Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame azahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’Icyubahiro muri Korea y’Epfo

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame azahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’Icyubahiro muri Korea y’Epfo

Photo: Perezida Kagame muri 2012 ubwo yahabwaga impamyabushobozi y'icyubahiro muri William Penn University muri Oskaloosa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Korea y’Epfo aho yitabiriye Inama ihuza iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika, azanasura imwe muri Kaminuza zikomeye muri iki Gihugu no ku Isi, azanaherwamo impamyabushobozi y’icyubahiro ya Doctorate.

Perezida Kagame yageze i Seoul muri Korea y’Epfo, kuri iki Cyumweru tariki 02 Gicurasi 2024, yitabiriye Inama izwi nka Korea-Africa Summit, izahuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo muri Afurika, ndetse n’Ubuyobozi bw’iki Gihugu.

Perezida Kagame witabiriye iyi nama, biteganyijwe ko azasura Kaminuza ya Yonsei University, ndetse akanahabwa impamyabushobozi y’icyubahiro ya Doctorate mu bijyanye n’imiyoborere na politiki ziteza imbere abaturage (Public policy and Management).

Iyi kaminuza ya Yonsei University, ni imwe muri kaminuza zigenga muri Korea y’Epfo, yashinzwe mu 1885, ikaba muri eshatu za mbere zikomeye muri iki Gihugu, ikaba kandi ifite ibigo by’ubushakashatsi 178.

Muri iyi nama izaba kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 04 kugeza ku wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame, azatanga ikiganiro ubwo izaba iri gufungurwa ku mugaragaro, aho azaba ari kumwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Ni inama izayoborwa na Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol, ndetse na Perezida El Ghazouanu wa Mauritania ari na we uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Muri iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere, izaba inarimo abayobozi mu nzego nkuru za Korea y’Epfo ndetse n’abo mu Bihugu bya Afurika, aho bazaganira ku gukomeza guteza imbere imikoranire hagati y’iki Gihugu n’Umugabane wa Afurika.

Iyi inama ifite insanganyamatsiko igira iti “The Future We Make Together: Shared Growth, Sustainability, and Solidarity.” Tugenekereje, ni uguhuza imbaraga mu kugena ahazaza, bitanga umusasuro uhuriweho mu bukungu ndetse n’iterambere rirambye.

Muri iyi nama kandi, abakuru b’Ibihugu, abayobozi mu nzego nkuru, abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi ndetse n’impuguke mu bukungu, bazaganira ku ngingo zinyuranye, nk’iterambere ry’inganda, kwagura ubucuruzi, kwihaza mu biribwa, urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse no gushakira umuti ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru ubwo yari ageze i Seoul

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 7 =

Previous Post

Hatangajwe igikekwa ku munyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Next Post

Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Related Posts

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.