Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira urukundo akunda ikipe ya Arsenal nyuma y’uko inyagiye Chelsea FC ibitego 5-0, agaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntsinzi yatumye iyi kipe irara ku mwanya w’icyubahiro muri shampiyona y’u Bwongereza.

Ni mu ijoro ryacyeye ubwo Arsenal FC yari yakiriye Chelsea FC kuri Emirates Stadium mu mukino wari witabiriwe n’abakunzi ba ruhago 60 238, bari baje kwihera ijisho uyu mukino w’ishiraniro.

Arsenal yari ibizi neza ko nitsinda uyu mukino irara ku mwanya wa mbere w’urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, ku munota wa kane gusa, yari yamaze guterekamo igitego, cyatsinzwe n’Umubiligi Leandro Trossard.

Umwongereza Ben White ndetse n’Umudage Kai Lukas Havertz, na bo baje gutsindira iyi kipe ibindi bitego bine, aho buri umwe yatsinzemo bibiri-bibiri, bituma umukino urangira ari ibitego 5 bya Arsenal.

Uyu mukino ukirangira, abakunzi b’iyi kipe isanzwe iri mu ya mbere afite abakunzi benshi ku Mugabane wa Afurika no mu Rwanda, bagaragaje ibyishimo batewe n’iyi ntsinzi babonye yatumye bakomeza kwicara ku mwanya w’icyubahiro.

Mu bagaragaje ibyishimo, barimo na Perezida Paul Kagame usanzwe akunda iyi kipe, aho yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko yishimiye iyi ntsinzi.

Mu butumwa bw’amarangamutima, Perezida Paul Kagame yagize ati “Maaan….that is the Gunners we love….!!!”. Tugenekereje mu Kinyarwanda, yagize ati “Bantu banjye….Iyi ni Arsenal dukunda….!!!”

Perezida Kagame kandi aherutse kuvuga kuri iyi kipe ubwo yasezerwaga muri UEFA Champions League, yaviriyemo muri 1/4, avuga ko nubwo itabashije gukomeza muri 1/2 ariko izakomeza kuba ikipe ye.

Perezida Kagame yishimiye iyi ntsinzi
Arsenal yabonye intsinzi ishimishije
Kai Lukas Havertz yabonyemo ibitego bibiri
Na Ben White yatsinzemo bibiri
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 10 =

Previous Post

I Burayi hongeye kumvikana inkuru ibabaje yerecyeye abimukira

Next Post

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y'inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.