Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in POLITIKI
0
Nubwo watata wakohereza abana n’abakecuru?- P.Kagame avuga ku byo Uganda yashinjaga u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagarutse ku birego Uganda yakunze gushinja u Rwanda ko rwoherezayo Abanyarwanda gutata ari na byo iki Gihugu cyashingiragaho kibafata kikabafunga, avuga ko ibi birego bidafite ishingiro kuko nubwo u Rwanda rwatata rutabikoresha abantu bose nk’abana n’abakecuru.

Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri ubwo yagarukaga ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda, avuga ko biri kugenda bikemuka nyuma y’aho Perezida Museveni yohereje intumwa yihariye ari we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu we.

Perezida Kagame yatangaje ibi nyuma y’icyumweru kimwe umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye ugafungurwa, avuga ko iki gikorwa kiri mu bimaze kugerwaho mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Yagarutse ku byatumye uyu mupaka ufungwa birimo kuba Abanyarwanda benshi bari bakomeje kugirirwa nabi muri Uganda.

Ati “Abanyarwanda muri Uganda barahigwaga nk’uhiga inyamaswa, hakabaho ikintu kitwa ko Abanyarwanda bajyayo gutata ngo ni intasi. Ubundi ibyo byo gutata hari icyo mbiziho gito ariko gutata ukohereza Abanyarwanda bose abantu Magana igihumbi gutata, ukohereza n’abana n’abakecuru, ikiguzi cyabyo ntabwo nzi ko cyaba kingana n’ibyo waba ushaka utata. Waba uri umuginga ukabije.”

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko Abanyarwanda bahigwaga muri Uganda ari n’Abaturage basanzwe batanafitanye ikibazo n’u Rwanda ariko “uwaba afitanye ikibazo n’u Rwanda we ntabwo bamufataga, we ntabwo yari intasi.”

Avuga ko akurikije bimwe azi mu bijyanye n’ubutasi, we aramutse yohereje Abanyarwanda gutata muri Uganda, yajyanayo abakunda kuvuga nabi u Rwanda aho kujyanayo abadafitanye ikibazo na kimwe n’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko bagaragarije Uganda ko kuba iki Gihugu cyabana neza n’u Rwanda bifite inyungu kurusha kuba bashyigikira abaruhungabanya kuko na bo ubwabo ntacyo bazageraho.

Ati “Abo bose mujya mwumva baba ari abari hano baba ari abari hanze, niba bumvaga na bo nabibabwiye kenshi, nta kintu na kimwe bashobora kugera, icyo bageraho ni iminsi yabo gusa bagenda begera.”

Perezida Kagame avuga ko ibi babyumvikanyeho na Uganda, ikemera guhagarika ibi bikorwa byo gushyigikira abahungabanya u Rwanda ari na byo byatumye Umupaka wa Gatuna ufungurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Next Post

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.