Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Inkuru y’agahinda yumvikanamo ubunyamaswa n’agashinyaguro byakorewe umugore wari wabuze

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in MU RWANDA
1
Ngoma: Inkuru y’agahinda yumvikanamo ubunyamaswa n’agashinyaguro byakorewe umugore wari wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wari wabuze ubwo yavaga mu birori by’umubatizo, yabonetse yarapfuye, aho igice kimwe cy’umubiri we cyabonetse mu Kiyaga wa Mugesera, mu igihe ikindi kigishakishwa, bikaba bikekwa ko yishwe n’umugabo we.

Ikitegetse Angelique wari utuye mu Mudugudu wa Nyamabuye mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Mugesera, yari yaburiwe irengero mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, abura ubwo yari avuye mu birori by’umubatizo w’umwana wa musaza we.

Nyuma yo kumushakisha bakamubura, bakanahamagara telefone ye bakumva itariho, baje kubona igice kimwe cy’umubiri we mu kiyaga cya Mugesera.

Abaturanyi ba nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko yahoraga afite amakimbirane n’umugabo we Rusanganwa Donatien, ari na we bikekwa ko wamwivuganye.

Bavuga kandi ko aba bombi bari banagiye mu nkiko baka gatanya, ndetse ko mu kwezi gushize kwa Nyakanga, Urukiko rwari rwemeje itandukana ryabo, hakaba hari hasigaye ko riterwaho kashi mpuruza.

Umuturage witwa Fayida Faina wabaga ari kumwe na nyakwigendera mu nkiko, yabwiye RADIOTV10 ko kimwe mu byo yapfaga n’umugabo we, ari ikibazo cy’ubushoreke.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko umugabo wa nyakwigendera ari we wamaze gutabwa muri yombi.

Ati “Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane uburyo byakozwe, n’abamufashije, n’ibindi byose bijyanye n’iperereza. Ni abantu bari bamaze igihe kirekire bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo, ndetse bari bari no mu nzira zo gutandukana.”

Dr Murangira uvuga ko ukekwaho ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza, yaboneyeho guha ubutumwa abaturage by’umwihariko abafite amakimbirane.

Ati “Ntabwo byari bikwiye ko umuntu ashobora kugirana n’undi amakimbirane, icyo yaba shingiyeho cyose, yaba imitungo, ubusambanyi, gucana inyuma hagati y’abashakanye, ntabwo byagombye kugera aho umwe yica undi, ntabwo kwihorera cyangwa gushaka kwica undi muntu ari wo muti, kuko wamwica na we uba uzakurikiranwa kandi uba uzafatwa ugafungwa.”

Dr Murangira avuga ko mu gihe abantu babona ko amakimbirane yababanye maremare, badashobora kuyikemurira ubwabo, bakwiye kugana inzego zikabibafashamo.

Abatuye muri aka gace bashenguwe na nyakwigendera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Barakagira Karaboneye says:
    2 years ago

    Bagiye babatandukanya vuba na bwangu se? Ko mbona impfu zibaye agatereranzamba ? Leta nishake uko ubashyingiranywe batandukana peee bitaruhije, naho ibindi birakabije peeee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 6 =

Previous Post

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Next Post

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.