Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Cuba, aho agiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Ihuriro rihuza G77 n’u Bushinwa.

Ni amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu butumwa bwatambutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ko Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Cuba.

Ubu butumwa buvuga ko “Perezida Kagame yageze muri Havana muri Cuba aho agiye kwifatanya n’abayobozi baturutse mu bice bitandukanye by’Isi mu ihuriro ry’iminsi ibiri rya G77 n’u Bushinwa ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma izaba kuva tariki 15 kugeza ku ya 16 Nzeri.”

Amafoto ya Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, agaragaza Perezida Kagame ageze ku Kibuga cy’Indege yakirwa mu cyubahiro gihebuje n’urugwiro rwinshi.

Iri huriro rigiye kubera muri Cuba ry’iminsi ibiri, rizahuza ibihugu bigize itsinda rya G77 rigizwe n’Ibihugu biri mu nzira y’Iterambere ndetse n’u Bushinwa, rizibanda ku bibazo bikizitira ibi Bihugu kwihuta mu iterambere ndetse n’ubufatanye bikwiye kugirana n’Igihugu cy’u Bushinwa.

Ibihugu bigize iri tsinda rya G77 ndetse n’u Bushinwa, bigize 80% y’abatuye Isi yose, aho iyi nama igiye kurebera hamwe uko hatezwa imbere umurongo mushya w’ubukungu, no guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abatuye Isi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres na we yamaze kugera muri Cuba, kwifatanya n’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagera muri 30 baturutse muri Afurika, muri Asia ndetse no muri America ya Ruguru.

Itsinda rya G77 ryashinzwe ari Ibihugu 77 mu mwaka w’ 1964, rigamije kujya rifatira hamwe ingamba zigamije kuzamura ubukungu bwabyo ndetse no kurushaho guhanahana ubushobozi mu bwumvikane.

Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro
Habaye akarasisi ko kumuha ikaze

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Next Post

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Related Posts

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

by radiotv10
25/11/2025
0

Impunzi z’Abarundi 115 zabaga mu Rwanda ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama, zatahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi, zinyuze ku...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

IZIHERUKA

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we
MU RWANDA

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.