Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki w’umuherwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Moïse Katumbi yarakariye ubutegetsi bwamwimye uruhushya ngo indege ye ize kumufata, avuga ko muri iki Gihugu hari abantu bitwara nk’aho bakiguze, ariko ko niyo baba barakiguze bamubwira amafaranga bakishyuye akayabasubiza.

Uyu munyapolitiki wabaye Guverineri wa Katanga, akaba asanzwe anafite ikipe y’umupira w’amaguru ya Tout-puissant Mazembe, yatangaje ibi nyuma yuko abuze uko ahaguruka mu Congo yerecyeza i Doha muri Qatar aho agomba yitabiriye inama nk’umunyamuryango wa FIFA ndetse no kureba umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi uzaba tariki 18 Ukuboza 2022.

Uyu muherwe wababajwe n’uburyo gahunda ze zitagenze uko yaziteguye, yavuze ko indege ye igomba kumujyana muri Qatar yimwe uburenganzira bwo kuza kumufata ku Kibuga cy’Indege cya Lubumbashi.

Yagize ati “Nasabye uruhushya rw’indege hashize icyumweru ariko umuyobozi w’ubutasi yafashe icyemezo cyo kutayemerera.”

Yakomeje agaragaza agahinda aterwa n’ibi byemezo bifatwa n’abategetsi, ati “Sinzi niba Congo ari iya bamwe gusa, wagira ngo baguze iki Gihugu, ariko niba baranakiguze batubwira umubare w’amafaranga twabasubiza ariko abantu bagahabwa uburenganzira bwabo.”

Moïse Katumbi yakomeje agaragara ko ibibazo nk’ibi atari rimwe cyangwa kabiri bibaye muri iki Gihugu cyabo, ati “Birababaje cyane urebye amateka twakomeje kurwanya ndetse ariko akagenda yisubiramo.”

Moïse Katumbi yavuze ko hari Ibihugu byateye imbere nka Zambia yanasabye uburenganzira bwo kuba yahagurukirayo kikabimwerera ndetse ko ari ho indege ye yari iri akaba ari na ho yagiye guhagurukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eight =

Previous Post

Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

Next Post

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.