Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo gufatana kanyanga abarimo utaruzuza imyaka y’ubukure Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyuma yo gufatana kanyanga abarimo utaruzuza imyaka y’ubukure Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ifatanye abantu batandatu litiro 730 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, yaburiye abishoye mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, kubihagarika kuko hashyizwe imbaraga mu kubirwanya.

Aba bantu batandatu bafashwe, barimo umwana ufite imyaka iri munsi ya 18, aho bafatiwe mu Mudugudu wa Gacyamo mu Kagari ka Rugali mu Murenge wa Rwerere.

Aba bantu batandatu bafatanywe kandi ibilo 18 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi, aho ibi biyobyabwenge bari babivanye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Nyuma yo gufatwa, aba bantu ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Butaro mu Karere ka Burera, naho abandi bahise batoroka, bakaba bakomeje gushakishwa na Polisi y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco, yatangaje ko aba bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

SP Mwiseneza Jean Bosco yaburiye abishoye mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye, bityo ko bakwiye kubihagarika mu maguru mashya.

Yagize ati “Polisi y’u Rwanda iraburira abishora mu bikorwa bibi byo gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge kubireka burundu, kuko bitazabahira polisi yashyize imbaraga mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwabyo, kandi turabibutsa ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.”

Polisi y’u Rwanda kandi yakunze kuvuga ko ibiyobyabwenge biri no mu bizamura ibindi byaha, kuko ababinyoye banisanga mu bindi bikorwa bibi, birimo urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Next Post

Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Related Posts

The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

by radiotv10
23/07/2025
0

In today’s fast-evolving digital age, Artificial Intelligence (AI) has become a driving force behind many transformations reshaping industries, redefining human...

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

by radiotv10
23/07/2025
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abantu badakwiye kugendera ku byababangamiye ngo bafate ibyemezo bishobora kuvamo ibyaha nk’uko byagendekeye...

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

by radiotv10
23/07/2025
0

In a groundbreaking initiative strengthening ties between Africa and Caribbean, Rwanda and Antigua and Barbuda signed three critical bilateral agreements....

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Umusore w’imyaka 20 ukurikiranyweho gushimuta no kwica inyoni y’umusambi iri mu bwoko bw’izirinzwe mu Rwanda ayikuye mu gishanga giherereye mu...

Gen-Z is raising itself- but are parents losing control or learning to adapt?

Gen-Z is raising itself- but are parents losing control or learning to adapt?

by radiotv10
23/07/2025
0

Parenting has never been easy but raising Gen Z? That’s a whole new battlefield. Today’s young people are bold, expressive...

IZIHERUKA

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

23/07/2025
The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

The good and bad of AI: What the future might hold

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.