Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Doha muri Qatar, mu ruzinduko rw’akazi, azanahuriramo n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Nkuko tubikesha itangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, rivuga ko Perezida Kagame yageze i Doha.

Iri tangazo ryatambutse kuri Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda, rigira riti “Perezida Kagame yageze i Doha mu ruzinduko rw’akazi, azanahuriramo na Nyicicyubahiro Umuyobozi w’Ikirenga Sheikh Tamim bin Hamad bazagirana ibiganiro ku mishinga y’imikoranire ihuriweho n’Ibihugu byombi.”

Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Qatar nyuma y’amezi abiri yaragombaga n’ubundi kuhagirira uruzinduko yagombaga guhuriramo na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Perezida Kagame Paul yagombaga guhurira na Tshisekedi muri Qatar muri Mutarama uyu mwaka, bakagirana ibiganiro byari bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ibi biganiro ntibyabaye.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 01 Werurwe 2023, yagarutse ku bushake bw’abakomeje gushaka uburyo ibibazo biri hagati y’ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC), byakemuka, avuga ko hari n’igihe yagombaga guhura na mugenzi we Tshisekedi muri Qatar.

Icyo gihe Umukuru w’u Rwanda yavugaga ko ibi biganiro byagombaga kubera muri Qatar bitabayeho, yavuze ko bishobora kuzabaho.

Perezida Kagame yageze i Doha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Next Post

Pasiteri watse abakristu amafaranga ngo azabajyane mu ijuru yongeye gukora agashya katunguye benshi

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri watse abakristu amafaranga ngo azabajyane mu ijuru yongeye gukora agashya katunguye benshi

Pasiteri watse abakristu amafaranga ngo azabajyane mu ijuru yongeye gukora agashya katunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.