Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu wa Rayon Sports, Leandre Willy Onana Essomba, ukomoka muri Cameroon, byaramutse bivugwa ko yateye utwatsi ubusabe bwo kuba yakinira Amavubi, yavuze ko bamubeshyera kuko atabyanze, ahubwo ko habayeho kutumvikana ku cyo yasabye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023, ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, hatambutse amakuru avuga ko uyu rutahizamu ufite ubuhanga bwihariye, yanze gukinira Amavubi.

Ibi byatangajwe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Carlos Alós Ferrer mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru kimwe gikorera mu Rwanda, wagize ati “Onana yanze ubusabe bwo gukinira u Rwanda.”

Carlos Alós Ferrer yakomeje avuga ko umwanzuro wa Onana ugomba kubahwa, ahubwo hagakurikiraho izindi nzira zo gushaka abandi bakinnyi bashobora gukinira Amavubi bakina hanze.

Uyu Munya-Cameroon, Onana yahise atangaza uruhande rwe mu kiganiro yagiranye na Radio ikora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo nanze gukinira u Rwanda, ni ukumbeshyera. Gusa hari ibyo nasabye ko nabona nkafasha umuryango wanjye nkakinira u Rwanda.”

Uyu rutahizamu yakomeje anahishura icyo yasabye ntagihabwe cyatumye na we adashyira mu bikorwa ibyo yasabwaga, avuga ko yari yatse ibihumbi 80 USD (arenga miliyoni 80 Frw).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya yakiranywe icyubahiro cyinshi i Burundi (AMAFOTO)

Next Post

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.