Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
9
Ngororero: Haravugwa icyatumye umunyeshuri atema umwarimu we mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyeshuri wo mu ishuri rimwe ryo mu Karere ka Ngororero, yatawe muri yombi akekwaho gutema umwarimu we babanje gufatana mu mashati nyuma yuko yari yabanje kumuha igihano akacyanga ahubwo akamurwanya.

Uyu munyeshuri w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kabaya, akekwaho gukora iki cyaha cyo gutema umwarimu we, asanzwe yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kageshi.

Iki cyaha gikekwa kuri uyu musore, cyakozwe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, ubwo uyu munyeshuri yangaga igihano yari ahawe n’umwarimu we.

Amakuru avuga ko n’ubusanzwe uyu munyeshuri adashobotse kuko asanzwe anava mu ishuri akarisubizwamo dore ko n’imyaka ye (18) itagakwiye kuba ari iy’umwana wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye.

Ndayisenga Simon uyobora Umurenge wa Kabaya, yemeje aya makuru y’uyu munyeshuri wasagariye umwarimu we akamutema mu mutwe.

Yagize ati “Yari yakererewe kugera ku ishuri, umwarimu amubajije impamvu ndetse ashaka no kumuha bihano baha abana byoroheje, umunyeshuri aranga, umwarimu ashatse gukoresha ingufu bafatana.”

Uyu muyobozi wo mu nzego z’ibanze avuga ko ubwo aba bombi bafatanaga mu mashati, hari abahise baza bakabakiza, ariko uyu munyeshuri yahise ajya kuzana umuhoro basanzwe bakoresha mu gutema inkwi batekesha ku ishuri, ari na bwo yahise amutema mu mutwe aramukomeretsa.

Uyu munyeshuri yahise atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hakorwe iperereza kuri iki cyaha cyo gukomeretsa undi.

RADIOTV10

Comments 9

  1. Egide says:
    2 years ago

    Izi ni ingaruka zo gushyiraho amategeko ashinzwe kurengera umwana, bakamugira idebe, bakabagira indakoreka, ugerageje guhana umwana akaba ariwe ufungwa, abanyeshuri bazatumara rwose kuko barashyigikiwe

    Reply
    • Bernard says:
      2 years ago

      Kabisa ibintu byo kudahana umwana akiri muto ni amakosa akomeye ingaruka muzazibona bamaze gukura ari abagabo badafite icyo bamaze

      Reply
  2. Bosco says:
    2 years ago

    Umwarimu asigaye ahana umunyeshuri agafungwa abana byabateye kwigira ibinani ,naho kuua mwishuri inzego zibanze nizo zigira uburangazi

    Reply
    • Juvenal says:
      2 years ago

      Ibi navyo bivuz iki?umunyeshure arafungwa???

      Reply
  3. Bujana says:
    2 years ago

    Uyo mwana nta discipline afise nkeka Bujana Anya urumogi.

    Reply
    • KUBWIMANA Jean Damascène says:
      2 years ago

      Ikibazo si umwana udafite ikinyabupfura aho! Ahubwo n’uwo murezi si shyashya! Nta narimwe umurezi yatumwe gufatana mu ishingu n’uwo arera! Icyabayeho,kiragayitse haba ku murezi no ku munyeshuli! Hariho uburyo bwinshi umwana urerwa afashwa ku myitwarire ye hatarimo gushaka kurwana nawe kuko umwana nta controle aba afite! First,”Case conference”noneho Koko nibigaragara ko umwana akomeza kunanirana,inzego zindi zanakwifsshishwa ariko umurezi adashatse guhangana n’umwana bivamo kurwana nawe! Murakoze!

      Reply
  4. Aloys Ivumaharinde says:
    2 years ago

    Birababaje peee tekereza gutemwa nuwo wahaga ibyo wize urara amajoro akaguhemba kukugutema.

    Reply
  5. Twahirwa leonard says:
    2 years ago

    Discipline nyeya kubana ho irakabije mu mashuri ninaho dufite ibibazo byokurera abana , yego burya inko ivuna igufa ntigera kungeso ari kera baradutsiburaga tukanenya icyo gukora rero Leta nidufashe nkatwe ababyeyi akanyafu ku kibuno ntacyo gatwaye nimwimika ejo cg ejobundi ingaruka nikuritwe ubujura ,mayibobo nibirara binwa itabi rero mudufashe abarezi bacu banjye bagira securitéyisanzuye ku bana

    Reply
  6. IYAMUREMYE barc says:
    2 years ago

    Arumunyeshuri arinumwarimu Bose nibamwe work wabonyehehe umwarimu ujya kurwana numunyeshuri nkaho ikigo ntabuyobozi kigira all they don’t have a discipline.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + five =

Previous Post

Hatangajwe andi makuru ku munyamakuru wa Radiyo imwe wahuye n’isanganya

Next Post

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.