Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro
Share on FacebookShare on Twitter

Zimwe mu mpinduka ziri mu misoro y’imitungo itimukanwa, harimo kuba hagiye gushyirwaho imisoro ku bagurisha ibibanza, kuko byarimo icyuho, hagatangwa urugero uburyo umuntu ugurishije itungo ry’ibihumbi 100 Frw, asora ariko ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100 Frw ntasore.

Goverinoma y’u Rwanda ivuga ko umushinga w’itegeko rishya ry’imisoro, rishyira ikinyuranyo cya 0.2% hagati y’inzu zo guturamo n’izagenewe ubucuruzi.

Ayo mavugurura ajyanye n’imisoro asabirwa kwemezwa n’inteko ishingamategeko; arimo ingingo yo kugabanya imisoro ku nyubako. Ayo ni amavugurura agomba gutangirira ku kibanza kitubatseho.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi Ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; yavuze ko ubu hari ibibanza bigura miliyoni 400 Frw.

Ati “Ku i Rebero kigeze kuri miliyoni ijana na mirongo itanu (150 000 000 Frw). Tugasanga igihe kigeze ko twagira icyo dukura ku muntu wagurishije icyo kibanza. Wowe uragurisha ikibanza cya miliyoni ijana na mirongo itanu, usore zeru; hanyuma umuturage wajyanye inka mu Gikomera yishyure ibihumbi bitanu! Tukumva atari byiza cyane. Turifuza ko umuntu wagurishije cya kibanza yakwishyura nibura 2.5%.”

Uyu mushinga w’itegeko usaba impinduka mu misoro, uteganya kandi ko inzu igomba gusora hashingiwe ku magorofa ayigize.

Ati “Twashakaga kureba ukuntu abantu bubaka bakoresha ubutaka neza; kuko dufite ubutaka buto cyane. Icyo dusaba ni uko umuntu wubatse ajya hejuru; ari na ko umusoro ugenda ugabanuka. Tukavuga tuti ‘umuntu ugeze ku igorofa rya gatatu yasora kuri 0.25%, ariko urenzeho agasora kuri 0.1%’.”

Richard Tusabe avuga ko hazamo itandukaniro, avuga ko nzu ya kabiri yubakiwe guturwamo, umusoro wavuye kuri 1% usabirwa kujya kuri 0.5%.

Ati “Bishingiye ku bushobozi. Gutangira tuva kuri 0.25% muri 2018 kugeza muri 2022 aho twari tugeze kuri 1%; byagaragaye ko ubushobozi bwo kwishyura abantu bamwe batabishoboye. Tukiri kuri 0.5% abantu bishyuraga ku rugero ruri hafi ya 80%. Tukaba twumva ko nituva kuri 1% tukagera kuri 0.5%; icya mbere ubwitabire buraba bwinshi ariko na wa muzigo ugabanuke.”

Naho ku nzu y’ubucuruzi; ati “na ho hagaragaye intege nkeya tumaze kurenga 0.3%. icyo twifuza ni uko twaguma kuri 0.3%, kugira ngo abantu bamenyekanishe imisoro kandi bagashobora no kwishyura, atari ukumenyekanisha gusa hanyuma ngo dutangire kurwana na bo bafite ibirarane byabazonze.”

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bagaragaje impungenge kuri iyi ngingo, bavuga ko abo bantu bombi baba bagamije ubucuruzi; ariko uwubaka inzu zo guturamo we akaba ari no mu murongo wo kugabanya ikibazo cy’amacumbi.

Umwe mu Badepite ati “Turacyari ku rwego rw’aho abaturage benshi badafite ubushobozi bwo kugira inzu zabo. Nibaza ko abashora imari mu mazu yo guturamo bakabaye bafashwa. None kuki abo bashoramari tugiye kubatandukanya?; umwe akishyura kuri 0.5%, undi akishyura 0.3%? Kuki hatabayeho kureba cyane cyane ikibazo kije gukemurwa?”

Richard Tusabe yavuze ko imisoro ubwayo idafite ubushobozi bwo gukemura iki kibazo.

Ati “Politike y’imisoro ntabwo ihagije kugira ngo isubize ikibazo cy’amazu mu Gihugu. Ari na cyo turi kureba ngo ni gute twagabanya ikiguzi cy’amafaranga amabanki aha abashora imari muri urwo rwego. Ntitwirengagije ko hari ikibazo cy’amazu. ibyo bihura n’imiterere y’Igihugu cyacu, cyane cyane ko abenshi ari urubyiruko rugishaka akazi. Tugerageza ibishoboka byose ngo tuborohereze. Umusoro hari icyo wakora ariko ntabwo gihagije.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko aya mavugurura naramuka yemejwe nk’itegeko; ngo bizatuma abasora biyongera, bitumen na Leta yongeraho 1% ku ruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe w’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndatimana Ildephonse says:
    3 years ago

    ibyi nibyiza ariko ikisoro kubutaka bwabanyarwanda yo iratuma habutakaza ESE nakunu hazajya hasorerwa ibivuye mubutaka ugiye kwisoko agasorera ibyo yashoye

    Reply

Leave a Reply to Ndatimana Ildephonse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Ibihugu bizavamo izegukana kimwe mu Bikombe bikomeye i Burayi byamenyekanye

Next Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Related Posts

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

by radiotv10
20/04/2026
0

Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe...

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

by radiotv10
20/04/2026
0

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi...

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Imyaka 32 irashize Rosalie Gicanda wabaye Umwamukazi wa nyuma w'u Rwanda yitabye Imana azize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mirage itazibagirana...

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo
AMAHANGA

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

by radiotv10
20/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.