Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim nubwo imikino amaze gukina atabonye umusaruro wifuzwaga, ariko ko bakurikije ibyangombwa afite, n’icyizere abuha, ntarirarenga.

Brig Gen Deo Rusanganwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira 2025 mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse ku musaruro uri kugaragara muri iyi kipe ya APR yari ihagarariye u Rwanda mu Mikino Nyafurika, igasezererwa rugikubita.

Avuga ko ntawabura kuvuga ko mu ntangiro z’uyu mwaka w’imikino, umusaruro w’iyi kipe, udahagaze neza, nubwo iyi kipe yari yagerageje kwitegura neza, ikagura abakinnyi ikanakina imikino ya gicuti.

Yagize ati “Kuva dutangiye habayemo ibibazo murabizi. Umutoza ni mushya, abakinnyi ni bashyashya, kugira ngo ikipe ijye hamwe, umutoza mushya twamuhaye imikino myinshi kugira ngo tumufashe ashobore kumenya abakinnyi be ukuntu bakinana, no gushaka style (uburyo) bazakinamo.

Yakomeje agira ati “Uwa mbere [umutosa] kugira ngo ajye kujyenda ibyo mwajyaga munenga murabizi, uyu kugira ngo akine umupira mwiza abantu bose bishimira, wa APR wa cyera, birasa n’aho bitarajya mu murongo neza.”

Avuga ko kugeza ubu adahita aca urubanza ngo avuge ko imitoreze y’uyu mutoza mushya idashamaje, kuko hakiri igihe.

Ati “Ntabwo ubu najija (namucira urubanza), uriya mutoza muzi ko ni a Professor muri Football, kuko twarebye impapuro afite n’urwego ariho rwa CAF Pro. Kugira ngo wubake ikipe ni uko ushaka umuntu ubyumva neza, kugeza ubu rero bisa n’aho tutari twabona neza, ariko we arambwira ngo ntakibazo nk’umuntu w’umuhanga, hari ibyo areba twe tutabona. Kugeza ubu ntacyo nabiganiraho.”

Avuga ko ubuyobozi bwa APR bwakoze ibyo bwagombaga gukora nko kugura abakinnyi, nubwo hari abari mu mvune no mu bihano, kandi ko n’umutoza yababwiye ko kugeza ubu ntakibazo gikomeye gihari.

Ati “Yatubwiraga ko ikipe yuzuye usibye imyanya nk’itatu yadusabye kugira ngo tube twakina ku rwego rwiza, hari abakinnyi nka batatu yifuza […] ariko akatubwira ko abahari na bo ari sawa, usibye ko tuzagenda tumwongereramo nka batatu kugira ngo ikipe noneho igere ku rwego twifuza.”

Brig Gen Deo avuga ko aba bakinnyi bifuzwa na APR bazatangira kurambagizwa muri Mutarama umwaka utaha, ariko ko “hari ibyo tuzakora, kandi byanze bikunze twizeye ko bizashimisha abafana bacu.”

Chairman wa APR avuga ko muri uko kurambagiza abakinnyi bo kongera muri iyi kipe, hazarebwa ku bakinnyi bo hanze, kuko mu Rwanda ntabari ku rwego rw’abo iyi kipe yifuza kongeramo.

Abajijwe niba bazarambagiza hanze cyangwa mu Rwanda, Brig Gen Deo yagize ati “Ni hanze. Ephrem mu Rwanda ko na we uhoramo, wambwira ngo ni inde koko [uri ku rwego rwo gukinira APR] nubwo abantu bakwepakwepa, ariko tuvugishe ukuri, ko dukinnye imikino mpuzamahanga murayibona […] turashaka abantu bari ku rwego kandi…njya mbisobanura buriya scouting bisaba ibintu byinshi, Uko dushaka kubaka APR, turashaka kubaka ibaransinga [balance/irimo iringaniza], abakinnyi bato n’abakinnyi bakuru ariko bacye no kuzamura abacu bakabona aho bakinira.”

Brig Gen Deo yizeza abakunzi b’iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ko nk’uko yabamenyereje ibyishimo, n’ubundi ari yo ntego, kandi ko hari icyizere, akabasaba gukomeza kuba hafi ikipe yabo.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 13 =

Previous Post

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Next Post

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.