Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’uko FC Bayern München isezereye Arsenal muri UEFA Champions League, ashyigikiye iyi kipe yo mu Budage na yo ikorana n’u Rwanda muri Visit Rwanda, ayifuriza kuzatsinda iyo bizahura muri 1/2.

Ni nyuma y’umukino wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, wa 1/4 aho ikipe ya FC Bayern München yo mu Budage yasereye Arsenal iyitsinze igitego 1-0, cyaje kiyongera kuri 2-2 byabonetse mu mukino ubanza.

Ubwo uyu mukino wari ukirangira, Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko “Nubwo isezerewe, ariko Arsenal iracyari ikipe yanjye. Ndashimira FC Bayern München.”

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024, Perezida Paul Kagame, yanageneye ubutumwa FC Bayern yasezereye ikipe akunda, avuga ko ubu ari yo ashyigikiye muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Perezida Kagame yagize ati “Kuri FC Bayern yakomeje, dukomezanye intego mwari mufite. Ntakidashoboka no kuba twasezerera Real Madrid…Ni yo miterere ya football.”

FC Bayern yasezereye Arsenal mu mukino wabereye rimwe n’uwo Real Madrid yo muri Espagne yasezereyemo Machester City na yo yo mu Bwongereza.

Amakipe abiri muri atatatu akorana na Leta y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda, yombi yakatishije itike yerecyeza muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League; ari yo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yatsinze FC Barcelona yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 6-4 birimo 4 yatsinze mu mukino wabaye ku wa Kabiri, ndetse n’iyi ya FC Bayern.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fourteen =

Previous Post

Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Next Post

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.