Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne atawe muri yombi, haravugwa intangaro y’uku gufungwa kwe, ko hari abakobwa bitabiriye Miss Rwanda bamushinja kuba yarabasabye ruswa y’igitsina abizeza ko bazegukana ikamba.

Mu irushanwa rya Miss Rwanda hakunze kuvugwamo ibitanoze birimo n’iyi ruswa y’igitsina ndetse n’ibindi binyuranyije n’umuco nyarwanda bivugwa ko bibera mu mwiherero w’abakobwa bitabira ibyiciro bya nyuma by’iri rushanwa.

Ntawigeze atobora ngo abyature ariko hari ibicyezicyezi byabyo byagiye bijya hanze nk’ubutumwa bwa Rukundo Patrick [AKA Patycope] wigeze kwandika ku mbuga nkoranyambaga ko atakiri mu bategura iri rushanwa ndetse ko agiye gushyira hanze ibibera muri iri rushanwa byose.

Ubwo yashyiragaho ubu butumwa RADIOTV10 yahise ibubika nubwo yaje kubusiba ku mbuga nkoranyambaga ze, nta masaha menshi yashize kuko yahise abusiba ndetse akaza gusubira mu itsinda ritegura iri rushanwa.

 

Intandaro y’ifungwa rya Ishimwe yabaye iyihe?

Urubuga Hose, ruvuga ko hari amakuru avuga ko Nshuti Muheto Divine wigukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022, mu minsi ishize yajyanye na Ishimwe Dieudonne i Rubavu nk’umuntu uyobora kompanyi ireberera inyungu ze, nyuma akaza kumusaba ko yamusanga kuri hotel yari yarayemo.

Miss Muheto aho kujya kureba uyu musore nk’uko yari abimusabye, yahise agira abo abibwira ndetse ngo na bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda baboneraho kuvuga ko uyu musore yabasabye ruswa y’igitsina.

Abo bakobwa bavuze ubuhamya bwabo bw’iri hohoterwa rishingiye ku gitsina bakorewe, bavugaga ko uyu muyobozi wa Rwanda Inspiration Backup yabizezaga ko nibaryamana bazegukana ikamba rya Miss Rwanda.

Amakuru avuga ko Prince Kid yarezwe n’abakobwa bane barimo abitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda muri 2021 ndetse n’irya 2022 kandi ngo bafite ibimenyetso by’icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa

Next Post

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n’umutenkunga mukuru

UPDATE: Abategura Mr Rwanda bamaganye amakuru yo gutandukana n'umutenkunga mukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.