Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Cuba, aho agiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Ihuriro rihuza G77 n’u Bushinwa.

Ni amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu butumwa bwatambutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, ko Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Cuba.

Ubu butumwa buvuga ko “Perezida Kagame yageze muri Havana muri Cuba aho agiye kwifatanya n’abayobozi baturutse mu bice bitandukanye by’Isi mu ihuriro ry’iminsi ibiri rya G77 n’u Bushinwa ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma izaba kuva tariki 15 kugeza ku ya 16 Nzeri.”

Amafoto ya Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, agaragaza Perezida Kagame ageze ku Kibuga cy’Indege yakirwa mu cyubahiro gihebuje n’urugwiro rwinshi.

Iri huriro rigiye kubera muri Cuba ry’iminsi ibiri, rizahuza ibihugu bigize itsinda rya G77 rigizwe n’Ibihugu biri mu nzira y’Iterambere ndetse n’u Bushinwa, rizibanda ku bibazo bikizitira ibi Bihugu kwihuta mu iterambere ndetse n’ubufatanye bikwiye kugirana n’Igihugu cy’u Bushinwa.

Ibihugu bigize iri tsinda rya G77 ndetse n’u Bushinwa, bigize 80% y’abatuye Isi yose, aho iyi nama igiye kurebera hamwe uko hatezwa imbere umurongo mushya w’ubukungu, no guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abatuye Isi.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres na we yamaze kugera muri Cuba, kwifatanya n’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagera muri 30 baturutse muri Afurika, muri Asia ndetse no muri America ya Ruguru.

Itsinda rya G77 ryashinzwe ari Ibihugu 77 mu mwaka w’ 1964, rigamije kujya rifatira hamwe ingamba zigamije kuzamura ubukungu bwabyo ndetse no kurushaho guhanahana ubushobozi mu bwumvikane.

Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro
Habaye akarasisi ko kumuha ikaze

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 19 =

Previous Post

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Next Post

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.