Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame kuri telefone yaganiriye n’Umunyamabanga wa LONI ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres; cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, amubwira aho abona igisubizo gikwiye kuva.

Nk’uko tubikesha itangazo ryashyize hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki Indwi Ugushyingo 2023, ibi biganiro bya Perezida Kagame na António Guterres, byakozwe kuri telefone.

Perezidansi ya Repubulika igira iti “Perezida Kagame yagiranye ikiganiro cyiza kuri Telefone n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku mpungege zo kwiyongera kw’ibikorwa by’ihohoterwa n’ivangurabwoko bibera mu burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ikomeza ivuga ko “Perezida Kagame yashimangiye ko nk’uko abibona igisubizo kitazava mu mbaraga za gisirikare ahubwo gishingiye kuri politiki.”

Nanone kandi Perezida Kagame na António Guterres banaganiriye ku mikoranire igamije kuzana amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hifashishijwe ingamba zashyizweho n’akarere.

Ibi biganiro bya Perezida Kagame na António Guterres, bibaye nyuma y’umunsi umwe umukuru w’u Rwanda anabigiranye n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, na byo byagarutse ku bibazo bya DRC.

Muri ibi biganiro byabaye ku wa Kabiri tariki 06 Ugushyingo 2023, Perezida Kagame yamenyesheje Blinken ko u Rwanda rushyigikiye imyanzuro yagiye ifatwa n’akarere igamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byo kuri Telefone Perezida Kagame yagiranye n’aba bayobozi, bibaye nyuma y’ukwezi kumwe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 yuburanye ubukana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta ubwo yari mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) yabereye i Yaoundé muri Cameroon, yasubije uwari uyihagarariyemo DRC wongeye gushinja ibinyoma u Rwanda ko rufite ukuboko mu bibazo biri mu Gihugu cyabo, avuga ko umuzi wabyo uri muri Congo.

Dr Biruta wavuze ko ibyo guhora Congo ishinja u Rwanda ibi binyoma aho igeze hose bimaze kumenyerwa, ariko ko atari byo bitazanga umuti w’ikibazo, ahubwo ko yari ikwiye kugaragaza ibibazo nyirizina bihari birimo ihohoterwa rikorerwa ubwoko bumwe bw’Abanyekongo, ndetse n’ikibazo cy’imitwe irimo n’iyakoze Jenoside nka FDLR, idahwema kuburagiza aba Banyekongo no kubakorera ubwicanyi bugamije kubarimbura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 2 =

Previous Post

Bisi z’amashanyarazi zitwara abagenzi zari zitegerejwe mu Rwanda zigiye kuhasesekara

Next Post

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

IZIHERUKA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima
MU RWANDA

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

RwandAir irateganya gukuba kabiri indege zayo n’aho yerecyeza hakiyongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.