Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nubwo warota ntiwarota kuba Minisitiri- Dr.Utumatwishima abona amahirwe ari mu Rwanda ari nk’ibitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, avuga ko icyizere ubuyobozi bw’u Rwanda bugirira urubyiruko kidasanzwe, yitangaho urugero kuba yaragizwe Minisitiri atarigeze yumva ko byashoboka.

Minisitiri Utumatwishima yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, ubwo yabazwaga igihe yaba yaratangiye kugirira inzozi zo kuzaba Minisitiri.

Dr. Utumatwishima uvuga ko yakuriye mu muryango woroheje, akaba mu buzima buciriritse mu cyaro, yavuze ko ubwo we yari umwana muto mbere gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ibibazo byinshi, ku buryo abantu babonaga ejo habo hadahari.

Ati “Ikintu cyonyine umuntu yashoboraga kuba yagiramo inzozi zo kurota, ni ukuba mwabyuka mugasanga mu rugo ntimwahunze, kuko twahoraga mu ngendo, abantu bahoraga bahunga. Icya kabiri, wagira umugisha mukaba mutahunze, mukaba mwabona icyo kurya, nibura mwagira amahirwe mukaba mwarya nka rimwe ku munsi.”

Avuga ko muri icyo gihe kuri we atigeze atekereza ko yaziga akagera mu mashuri yisumbuye, kuko hari ibice abantu batari bemerewe kwiga.

Ati “Ikindi bavugaga ko umurimo ari uguhinga, ibindi ari amahirwe. N’ubundi umurimo usanzwe ari uguhinga ntakibazo, ariko bavugaga ko abantu ikigomba kubatunga ari uguhinga ubundi bagategereza amahirwe, cyereka iwanyu hari umutegetsi, cyangwa iwanyu ari abakire, uwo mu Majyaruguru.”

Akomeza agira ati “Kugira ngo ube uri umwana wo mu bakene, uzarote wakomeye, ni inzozi z’umwijima, bakujyana no kwa muganga.”

Avuga ko nyuma ya Jenoside, aho Umuryango RPF-Inkotanyi ubohoreye u Rwanda, ugatangira kubaka Igihugu uhereye ku busa, ari bwo abantu batangiye kubona ko ubuzima bushoboka, abana bose bakajya mu ishuri.

Kuri we ubwo yasozaga amashuri yisumbuye, akabona n’amahirwe yo gukomeza muri Kaminuza ari bwo yatangiye kugira ibyo arota ko byashoboka.

Ati “Abantu inzozi zatangiye gutangira, ariko nubwo wazigira, ntabwo wagira izo kuba Minisitiri, ndacyagerageza kureba igihe nazigiriye nkakibura.”

Yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi akuriye, bugirira icyizere abantu bose by’umwihariko urubyiruko.

Perezida Kagama na Madamu ku munsi wa kabiri w’Umushyikirano kuri uyu wa Gatatu
Abatanze ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Israel& Hamas: Umunsi w’ 110 w’intambara wasize mu marira uruhande ruhiga ubutwari

Next Post

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Related Posts

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
09/08/2025
1

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.