Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’uko FC Bayern München isezereye Arsenal muri UEFA Champions League, ashyigikiye iyi kipe yo mu Budage na yo ikorana n’u Rwanda muri Visit Rwanda, ayifuriza kuzatsinda iyo bizahura muri 1/2.

Ni nyuma y’umukino wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, wa 1/4 aho ikipe ya FC Bayern München yo mu Budage yasereye Arsenal iyitsinze igitego 1-0, cyaje kiyongera kuri 2-2 byabonetse mu mukino ubanza.

Ubwo uyu mukino wari ukirangira, Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko “Nubwo isezerewe, ariko Arsenal iracyari ikipe yanjye. Ndashimira FC Bayern München.”

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024, Perezida Paul Kagame, yanageneye ubutumwa FC Bayern yasezereye ikipe akunda, avuga ko ubu ari yo ashyigikiye muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Perezida Kagame yagize ati “Kuri FC Bayern yakomeje, dukomezanye intego mwari mufite. Ntakidashoboka no kuba twasezerera Real Madrid…Ni yo miterere ya football.”

FC Bayern yasezereye Arsenal mu mukino wabereye rimwe n’uwo Real Madrid yo muri Espagne yasezereyemo Machester City na yo yo mu Bwongereza.

Amakipe abiri muri atatatu akorana na Leta y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda, yombi yakatishije itike yerecyeza muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League; ari yo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yatsinze FC Barcelona yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 6-4 birimo 4 yatsinze mu mukino wabaye ku wa Kabiri, ndetse n’iyi ya FC Bayern.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 15 =

Previous Post

Imyitozo yahuzaga Polisi zirimo iy’u Rwanda, iy’u Burundi na Uganda yasojwe

Next Post

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.