Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo cyaturusha imbaraga nibiba ngombwa kiraswe- Min.Gatabazi yizeje umuti w’Igikoko gikomeje kwica Inka z’abaturage

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Ntabwo cyaturusha imbaraga nibiba ngombwa kiraswe- Min.Gatabazi yizeje umuti w’Igikoko gikomeje kwica Inka z’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yizeje umuti w’ikibazo cy’Inyamaswa y’amayobera imaze iminsi yica Inka z’aborozi bo mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko nibiba ngombwa izaraswa.

Hamaze iminsi humvikana aborozi batabaza kubera inyamaswa y’amayobera ikomeje kwica Inka mu ishyamba rya Gishwati mu Karere ka Nyabihu ndetse no mu Karere ka Rutsiro.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyezu, aherutse kohererezwa ubutumwa n’umwe mu burozi bo muri aka gace, amusaba kubavuganira mu nzego zikabakiza iyi nyamaswa bataraca iryera.

Ubutumwa bwashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter y’uyu Munyamakuru, bugaragaza ubwo yari yandikiwe n’umuturage wavugaga ko “Iyi nyamaswa imaze inyana zo mu Gishwati kandi abatunzi n’abashumba bananiwe kuyifata. Ntibanayibona. Imaze kurya inyana zirenga 35.”

Ubuyobozi bw’Ikigo Cy’Igihugu gishinzwe Iterambere RDB bwari bwatangaje ko iki kibazo bwakimenye kandi ko buri gukorana n’inzego zinyuranye zirimo iz’ibanze n’iz’umutekano mu gushaka umuti wacyo.

Uwitwa Karegeya uzwi nka Ibere rya Bigogwe kuri Twitter, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Gashyantare yashyize ubutumwa kuri uru rubuga buherekejwe n’ifoto igaragaza indi Nka yishwe n’iyi nyamaswa.

Ubutumwa yari yasangije inzego zinyuranye zirimo RDB, Karegeya yari yagize ati “turabinginze mudufashe kuko ni mwe dutezeho icyizere cyo gufata iyi nyamaswa. Uko mutinda kudutabara niko inka zishira.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wari wasubije ubutumwa bwa Karegeya ko nk’abayobozi bareberera abaturage na bo badatuje kubera iyi nyamaswa, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter atangaza ko yavuganye n’inzego z’ibanze gukemura iki kibazo.

Ministiri Gatabazi, yagize ati “Karegeya na bagenzi bawe barimo Tegeri Gad nizere ko Guverineri Habitegeko Francois yabagezeho hamwe n’itsinda rya Polisi y’u Rwanda na RDB. Mufate ingamba zikomeye, zirambye kandi icyo gikoko ntabwo cyaturusha imbaraga nibiba ngombwa kiraswe nibitarangira natwe turaza tubafashe.”

Mu mpera z’umwaka ushize, mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, inzego z’umutekano ziherutse kurasa imvubu yari imaze iminsi yonera abaturage.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

Bamporiki yatanze isomo rikwiye kuba ku ndiba y’umutima wa buri rubyiruko

Next Post

Kigali: Gukingira bigiye gukorwa hifashishijwe imodoka izajya ijya ahahura abantu benshi

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Gukingira bigiye gukorwa hifashishijwe imodoka izajya ijya ahahura abantu benshi

Kigali: Gukingira bigiye gukorwa hifashishijwe imodoka izajya ijya ahahura abantu benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.