Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro
Share on FacebookShare on Twitter

Zimwe mu mpinduka ziri mu misoro y’imitungo itimukanwa, harimo kuba hagiye gushyirwaho imisoro ku bagurisha ibibanza, kuko byarimo icyuho, hagatangwa urugero uburyo umuntu ugurishije itungo ry’ibihumbi 100 Frw, asora ariko ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100 Frw ntasore.

Goverinoma y’u Rwanda ivuga ko umushinga w’itegeko rishya ry’imisoro, rishyira ikinyuranyo cya 0.2% hagati y’inzu zo guturamo n’izagenewe ubucuruzi.

Ayo mavugurura ajyanye n’imisoro asabirwa kwemezwa n’inteko ishingamategeko; arimo ingingo yo kugabanya imisoro ku nyubako. Ayo ni amavugurura agomba gutangirira ku kibanza kitubatseho.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; yavuze ko ubu hari ibibanza bigura miliyoni 400 Frw.

Ati “Ku i Rebero kigeze kuri miliyoni ijana na mirongo itanu (150 000 000 Frw). Tugasanga igihe kigeze ko twagira icyo dukura ku muntu wagurishije icyo kibanza. Wowe uragurisha ikibanza cya miliyoni ijana na mirongo itanu, usore zeru; hanyuma umuturage wajyanye inka mu Gikomera yishyure ibihumbi bitanu! Tukumva atari byiza cyane. Turifuza ko umuntu wagurishije cya kibanza yakwishyura nibura 2.5%.”

Uyu mushinga w’itegeko usaba impinduka mu misoro, uteganya kandi ko inzu igomba gusora hashingiwe ku magorofa ayigize.

Ati “Twashakaga kureba ukuntu abantu bubaka bakoresha ubutaka neza; kuko dufite ubutaka buto cyane. Icyo dusaba ni uko umuntu wubatse ajya hejuru; ari na ko umusoro ugenda ugabanuka. Tukavuga tuti ‘umuntu ugeze ku igorofa rya gatatu yasora kuri 0.25%, ariko urenzeho agasora kuri 0.1%’.”

Richard Tusabe avuga ko hazamo itandukaniro, avuga ko nzu ya kabiri yubakiwe guturwamo, umusoro wavuye kuri 1% usabirwa kujya kuri 0.5%.

Ati “Bishingiye ku bushobozi. Gutangira tuva kuri 0.25% muri 2018 kugeza muri 2022 aho twari tugeze kuri 1%; byagaragaye ko ubushobozi bwo kwishyura abantu bamwe batabishoboye. Tukiri kuri 0.5% abantu bishyuraga ku rugero ruri hafi ya 80%. Tukaba twumva ko nituva kuri 1% tukagera kuri 0.5%; icya mbere ubwitabire buraba bwinshi ariko na wa muzigo ugabanuke.”

Naho ku nzu y’ubucuruzi; ati “na ho hagaragaye intege nkeya tumaze kurenga 0.3%. icyo twifuza ni uko twaguma kuri 0.3%, kugira ngo abantu bamenyekanishe imisoro kandi bagashobora no kwishyura, atari ukumenyekanisha gusa hanyuma ngo dutangire kurwana na bo bafite ibirarane byabazonze.”

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bagaragaje impungenge kuri iyi ngingo, bavuga ko abo bantu bombi baba bagamije ubucuruzi; ariko uwubaka inzu zo guturamo we akaba ari no mu murongo wo kugabanya ikibazo cy’amacumbi.

Umwe mu Badepite ati “Turacyari ku rwego rw’aho abaturage benshi badafite ubushobozi bwo kugira inzu zabo. Nibaza ko abashora imari mu mazu yo guturamo bakabaye bafashwa. None kuki abo bashoramari tugiye kubatandukanya?; umwe akishyura kuri 0.5%, undi akishyura 0.3%? Kuki hatabayeho kureba cyane cyane ikibazo kije gukemurwa?”

Richard Tusabe yavuze ko imisoro ubwayo idafite ubushobozi bwo gukemura iki kibazo.

Ati “Politike y’imisoro ntabwo ihagije kugira ngo isubize ikibazo cy’amazu mu Gihugu. Ari na cyo turi kureba ngo ni gute twagabanya ikiguzi cy’amafaranga amabanki aha abashora imari muri urwo rwego. Ntitwirengagije ko hari ikibazo cy’amazu. ibyo bihura n’imiterere y’Igihugu cyacu, cyane cyane ko abenshi ari urubyiruko rugishaka akazi. Tugerageza ibishoboka byose ngo tuborohereze. Umusoro hari icyo wakora ariko ntabwo gihagije.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko aya mavugurura naramuka yemejwe nk’itegeko; ngo bizatuma abasora biyongera, bitumen na Leta yongeraho 1% ku ruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe w’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndatimana Ildephonse says:
    3 years ago

    ibyi nibyiza ariko ikisoro kubutaka bwabanyarwanda yo iratuma habutakaza ESE nakunu hazajya hasorerwa ibivuye mubutaka ugiye kwisoko agasorera ibyo yashoye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − eight =

Previous Post

Ibihugu bizavamo izegukana kimwe mu Bikombe bikomeye i Burayi byamenyekanye

Next Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.