• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 87 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, yitabye Imana nyuma yo kugwa mu cyo cya metero 15 ubwo yari yagiye gusura umuturanyi we urwaye.

Uyu mukecuru witwa Mukantamati Sarah wari utuye mu Mudugudu wa kamasera mu Kagali ka Rwesero yaguye muri iki cyobo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi ubwo yari yagiye gusura umuturanyi we urembye.

Ubwo yari agiye kwiherera yaguye mu cyobo kitari gipfundikiye, bamukuramo bahita bamujyana ku kigo Nderabuzima cya Nyamaseheke ari na ho yaguye.

Umwe mu baturanyi wari hafi y’iki cyobo ubwo nyakwigendera yagwagamo, yabwiye RADIOTV10 ko abari hafi aho bumvise ikintu gikubita, bakihutira kujya kureba muri icyo cyobo basanga ni uyu mukecuru waguyemo.

Ati “Tuhageze dusanga umuntu yaguyemo, abaturage bose barahurura noneho bajya gushaka amakamba, abasore babiri bajya muri icyo cyobo icyakora bamukuramo amagufwa yose yajanjaguritse.”

Mariya wari wasuwe na nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko yari amuzaniye igiceri cya 100 Frw.

Uyu mugore na we utavuga ngo ruve mu kanwa, yagize ati “N’ubwo yaraje aseseka igikoro cy’ijana hano gutya ndamubwira nti ‘Sarah mbabarira subirana igiceri cyawe’ arambwira ati ‘akira’.”

Umunyamabanga Nshinhwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jerome avuga ko bari mu kababaro ko kubura uyu mukecuru.

Yaboneho gusaba abaturage ko igihe bacukuye imisarani mu ngo zabo, bagomba kujya bayitwikira kugira ngo birinde impanuka nk’izi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yavuze ku bahungiye mu Rwanda bamaze gukorera Nkurunziza Coup d’état ikabapfubana

Next Post

Byamenyekanye ko Protais Mpiranya washakishwaga cyane amaze imyaka 16 yarapfuye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Byamenyekanye ko Protais Mpiranya washakishwaga cyane amaze imyaka 16 yarapfuye

Byamenyekanye ko Protais Mpiranya washakishwaga cyane amaze imyaka 16 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.