Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in POLITIKI
0
Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku birego Uganda yakunze gushinja u Rwanda ko rwoherezayo Abanyarwanda gutata ari na byo iki Gihugu cyashingiragaho kibafata kikabafunga, avuga ko ibi birego bidafite ishingiro kuko nubwo u Rwanda rwatata rutabikoresha abantu bose nk’abana n’abakecuru.

Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri ubwo yagarukaga ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, avuga ko biri kugenda bikemuka nyuma y’aho Perezida Museveni yohereje intumwa yihariye ari we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu we.

Perezida Kagame yatangaje ibi nyuma y’icyumweru kimwe umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye ugafungurwa, avuga ko iki gikorwa kiri mu bimaze kugerwaho mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Yagarutse ku byatumye uyu mupaka ufungwa birimo kuba Abanyarwanda benshi bari bakomeje kugirirwa nabi muri Uganda.

Ati “Abanyarwanda muri Uganda barahigwaga nk’uhiga inyamaswa, hakabaho ikintu kitwa ko Abanyarwanda bajyayo gutata ngo ni intasi. Ubundi ibyo byo gutata hari icyo mbiziho gito ariko gutata ukohereza Abanyarwanda bose abantu Magana igihumbi gutata, ukohereza n’abana n’abakecuru, ikiguzi cyabyo ntabwo nzi ko cyaba kingana n’ibyo waba ushaka utata. Waba uri umuginga ukabije.”

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko Abanyarwanda bahigwaga muri Uganda ari n’Abaturage basanzwe batanafitanye ikibazo n’u Rwanda ariko “uwaba afitanye ikibazo n’u Rwanda we ntabwo bamufataga, we ntabwo yari intasi.”

Avuga ko akurikije bimwe azi mu bijyanye n’ubutasi, we aramutse yohereje Abanyarwanda gutata muri Uganda, yajyanayo abakunda kuvuga nabi u Rwanda aho kujyanayo abadafitanye ikibazo na kimwe n’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko bagaragarije Uganda ko kuba iki Gihugu cyabana neza n’u Rwanda bifite inyungu kurusha kuba bashyigikira abaruhungabanya kuko na bo ubwabo ntacyo bazageraho.

Ati “Abo bose mujya mwumva baba ari abari hano baba ari abari hanze, niba bumvaga na bo nabibabwiye kenshi, nta kintu na kimwe bashobora kugera, icyo bageraho ni iminsi yabo gusa bagenda begera.”

Perezida Kagame avuga ko ibi babyumvikanyeho na Uganda, ikemera guhagarika ibi bikorwa byo gushyigikira abahungabanya u Rwanda ari na byo byatumye Umupaka wa Gatuna ufungurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Next Post

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.