Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro
Share on FacebookShare on Twitter

Zimwe mu mpinduka ziri mu misoro y’imitungo itimukanwa, harimo kuba hagiye gushyirwaho imisoro ku bagurisha ibibanza, kuko byarimo icyuho, hagatangwa urugero uburyo umuntu ugurishije itungo ry’ibihumbi 100 Frw, asora ariko ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100 Frw ntasore.

Goverinoma y’u Rwanda ivuga ko umushinga w’itegeko rishya ry’imisoro, rishyira ikinyuranyo cya 0.2% hagati y’inzu zo guturamo n’izagenewe ubucuruzi.

Ayo mavugurura ajyanye n’imisoro asabirwa kwemezwa n’inteko ishingamategeko; arimo ingingo yo kugabanya imisoro ku nyubako. Ayo ni amavugurura agomba gutangirira ku kibanza kitubatseho.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; yavuze ko ubu hari ibibanza bigura miliyoni 400 Frw.

Ati “Ku i Rebero kigeze kuri miliyoni ijana na mirongo itanu (150 000 000 Frw). Tugasanga igihe kigeze ko twagira icyo dukura ku muntu wagurishije icyo kibanza. Wowe uragurisha ikibanza cya miliyoni ijana na mirongo itanu, usore zeru; hanyuma umuturage wajyanye inka mu Gikomera yishyure ibihumbi bitanu! Tukumva atari byiza cyane. Turifuza ko umuntu wagurishije cya kibanza yakwishyura nibura 2.5%.”

Uyu mushinga w’itegeko usaba impinduka mu misoro, uteganya kandi ko inzu igomba gusora hashingiwe ku magorofa ayigize.

Ati “Twashakaga kureba ukuntu abantu bubaka bakoresha ubutaka neza; kuko dufite ubutaka buto cyane. Icyo dusaba ni uko umuntu wubatse ajya hejuru; ari na ko umusoro ugenda ugabanuka. Tukavuga tuti ‘umuntu ugeze ku igorofa rya gatatu yasora kuri 0.25%, ariko urenzeho agasora kuri 0.1%’.”

Richard Tusabe avuga ko hazamo itandukaniro, avuga ko nzu ya kabiri yubakiwe guturwamo, umusoro wavuye kuri 1% usabirwa kujya kuri 0.5%.

Ati “Bishingiye ku bushobozi. Gutangira tuva kuri 0.25% muri 2018 kugeza muri 2022 aho twari tugeze kuri 1%; byagaragaye ko ubushobozi bwo kwishyura abantu bamwe batabishoboye. Tukiri kuri 0.5% abantu bishyuraga ku rugero ruri hafi ya 80%. Tukaba twumva ko nituva kuri 1% tukagera kuri 0.5%; icya mbere ubwitabire buraba bwinshi ariko na wa muzigo ugabanuke.”

Naho ku nzu y’ubucuruzi; ati “na ho hagaragaye intege nkeya tumaze kurenga 0.3%. icyo twifuza ni uko twaguma kuri 0.3%, kugira ngo abantu bamenyekanishe imisoro kandi bagashobora no kwishyura, atari ukumenyekanisha gusa hanyuma ngo dutangire kurwana na bo bafite ibirarane byabazonze.”

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bagaragaje impungenge kuri iyi ngingo, bavuga ko abo bantu bombi baba bagamije ubucuruzi; ariko uwubaka inzu zo guturamo we akaba ari no mu murongo wo kugabanya ikibazo cy’amacumbi.

Umwe mu Badepite ati “Turacyari ku rwego rw’aho abaturage benshi badafite ubushobozi bwo kugira inzu zabo. Nibaza ko abashora imari mu mazu yo guturamo bakabaye bafashwa. None kuki abo bashoramari tugiye kubatandukanya?; umwe akishyura kuri 0.5%, undi akishyura 0.3%? Kuki hatabayeho kureba cyane cyane ikibazo kije gukemurwa?”

Richard Tusabe yavuze ko imisoro ubwayo idafite ubushobozi bwo gukemura iki kibazo.

Ati “Politike y’imisoro ntabwo ihagije kugira ngo isubize ikibazo cy’amazu mu Gihugu. Ari na cyo turi kureba ngo ni gute twagabanya ikiguzi cy’amafaranga amabanki aha abashora imari muri urwo rwego. Ntitwirengagije ko hari ikibazo cy’amazu. ibyo bihura n’imiterere y’Igihugu cyacu, cyane cyane ko abenshi ari urubyiruko rugishaka akazi. Tugerageza ibishoboka byose ngo tuborohereze. Umusoro hari icyo wakora ariko ntabwo gihagije.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko aya mavugurura naramuka yemejwe nk’itegeko; ngo bizatuma abasora biyongera, bitumen na Leta yongeraho 1% ku ruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe w’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndatimana Ildephonse says:
    3 years ago

    ibyi nibyiza ariko ikisoro kubutaka bwabanyarwanda yo iratuma habutakaza ESE nakunu hazajya hasorerwa ibivuye mubutaka ugiye kwisoko agasorera ibyo yashoye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

Ibihugu bizavamo izegukana kimwe mu Bikombe bikomeye i Burayi byamenyekanye

Next Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.