Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye

radiotv10by radiotv10
24/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima y’ibyishimo by’ikipe akunda yanyagiye indi ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira urukundo akunda ikipe ya Arsenal nyuma y’uko inyagiye Chelsea FC ibitego 5-0, agaragaza ibyishimo yatewe n’iyi ntsinzi yatumye iyi kipe irara ku mwanya w’icyubahiro muri shampiyona y’u Bwongereza.

Ni mu ijoro ryacyeye ubwo Arsenal FC yari yakiriye Chelsea FC kuri Emirates Stadium mu mukino wari witabiriwe n’abakunzi ba ruhago 60 238, bari baje kwihera ijisho uyu mukino w’ishiraniro.

Arsenal yari ibizi neza ko nitsinda uyu mukino irara ku mwanya wa mbere w’urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, ku munota wa kane gusa, yari yamaze guterekamo igitego, cyatsinzwe n’Umubiligi Leandro Trossard.

Umwongereza Ben White ndetse n’Umudage Kai Lukas Havertz, na bo baje gutsindira iyi kipe ibindi bitego bine, aho buri umwe yatsinzemo bibiri-bibiri, bituma umukino urangira ari ibitego 5 bya Arsenal.

Uyu mukino ukirangira, abakunzi b’iyi kipe isanzwe iri mu ya mbere afite abakunzi benshi ku Mugabane wa Afurika no mu Rwanda, bagaragaje ibyishimo batewe n’iyi ntsinzi babonye yatumye bakomeza kwicara ku mwanya w’icyubahiro.

Mu bagaragaje ibyishimo, barimo na Perezida Paul Kagame usanzwe akunda iyi kipe, aho yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko yishimiye iyi ntsinzi.

Mu butumwa bw’amarangamutima, Perezida Paul Kagame yagize ati “Maaan….that is the Gunners we love….!!!”. Tugenekereje mu Kinyarwanda, yagize ati “Bantu banjye….Iyi ni Arsenal dukunda….!!!”

Perezida Kagame kandi aherutse kuvuga kuri iyi kipe ubwo yasezerwaga muri UEFA Champions League, yaviriyemo muri 1/4, avuga ko nubwo itabashije gukomeza muri 1/2 ariko izakomeza kuba ikipe ye.

Perezida Kagame yishimiye iyi ntsinzi
Arsenal yabonye intsinzi ishimishije
Kai Lukas Havertz yabonyemo ibitego bibiri
Na Ben White yatsinzemo bibiri
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + ten =

Previous Post

I Burayi hongeye kumvikana inkuru ibabaje yerecyeye abimukira

Next Post

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y’inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Abakekwaho kwiba amakaziye 5 y'inzoga zimwe bakazitaba izindi bakazinywa batamajwe n’ibyo bakoze bagitahurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.