Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda avuga ko ibyo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze ko ashobora gutera u Rwanda, yabibonye mu binyamakuru, gusa akavuga ko kuri we atihutira guteganya intambara cyangwa ngo ayitegereze.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro kihariye yagiranye na France 24 cyagarutse byumwihariko ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri iki cyumweru bahuriye i Rwanda muri Angola mu biganiro bigamije kurebera hamwe umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba rwa Congo.

Mbere yuko aba bakuru b’Ibihugu bajya i Luanda kuhaganirira ndetse na mugenzi wabo wa Angola, João Lourenço; mu bitangazamakuru habanje gucicikana amakuru avuga ko Perezida Tshisekedi yatangaje ko u Rwanda nirukomeza ibikorwa arushinja byo guteza umutekano mu Gihugu cye, azarushozaho intambara.

Muri iki kiganiro na France 24, Perezida Kagame yavuze ko na we ibi yabibonye mu kinamamuru Financial Times.

Ati “Ariko njye nakubwira ko bitanyorohera kwihutira guteganya intambara cyangwa ngo nyitegereze.”

Perezida Kagame wibanze cyane ku mpamvu yatumye ajya guhura na mugenzi we Tshisekedi, yavuze ko intego ya mbere yari uko Ibihugu byombi bihosha umwuka mubi uri hagati yabyo hifashishijwe inzira z’ibiganiro n’ubwumvikane “bitagombye kunyura mu ntambara.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bari basoje ibi biganiro byabahurije muri Angola, Perezida João Lourenço yatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda na DRC byemeranyijwe gushaka umuti wo guhagarika umwuka mubi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na byo byahise bitangaza ko iyi nama yanzuye ko umutwe wa M23 uhagarika intambara vuba na bwangu ndetse ugahita uva mu birindiro urimo.

Gusa kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko muri ibi biganiro by’i Rwanda, nta masezerano yigeze asinyirwayo ajyanye no guhagarika Intambara, avuga ko ababitangaje bagamije kugoreka ibyumvikanyweho no gushaka guca intege umuti w’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame muri iki kiganiro na France 24, yavuze ko ibyo guhagarika intambara bireba impande zihanganye. Ati “Ni ukuvuga M23 n’abo bari kurwana ari bo FARDC.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu kiganiro aheruka kugirana na RBA, yavuze ko ibibazo bya M23, bireba Ubutegetsi bwa Congo ubwabwo ariko ko inzira bwahisemo yo kubikemura bubona atari yo yari ikwiye.

Yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragaza ko umuti w’ibi bibazo washakirwa mu nzira za Politiki aho kuba iz’intambara kuko intambara ubwayo izana ibindi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + twelve =

Previous Post

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Next Post

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.