Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira ngo gikomeze gutengamara kinahangane n’ibibazo bihari, kandi ko ntawundi ubifitiye uburambe atari we.

Ouattara uri ku butegetsi kuva muri 2010, yatangaje ibi mu ijambo rye ryanyuze kuri televiziyo y’Igihugu uri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025.

Yagize ati “Niyamamarije kuba umukandida kuko nshaka ko Côte d’Ivoire dukunda ikomeza kuba Igihugu gitengamaye, kirangwa n’amahoro n’umutekano.”

Perezida Ouattara yakomeje avuga ko ubuzima bwe ndetse n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu bimwemerera kongera kwiyamamariza manda nshya.

Perezida Alassane Ouattara w’imyaka 83 y’amavuko, uyobora Côte d’Ivoire kuva mu 2010, yavuze ko Igihugu gihanganye n’ibibazo bikomeye by’umutekano, ubukungu n’imari bitigeze bibaho mbere, bityo ko guhangana n’ibi bibazo bisaba umuntu ufite uburambe mu buyobozi nk’ubwo afite.

Yagize ati “Mu by’ukuri, iterabwoba rikomeje kwiyongera muri aka karere, ndetse n’ibibazo by’ubukungu ku rwego mpuzamahanga ku buryo bishora kugira ingaruka zikomeye ku Gihugu cyacu.”

Ishyaka rye, Rassemblement des Houphouëtistes pour la Démocratie et la Paix (RHDP), ryamutoye ngo yongere arihagararire mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mezi abiri ari imbere, ryamushimye ku byo yagejeje ku Gihugu, mu gihe cyose amaze ku butegetsi, rinamugaragaza nk’umwihariko wo gukomeza gutanga umutekano n’ituze muri aka karere.

Biteganyijwe ko Perezida Ouattara azahangana n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe na we mu matora ari imbere, barimo Umuyobozi w’Ishyaka rya Democratic Party of Ivory Coast (PDCI), Tidjane Thiam, ndetse n’uwahoze ari Perezida w’iki Gihugu, Laurent Gbagbo, uyobora ishyaka African People’s Party of Ivory Coast (PPACI), igihe cyose bazaba babonye uburenganzira bwo kwiyamamaza, kuko kugeza ubu bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza.

Ni mugihe aya mashyaka abiri akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi yatangije ubukangurambaga bwo gusaba ko abayobozi bayo bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza basubizwaho mbere yuko amatora ya Perezida aba.

Gutanga ibyangobwa bisaba kwiyamamariza umwanya wa Perezida muri Côte d’Ivoire, bizasozwa mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, mbere yuko icyiciro cya mbere cy’Amatora y’Umukuru w’Igihugu gitangira tariki 25 Ukwakira 2025.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.