Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Bubakiwe Ibitaro bigezweho ariko bamwe barakivuza biyushye akuya

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Bubakiwe Ibitaro bigezweho ariko bamwe barakivuza biyushye akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bivuriza mu Bitaro bya Munini mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko hari indwara zitahavurirwa kuko nta baganga b’inzobere bahari, bikaba ngombwa ko bajya kwivuriza ahandi nko Mujyi wa Kigali, mu gihe bari bazi ko babisezereye kuko babonaga ibi Bitaro bigezweho.

Aba baturage bavuga ko bari bishimiye ko bubakiwe ibitaro bituma urugendo bakoraga bajya gushaka serivise z’ubuzima rugabanuka, gusa bakifuza ko hazanwa n’abaganga b’inzobere.

Umwe ati “Perezida Paul Kagame yaduhaye Ibitaro turamushimira cyane. Rero nibarebe ukuntu badushakira n’abaganga b’inzobere. Ibitaro byo turabifite turanabyishimira cyane, ariko nihongerwe abaganga babe benshi kandi b’inzobere ku buryo tutazajya twirirwa twoherezwa iyo za Kigali.”

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Munini, Dr. Uwamahoro Evelyne, na we ahamya ko nta baganga b’inzobere bafite, ndetse ko hari zimwe muri servise z’ubuvuzi aba baturage batabona muri ibi Bitaro, bitewe n’uko nta baganga bihariye bavura izo ndwara.

Ati “Ikibazo kiba gikomeye ni abaturage, kuba badahererwa serivisi hafi, ugasanga bimusabye ubundi bushobozi, kuko indwara nyinshi zijyanye no kubagwa turabohereza bakajya ku Bitaro byisumbuyeho, nko ku Bitaro bya Kaminuza cyangwa ku Bitaro bya Kanombe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, na we yameza ko iki kibazo gihari kuri ibi Bitaro, gusa akavuga ko ubuyobozi buri mu biganiro na Minisiteri y’Ubuzima, kugira ngo harebwe icyakorwa.

Ati “Turi kugirana ibiganiro na Minisiteri y’Ubuzima, kugira ngo turebe ko batubonera na bacye kugira ngo serivisi zikomeze gutangwa neza.”

Ibitaro bya Munini bifite ubushobozi bwo gucumbikira abarwayi 167, bikaba bifite Ibigo Nderabuzima 16 bireberera, n’amavuriro y’ibanze 36. Byatangiye kuba Ibitaro mu mwaka wa 2007, bitangira kuvugururwa muri 2019, bitangira gukorerwamo ku wa 04 Nyakanga 2022.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Hatangajwe imibare igaragaza ubukana bw’inzara yugarije abaturage muri Sudan

Next Post

Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.