Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne atawe muri yombi, haravugwa intangaro y’uku gufungwa kwe, ko hari abakobwa bitabiriye Miss Rwanda bamushinja kuba yarabasabye ruswa y’igitsina abizeza ko bazegukana ikamba.

Mu irushanwa rya Miss Rwanda hakunze kuvugwamo ibitanoze birimo n’iyi ruswa y’igitsina ndetse n’ibindi binyuranyije n’umuco nyarwanda bivugwa ko bibera mu mwiherero w’abakobwa bitabira ibyiciro bya nyuma by’iri rushanwa.

Ntawigeze atobora ngo abyature ariko hari ibicyezicyezi byabyo byagiye bijya hanze nk’ubutumwa bwa Rukundo Patrick [AKA Patycope] wigeze kwandika ku mbuga nkoranyambaga ko atakiri mu bategura iri rushanwa ndetse ko agiye gushyira hanze ibibera muri iri rushanwa byose.

Ubwo yashyiragaho ubu butumwa RADIOTV10 yahise ibubika nubwo yaje kubusiba ku mbuga nkoranyambaga ze, nta masaha menshi yashize kuko yahise abusiba ndetse akaza gusubira mu itsinda ritegura iri rushanwa.

 

Intandaro y’ifungwa rya Ishimwe yabaye iyihe?

Urubuga Hose, ruvuga ko hari amakuru avuga ko Nshuti Muheto Divine wigukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022, mu minsi ishize yajyanye na Ishimwe Dieudonne i Rubavu nk’umuntu uyobora kompanyi ireberera inyungu ze, nyuma akaza kumusaba ko yamusanga kuri hotel yari yarayemo.

Miss Muheto aho kujya kureba uyu musore nk’uko yari abimusabye, yahise agira abo abibwira ndetse ngo na bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda baboneraho kuvuga ko uyu musore yabasabye ruswa y’igitsina.

Abo bakobwa bavuze ubuhamya bwabo bw’iri hohoterwa rishingiye ku gitsina bakorewe, bavugaga ko uyu muyobozi wa Rwanda Inspiration Backup yabizezaga ko nibaryamana bazegukana ikamba rya Miss Rwanda.

Amakuru avuga ko Prince Kid yarezwe n’abakobwa bane barimo abitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda muri 2021 ndetse n’irya 2022 kandi ngo bafite ibimenyetso by’icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa

Next Post

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n'umutenkunga mukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.