Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Nta ndangagaciro nziza nk’iz’Abanyarwanda

Perezida Paul Kagame yongeye kunenga bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika bumva amabwire y’abanyamahanga, bikarangira bigize ingaruka ku baturage b’Ibihugu bayobora n’ibituranyi byabyo, ariko ko bari bakwiye kumenya ko “uwanga kubwira ntiyanga no kubona.”

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki Indwi Kanama ubwo yakiriga ku meza mugenzi we wa Madagascar, Andry Rajoelina, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda wongeye guha ikaze mugenzi we wa Madagascar ndetse n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje, yibukije ko Ibihugu byombi bihuriye ku ntego zimwe zo guteza imbere imibereho y’abaturage babyo ndetse no kubaka Afurika iteye imbere.

Ati “Ikindi kandi duhuriye mu Miryango mpuzamahanga nk’abanyamuryango nka COMESA ndetse na Francophonie.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo byagiye byugariza Isi n’Umugabane wa Afurika, nk’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’icyorezo cya COVID-19, avuga ko byagiye bikoma mu nkokora intego za Afurika, ariko ko nanone bikwiye kuvamo isomo.

Ati “Kuba habaho imbogamizi, ntabwo ubwabyo ari ikibazo, ahubwo ikibazo ni ukuba muri izo mbogamizi zidakemuwe. Kandi kuri Afurika navuga ko bibabaje kuko kubera iki ibi bibazo ubundi dukuye gukuramo amahirwe, byasiga Afurika n’ubundi ikomeje gusigara inyuma?”

Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika utaremewe gusigara inyuma nk’uko hari abafite iyo myumvire, ariko ko abatuye uyu Mugabane bakwiye gushyira hamwe mu gushaka umuti w’ibyo bibazo bibaho, kuko bafite ubushobozi.

Ati “Kandi dufite bamwe muri twe, bize neza, bakora ingendo nyinshi ariko bagamije gushimagiza abandi, atari ukwibera urugero mu gukora neza ibintu ngo biteze imbere, ahubwo bagakoresha ubumenyi bwabo mu bintu bitabafitiye umumaro.”

Yagarutse ku bibazo by’amakimbirane biri muri uyu Mugabane wa Afurika, ati “Wakwibaza uti ikibazo ni ikihe kandi kizageza ryari?”

Yavuze ko uyu Mugabane unahura n’ibibazo by’amahanga yivanga mu mibereho n’imiyoborere y’Ibihugu byawo, akaza kubyigisha indangagaciro na Demokasi bigomba kugenderaho, ariko ibyo ayo mahanga akora, bikaba byose biri guhonyora ibyo bari kwigisha, ndetse bikanagira ingaruka mu Bihugu byo muri Afurika.

Ati “Ariko se dukwiye kubegekaho ibibazo? Oya. Ibibazo mbishyira kuri bamwe muri twe babyemera, bemera gutwarwa batyo.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakora ibyo, baba ari nk’abagambanyi kuko ibyo bakora bizanira ingaruka abanyagihugu ndetse n’Ibihugu by’uyu Mugabane.

Yifashishije umugani mu Kinyarwanda ugira uti “Uwanga kubwirwa ntiyanga no kubona”, avuga ko nubwo abakora nk’ibyo baba badashaka kubwirwa ukuri, ariko bari bakwiye no kureba ingaruka z’ibyo bakora, kandi ko bakajya bazirengera.

Ati “Mu Rwanda twagerageje gukora ibiri mu bushobozi bwacu mu gukemura imbogamizi zacu, mu buryo bwose twari dushoboye kandi ntituzigera tubitezukaho, kabone nubwo haba hari ufite ibindi adutekerezaho.

Kandi izo ndangagaciro, nubwo wenda zagibwaho impaka, ariko nta ndangagaciro zabaho nziza nk’izacu, kandi natwe turabyemera, nta n’uwabihindura. Ushobora kudusenya ariko ntiwasenya indangagaciro zacu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we wa Madagascar ko Abanyarwanda bazasangiza Abanya-Madagascar imyumvire nk’iyo kandi ko azi neza ko na bo muri Madagascar bayifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Next Post

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw'abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.