Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres; cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, amubwira aho abona igisubizo gikwiye kuva.

Nk’uko tubikesha itangazo ryashyize hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki Indwi Ugushyingo 2023, ibi biganiro bya Perezida Kagame na António Guterres, byakozwe kuri telefone.

Perezidansi ya Repubulika igira iti “Perezida Kagame yagiranye ikiganiro cyiza kuri Telefone n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku mpungege zo kwiyongera kw’ibikorwa by’ihohoterwa n’ivangurabwoko bibera mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ikomeza ivuga ko “Perezida Kagame yashimangiye ko nk’uko abibona igisubizo kitazava mu mbaraga za gisirikare ahubwo gishingiye kuri politiki.”

Nanone kandi Perezida Kagame na António Guterres banaganiriye ku mikoranire igamije kuzana amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hifashishijwe ingamba zashyizweho n’akarere.

Ibi biganiro bya Perezida Kagame na António Guterres, bibaye nyuma y’umunsi umwe umukuru w’u Rwanda anabigiranye n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, na byo byagarutse ku bibazo bya DRC.

Muri ibi biganiro byabaye ku wa Kabiri tariki 06 Ugushyingo 2023, Perezida Kagame yamenyesheje Blinken ko u Rwanda rushyigikiye imyanzuro yagiye ifatwa n’akarere igamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byo kuri Telefone Perezida Kagame yagiranye n’aba bayobozi, bibaye nyuma y’ukwezi kumwe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 yuburanye ubukana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta ubwo yari mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) yabereye i Yaoundé muri Cameroon, yasubije uwari uyihagarariyemo DRC wongeye gushinja ibinyoma u Rwanda ko rufite ukuboko mu bibazo biri mu Gihugu cyabo, avuga ko umuzi wabyo uri muri Congo.

Dr Biruta wavuze ko ibyo guhora Congo ishinja u Rwanda ibi binyoma aho igeze hose bimaze kumenyerwa, ariko ko atari byo bitazanga umuti w’ikibazo, ahubwo ko yari ikwiye kugaragaza ibibazo nyirizina bihari birimo ihohoterwa rikorerwa ubwoko bumwe bw’Abanyekongo, ndetse n’ikibazo cy’imitwe irimo n’iyakoze Jenoside nka FDLR, idahwema kuburagiza aba Banyekongo no kubakorera ubwicanyi bugamije kubarimbura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Bisi z’amashanyarazi zitwara abagenzi zari zitegerejwe mu Rwanda zigiye kuhasesekara

Next Post

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.