Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’uko FC Bayern München isezereye Arsenal muri UEFA Champions League, ashyigikiye iyi kipe yo mu Budage na yo ikorana n’u Rwanda muri Visit Rwanda, ayifuriza kuzatsinda iyo bizahura muri 1/2.

Ni nyuma y’umukino wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, wa 1/4 aho ikipe ya FC Bayern München yo mu Budage yasereye Arsenal iyitsinze igitego 1-0, cyaje kiyongera kuri 2-2 byabonetse mu mukino ubanza.

Ubwo uyu mukino wari ukirangira, Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko “Nubwo isezerewe, ariko Arsenal iracyari ikipe yanjye. Ndashimira FC Bayern München.”

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024, Perezida Paul Kagame, yanageneye ubutumwa FC Bayern yasezereye ikipe akunda, avuga ko ubu ari yo ashyigikiye muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Perezida Kagame yagize ati “Kuri FC Bayern yakomeje, dukomezanye intego mwari mufite. Ntakidashoboka no kuba twasezerera Real Madrid…Ni yo miterere ya football.”

FC Bayern yasezereye Arsenal mu mukino wabereye rimwe n’uwo Real Madrid yo muri Espagne yasezereyemo Machester City na yo yo mu Bwongereza.

Amakipe abiri muri atatatu akorana na Leta y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda, yombi yakatishije itike yerecyeza muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League; ari yo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yatsinze FC Barcelona yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 6-4 birimo 4 yatsinze mu mukino wabaye ku wa Kabiri, ndetse n’iyi ya FC Bayern.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Next Post

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye
AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.