswa y’igitsina.

Abo bakobwa bavuze ubuhamya bwabo bw’iri hohoterwa rishingiye ku gitsina bakorewe, bavugaga ko uyu muyobozi wa Rwanda Inspiration Backup yabizezaga ko nibaryamana bazegukana ikamba rya Miss Rwanda.

Amakuru avuga ko Prince Kid yarezwe n’abakobwa bane barimo abitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda muri 2021 ndetse n’irya 2022 kandi ngo bafite ibimenyetso by’icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + one =

Previous Post

Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa

Next Post

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n'umutenkunga mukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.