Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ngororero: Abaturage ntibemeranya na meya uhakana ko batazonzwe n’inzara

radiotv10by radiotv10
11/06/2021
in Uncategorized
0
Ngororero: Abaturage ntibemeranya na meya uhakana ko batazonzwe n’inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize umwaka hari abaturage mu karere ka Ngorero batujwe mu mudugudu w’abatishoboye mu kagali ka Nyange umurerenge wa Ngororero .

Aba baturage baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 bamubwiye ko inzara ibamereye nabi kuko batagira aho bakura icyo gufungura ,dore ko bagaragaza ko ntabutaka cg ibikorwa byabafasha mu mibereho bafite. Bakabishingiraho bavuga ko bakeneye ubutabazi.

Umwe muribo witwa Nyirahabimana Sipera avuga ko bishimira ko bahawe inzu, gusa ngo inzara ibamereye nabi.

Nyirabiza Beransira twasanze amaze n’iminsi arwaye avuga ko noneho byahumiye ku mirari kuko atakibasha no kwicira inshuro.

Yagize ati” Nk’ubu maze iminsi ndwaye kuko maze nk’ibyumweru nka bitatu ndwaye ntava mu nzu mbereye aho(ntacyo ndya) meze gutya”

Uyu mubyeyi avuga ko adaheruka kurya kuko n’umuturanyi uherutse kumuha amafaranga yo kugura ibijumba yabirumangiye aho, kuko nta mboga zo kubirisha yari afite.

Ubwo twabazaga uyuNyirabiza niba abaturanyi be ntacyo bamufasha, yasubizanije agahinda (yimyoza) avuga ko bamufasha rimwe na rimwe ariko bidashoboka ko bahora bamwishingira.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero NDAYAMBAJE Godefroid  yabwiye Radio10 na Tv10 ko nta nzara iri muri   Ngororero ku buryo umuturage yabura ibyo kurya, akavuga ko haba harabayeho amakosa mu mudugu gusa avuga ko bagiye kubikurikirana.

Yagize ati” Nkuko mwabibonye muri Ngororero ntabwo turi mu bihe by’inzara ku buryo ibyo kurya byabura, ariko iyo bibayeho umuturage akaba adashobora kubona ibyo kurya uruhare rw’abaturanyi be narwo ruba ari ngombwa mu kumenya uko mugenzi wabo yaramutse’’

NDAYAMBAJE Godefroid   avuga ko iki kibazo bagiye kugikurikirana gusa akanemeza ko ubusanzwe akarere kaba karagize inkunga kohereza ku mirenge iba igomba kwita kuri ku bantu bafite ibibabzo nk’ibyo.

Abatuye muri uyu mudugudu wa  Nyange bamwe bamazeyo umwaka umwe abandi bamaze amezi 6 kuko bahatujwe mu byiciro.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 6 =

Previous Post

USA: Perezida Biden yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere ku mugabane w’u Burayi

Next Post

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.