Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda avuga ko ibyo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze ko ashobora gutera u Rwanda, yabibonye mu binyamakuru, gusa akavuga ko kuri we atihutira guteganya intambara cyangwa ngo ayitegereze.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro kihariye yagiranye na France 24 cyagarutse byumwihariko ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri iki cyumweru bahuriye i Rwanda muri Angola mu biganiro bigamije kurebera hamwe umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba rwa Congo.

Mbere yuko aba bakuru b’Ibihugu bajya i Luanda kuhaganirira ndetse na mugenzi wabo wa Angola, João Lourenço; mu bitangazamakuru habanje gucicikana amakuru avuga ko Perezida Tshisekedi yatangaje ko u Rwanda nirukomeza ibikorwa arushinja byo guteza umutekano mu Gihugu cye, azarushozaho intambara.

Muri iki kiganiro na France 24, Perezida Kagame yavuze ko na we ibi yabibonye mu kinamamuru Financial Times.

Ati “Ariko njye nakubwira ko bitanyorohera kwihutira guteganya intambara cyangwa ngo nyitegereze.”

Perezida Kagame wibanze cyane ku mpamvu yatumye ajya guhura na mugenzi we Tshisekedi, yavuze ko intego ya mbere yari uko Ibihugu byombi bihosha umwuka mubi uri hagati yabyo hifashishijwe inzira z’ibiganiro n’ubwumvikane “bitagombye kunyura mu ntambara.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bari basoje ibi biganiro byabahurije muri Angola, Perezida João Lourenço yatangaje ko byagenze neza ndetse ko u Rwanda na DRC byemeranyijwe gushaka umuti wo guhagarika umwuka mubi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na byo byahise bitangaza ko iyi nama yanzuye ko umutwe wa M23 uhagarika intambara vuba na bwangu ndetse ugahita uva mu birindiro urimo.

Gusa kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko muri ibi biganiro by’i Rwanda, nta masezerano yigeze asinyirwayo ajyanye no guhagarika Intambara, avuga ko ababitangaje bagamije kugoreka ibyumvikanyweho no gushaka guca intege umuti w’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Paul Kagame muri iki kiganiro na France 24, yavuze ko ibyo guhagarika intambara bireba impande zihanganye. Ati “Ni ukuvuga M23 n’abo bari kurwana ari bo FARDC.”

Umukuru w’u Rwanda kandi mu kiganiro aheruka kugirana na RBA, yavuze ko ibibazo bya M23, bireba Ubutegetsi bwa Congo ubwabwo ariko ko inzira bwahisemo yo kubikemura bubona atari yo yari ikwiye.

Yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragaza ko umuti w’ibi bibazo washakirwa mu nzira za Politiki aho kuba iz’intambara kuko intambara ubwayo izana ibindi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Next Post

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Yafashwe amaze kwambutsa amabalo 10 y’imyenda ya caguwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.