Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame azahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’Icyubahiro muri Korea y’Epfo

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame azahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’Icyubahiro muri Korea y’Epfo

Photo: Perezida Kagame muri 2012 ubwo yahabwaga impamyabushobozi y'icyubahiro muri William Penn University muri Oskaloosa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Korea y’Epfo aho yitabiriye Inama ihuza iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika, azanasura imwe muri Kaminuza zikomeye muri iki Gihugu no ku Isi, azanaherwamo impamyabushobozi y’icyubahiro ya Doctorate.

Perezida Kagame yageze i Seoul muri Korea y’Epfo, kuri iki Cyumweru tariki 02 Gicurasi 2024, yitabiriye Inama izwi nka Korea-Africa Summit, izahuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo muri Afurika, ndetse n’Ubuyobozi bw’iki Gihugu.

Perezida Kagame witabiriye iyi nama, biteganyijwe ko azasura Kaminuza ya Yonsei University, ndetse akanahabwa impamyabushobozi y’icyubahiro ya Doctorate mu bijyanye n’imiyoborere na politiki ziteza imbere abaturage (Public policy and Management).

Iyi kaminuza ya Yonsei University, ni imwe muri kaminuza zigenga muri Korea y’Epfo, yashinzwe mu 1885, ikaba muri eshatu za mbere zikomeye muri iki Gihugu, ikaba kandi ifite ibigo by’ubushakashatsi 178.

Muri iyi nama izaba kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 04 kugeza ku wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame, azatanga ikiganiro ubwo izaba iri gufungurwa ku mugaragaro, aho azaba ari kumwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Ni inama izayoborwa na Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol, ndetse na Perezida El Ghazouanu wa Mauritania ari na we uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Muri iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, izaba inarimo abayobozi mu nzego nkuru za Korea y’Epfo ndetse n’abo mu Bihugu bya Afurika, aho bazaganira ku gukomeza guteza imbere imikoranire hagati y’iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Iyi inama ifite insanganyamatsiko igira iti “The Future We Make Together: Shared Growth, Sustainability, and Solidarity.” Tugenekereje, ni uguhuza imbaraga mu kugena ahazaza, bitanga umusasuro uhuriweho mu bukungu ndetse n’iterambere rirambye.

Muri iyi nama kandi, abakuru b’Ibihugu, abayobozi mu nzego nkuru, abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi ndetse n’impuguke mu bukungu, bazaganira ku ngingo zinyuranye, nk’iterambere ry’inganda, kwagura ubucuruzi, kwihaza mu biribwa, urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse no gushakira umuti ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru ubwo yari ageze i Seoul

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Next Post

Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.