Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Nta ndangagaciro nziza nk’iz’Abanyarwanda

Perezida Paul Kagame yongeye kunenga bamwe mu bayobozi bo ku Mugabane wa Afurika bumva amabwire y’abanyamahanga, bikarangira bigize ingaruka ku baturage b’Ibihugu bayobora n’ibituranyi byabyo, ariko ko bari bakwiye kumenya ko “uwanga kubwira ntiyanga no kubona.”

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki Indwi Kanama ubwo yakiriga ku meza mugenzi we wa Madagascar, Andry Rajoelina, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda wongeye guha ikaze mugenzi we wa Madagascar ndetse n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje, yibukije ko Ibihugu byombi bihuriye ku ntego zimwe zo guteza imbere imibereho y’abaturage babyo ndetse no kubaka Afurika iteye imbere.

Ati “Ikindi kandi duhuriye mu Miryango mpuzamahanga nk’abanyamuryango nka COMESA ndetse na Francophonie.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo byagiye byugariza Isi n’Umugabane wa Afurika, nk’imihindagurikire y’ibihe ndetse n’icyorezo cya COVID-19, avuga ko byagiye bikoma mu nkokora intego za Afurika, ariko ko nanone bikwiye kuvamo isomo.

Ati “Kuba habaho imbogamizi, ntabwo ubwabyo ari ikibazo, ahubwo ikibazo ni ukuba muri izo mbogamizi zidakemuwe. Kandi kuri Afurika navuga ko bibabaje kuko kubera iki ibi bibazo ubundi dukuye gukuramo amahirwe, byasiga Afurika n’ubundi ikomeje gusigara inyuma?”

Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika utaremewe gusigara inyuma nk’uko hari abafite iyo myumvire, ariko ko abatuye uyu Mugabane bakwiye gushyira hamwe mu gushaka umuti w’ibyo bibazo bibaho, kuko bafite ubushobozi.

Ati “Kandi dufite bamwe muri twe, bize neza, bakora ingendo nyinshi ariko bagamije gushimagiza abandi, atari ukwibera urugero mu gukora neza ibintu ngo biteze imbere, ahubwo bagakoresha ubumenyi bwabo mu bintu bitabafitiye umumaro.”

Yagarutse ku bibazo by’amakimbirane biri muri uyu Mugabane wa Afurika, ati “Wakwibaza uti ikibazo ni ikihe kandi kizageza ryari?”

Yavuze ko uyu Mugabane unahura n’ibibazo by’amahanga yivanga mu mibereho n’imiyoborere y’Ibihugu byawo, akaza kubyigisha indangagaciro na Demokasi bigomba kugenderaho, ariko ibyo ayo mahanga akora, bikaba byose biri guhonyora ibyo bari kwigisha, ndetse bikanagira ingaruka mu Bihugu byo muri Afurika.

Ati “Ariko se dukwiye kubegekaho ibibazo? Oya. Ibibazo mbishyira kuri bamwe muri twe babyemera, bemera gutwarwa batyo.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakora ibyo, baba ari nk’abagambanyi kuko ibyo bakora bizanira ingaruka abanyagihugu ndetse n’Ibihugu by’uyu Mugabane.

Yifashishije umugani mu Kinyarwanda ugira uti “Uwanga kubwirwa ntiyanga no kubona”, avuga ko nubwo abakora nk’ibyo baba badashaka kubwirwa ukuri, ariko bari bakwiye no kureba ingaruka z’ibyo bakora, kandi ko bakajya bazirengera.

Ati “Mu Rwanda twagerageje gukora ibiri mu bushobozi bwacu mu gukemura imbogamizi zacu, mu buryo bwose twari dushoboye kandi ntituzigera tubitezukaho, kabone nubwo haba hari ufite ibindi adutekerezaho.

Kandi izo ndangagaciro, nubwo wenda zagibwaho impaka, ariko nta ndangagaciro zabaho nziza nk’izacu, kandi natwe turabyemera, nta n’uwabihindura. Ushobora kudusenya ariko ntiwasenya indangagaciro zacu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we wa Madagascar ko Abanyarwanda bazasangiza Abanya-Madagascar imyumvire nk’iyo kandi ko azi neza ko na bo muri Madagascar bayifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Next Post

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw'abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.