Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga yari yasinyiye Rayon mu mpera za Kamena umwaka ushize wa 2024

Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira muri Rayon Sports kubera ibihe bibi avuga ko yayigiriyemo.

Ombolenga avuga ko isomo akuye muri Rayon Sports yari amazemo umwaka, ari ukwihangana. Ati “Mu mupira utihanganye ushobora kuwureka cyangwa ukaba wakora n’ibintu bibi bitaguhesha isura nziza muri rubanda.”

Avuga ko ibyamubabaje muri iki gihe yamaze muri iyi kipe, ari ibyo bamuvugagaho ngo “ruswa, ngo narabatsindishije, ibiki n’ibiki, kandi mu by’ukuri bajya gufata icyemezo cyo kunkuramo [kutamukoresha mu mikino] Rayon Sports yari iri ku mwanya wa mbere igeze no muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.”

Uyu mukinnyi wanigeze kuba kapiteni ikipe ya APR FC yagarutsemo, avuga ko ubwo yamenyeshwaga ko iyi kipe yongeye kumwifuza, byamushimishije kuko yayigiriyemo ibihe byiza.

Ati “Byambereye byiza cyane kuko nabonaga Rayon Sports ibibazo birimo, abandi bajyenda bavuga amagambo ngo ‘umwaka utaha uragenda wicare ntabwo uzakina’…ngize amahirwe mbona barampamagaye nabyakiriye hejuru cyane nishimye ahubwo nkumva umunsi bampaye nturi kugera kugira ngo mbone uko nava hariya hantu.”

Ombolenga Fitina avuga ko kuba agarutse muri APR FC bimuha umukoro wo kuzakoresha imbaraga nyinshi kugira ngo agaragarize iyi kipe ko nubwo yari yarayivuyemo ariko ntakibazo ayifiteho. Ati “Binsaba gukoresha imbaraga zirenze n’izo nakoreshaga na mbere nkirimo.”

Uyu mukinnyi avuga ko aramutse ashatse kwerecyeza mu yindi kipe, Rayon Sports avuyemo, itari mu mahitamo yaza mu bitekerezo bye.

Ati “Ntabwo yazamo ntabwo yazamo, kuko ntabwo…biragoye ko nasubiramo n’ibibazo nahaboneye kandi ndengana na kintu cy’ukuri kirimo. Biragoye cyane.”

Ombolenga wari wishimiwe n’abakunzi ba Rayon ubwo yayerecyezagamo, baje kumwihinduka bakamushinja gutsindisha iyi kipe ariko batabigaragariza ibimenyetso.

Muhire Kevin wari kapiteni wa Rayon Sports, uherutse kubona ikipe hanze y’u Rwanda, na we ubwo Shampiyona yari ihumuje, yagaye ubuyobozi bw’iyi kipe ndetse n’abakunzi bayo batajya babasha kwakira umusaruro mucye wayo, ahubwo iteka bagashaka abo bawegekaho barimo n’abakinnyi, aho yavuze ko ibi bizana umwuka utari mwiza mu ikipe bikanarangira na wa musaruro wifuzwaga ubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Next Post

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal
AMAHANGA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.