Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA
0
Papa Francis wizihirije mu Bitaro imyaka 12 ari Umushumba wa Kiliziya ubuzima bwe bwifashe gute?
Share on FacebookShare on Twitter

Papa Francis yizihije isabukuru y’imyaka 12 amaze atorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, arwariye mu Bitaro, aho abamukurikirana batangaje ko ari koroherwa.

Ni isabukuru yizihije kuri uyu wa 13 Werurwe, ariko ikaba yamusanze mu bihe bikomeye aho amaze hafi ukwezi kose arwariye i Roma.

Karidinali Michael Czerny, Umuyobozi Mukuru wa Vatikani uzwiho kuba hafi ya Papa, yavuze ko iyi sabukuru ya papa ari impamvu ikomeye cyane yo gushima Imana no gukomeza gusabira Papa gukira vuba.

Nk’uko biheruka gutangazwa n’Ibiro bya Papa-Vatikani ku buzima bwa Papa wagiye mu bitaro byitwa Gemelli biherereye i Roma ku ya 14 Gashyantare 2025, akaba arwariye mu cyumba cyiri mu igorofa ya 10.

Abamuri hafi batangaje ko Papa Francis ari koroherwa kandi atarembye cyane nk’uko mbere byari bimeze mu minsi ishize ubwo yajyanwaga mu Bitaro.

Papa Francis w’imyaka 88, yabaye umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi ku ya 13 Werurwe 2013, ubu akaba yujuje imyaka 12 akuriye Kiliziya.

Mu myaka irenga 12 amaze muri izi nshingano, yabashije kongera kuvugurura ibiro bya Vatikani, yandika inyandiko enye zikomeye z’inyigisho zitandukanye, akora ingendo 47 zo mu mahanga mu Bihugu birenga 65, mu gihe cye kandi hemewe Abatagatifu barenga 900.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.