Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jowest uherutse kugirwa umwere ku byaha birimo icyo gusambanya undi ku gahato, agafungurwa; nyuma y’umunsi umwe arekuwe, yahise ashyira hanze indirimbo ishingiye ku nkuru mpamo y’ibyo yaregwaga.

Joshua Giribambe cyangwa Jowest yafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, agizwe umwere ku cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa undi ku bushake.

Ni icyaha bivugwa ko yakoreye umukobwa usanzwe afite umwana wabaga iwabo, mu gihe uyu muhanzi we yaburanye ahakana ibyaha nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 01 Gashyantare 2023.

Nyuma y’umunsi umwe gusa agizwe umwere akanasohoka muri kasho, Jowest yashyize hanze indirimbo yise ‘Ku wa 3’.

Iyi ndirimbo yasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare, itangira agaruka ku buryo yafashwemo, harimo aho avuga amagambo yabwiye n’umupolisi.

Aririmba agira ati “Afande ati ‘ko uri akana keza, ibi mbona urabisobanura ute?’ ndamwegera nti ‘ngaho nyereka ikirego’ ati ‘urashinzwa gukoma no gukubita umubebi’ umutima utera cyane ntangira gutitira…”

Muri iyi ndirimbo ituje iryoheye amatwi, Jowest akomeza aririmba ko yisobanuye ahakana ibyaha yivuye inyuma ariko ko abamufashe bamubwiye ko n’ubundi arara muri kasho.

Akomeza aririmba agira ati “Ijoro riri kumbana ukwezi, umunsi wo uri gutinda nk’umwaka, malayika murinzi wanjye ubanza asizinziriye, Mana mfasha umukangure basi amfashe kuburana.”

Mu nyikirizo akomeza aririmba ati “Iyi ngoma nidasohoka ubwo nyine nzaba nkiri mu gihome, gusa nanone nuyumva ntuzarire nzaba naciye ishene.”

Jowest uri mu bahanzi bagezweho mu Rwanda muri iyi minsi, asanzwe afite indirimbo izirimo iyo yise ‘Hejuru’, ‘Agahapinesi’, ‘Saye’ ndetse n’iyi ‘Ku wa 3’ ashyize hanze nyuma yo gufungurwa.

Umunanzi Jowest yahise ashyira hanze indirimbo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 8 =

Previous Post

M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

Next Post

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.