Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Cuba, aho agiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Ihuriro rihuza G77 n’u Bushinwa.

Ni amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu butumwa bwatambutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ko Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Cuba.

Ubu butumwa buvuga ko “Perezida Kagame yageze muri Havana muri Cuba aho agiye kwifatanya n’abayobozi baturutse mu bice bitandukanye by’Isi mu ihuriro ry’iminsi ibiri rya G77 n’u Bushinwa ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma izaba kuva tariki 15 kugeza ku ya 16 Nzeri.”

Amafoto ya Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, agaragaza Perezida Kagame ageze ku Kibuga cy’Indege yakirwa mu cyubahiro gihebuje n’urugwiro rwinshi.

Iri huriro rigiye kubera muri Cuba ry’iminsi ibiri, rizahuza ibihugu bigize itsinda rya G77 rigizwe n’Ibihugu biri mu nzira y’Iterambere ndetse n’u Bushinwa, rizibanda ku bibazo bikizitira ibi Bihugu kwihuta mu iterambere ndetse n’ubufatanye bikwiye kugirana n’Igihugu cy’u Bushinwa.

Ibihugu bigize iri tsinda rya G77 ndetse n’u Bushinwa, bigize 80% y’abatuye Isi yose, aho iyi nama igiye kurebera hamwe uko hatezwa imbere umurongo mushya w’ubukungu, no guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abatuye Isi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres na we yamaze kugera muri Cuba, kwifatanya n’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagera muri 30 baturutse muri Afurika, muri Asia ndetse no muri America ya Ruguru.

Itsinda rya G77 ryashinzwe ari Ibihugu 77 mu mwaka w’ 1964, rigamije kujya rifatira hamwe ingamba zigamije kuzamura ubukungu bwabyo ndetse no kurushaho guhanahana ubushobozi mu bwumvikane.

Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro
Habaye akarasisi ko kumuha ikaze

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Next Post

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.