Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, avuga ko icyizere ubuyobozi bw’u Rwanda bugirira urubyiruko kidasanzwe, yitangaho urugero kuba yaragizwe Minisitiri atarigeze yumva ko byashoboka.

Minisitiri Utumatwishima yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yabazwaga igihe yaba yaratangiye kugirira inzozi zo kuzaba Minisitiri.

Dr. Utumatwishima uvuga ko yakuriye mu muryango woroheje, akaba mu buzima buciriritse mu cyaro, yavuze ko ubwo we yari umwana muto mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ibibazo byinshi, ku buryo abantu babonaga ejo habo hadahari.

Ati “Ikintu cyonyine umuntu yashoboraga kuba yagiramo inzozi zo kurota, ni ukuba mwabyuka mugasanga mu rugo ntimwahunze, kuko twahoraga mu ngendo, abantu bahoraga bahunga. Icya kabiri, wagira umugisha mukaba mutahunze, mukaba mwabona icyo kurya, nibura mwagira amahirwe mukaba mwarya nka rimwe ku munsi.”

Avuga ko muri icyo gihe kuri we atigeze atekereza ko yaziga akagera mu mashuri yisumbuye, kuko hari ibice abantu batari bemerewe kwiga.

Ati “Ikindi bavugaga ko umurimo ari uguhinga, ibindi ari amahirwe. N’ubundi umurimo usanzwe ari uguhinga ntakibazo, ariko bavugaga ko abantu ikigomba kubatunga ari uguhinga ubundi bagategereza amahirwe, cyereka iwanyu hari umutegetsi, cyangwa iwanyu ari abakire, uwo mu Majyaruguru.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo ube uri umwana wo mu bakene, uzarote wakomeye, ni inzozi z’umwijima, bakujyana no kwa muganga.”

Avuga ko nyuma ya Jenoside, aho Umuryango RPF-Inkotanyi ubohoreye u Rwanda, ugatangira kubaka Igihugu uhereye ku busa, ari bwo abantu batangiye kubona ko ubuzima bushoboka, abana bose bakajya mu ishuri.

Kuri we ubwo yasozaga amashuri yisumbuye, akabona n’amahirwe yo gukomeza muri Kaminuza ari bwo yatangiye kugira ibyo arota ko byashoboka.

Ati “Abantu inzozi zatangiye gutangira, ariko nubwo wazigira, ntabwo wagira izo kuba Minisitiri, ndacyagerageza kureba igihe nazigiriye nkakibura.”

Yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi akuriye, bugirira icyizere abantu bose by’umwihariko urubyiruko.

Perezida Kagama na Madamu ku munsi wa kabiri w’Umushyikirano kuri uyu wa Gatatu
Abatanze ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Israel& Hamas: Umunsi w’ 110 w’intambara wasize mu marira uruhande ruhiga ubutwari

Next Post

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.