Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Uko kizaba kimeze nicyuzura

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, mu ihuriro ry’Ubukungu rya Qatar, yatangaje ko aho imirimo igeze yo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, hashimishije ku buryo umwaka utaha wa 2024 uzarangira cyaratangiye gukoreshwa.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yageze muri Qatar kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, aho yitabiriye iri huriro rya gatatu ry’Ubukungu ritegurwa n’iki Gihugu cyaryakiriye, rizwi nka Qatar Economic Forum.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abandi banyacyubahiro, barimo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ndetse n’uwashinze ikigo cya Bloomberg, Michael Bloomberg, bitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro iri huriro Qatar Economic Forum.

Umukuru w’u Rwanda wagaragaje ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda, yanagarutse ku kibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa ku bufatanye bw’u Rwanda na Qatar, avuga ko imirimo yo kucyubaka igeze kure kuko igeze kuri 70%.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko iki Kibuga cy’Indege cya Bugesera kizatangira gukoreshwa mbere yuko umwaka utaha wa 2024 urangira.

Biteganyijwe ko iki kibuga cy’Indege kizuzura gitwaye Miliyari 2 USD [arenga Miliyari 2 000 Frw], kizatangira gukoreshwa mu byiciro aho mu mwaka wa 2026 ari bwo kizaba cyuzuye mu buryo bwa burundu.

Ni ikibuga kitezweho kuzamura umubare wabagenderera u Rwanda na Afurika, kuko kizajya kinyuraho abagenzi babarirwa muri miliyoni 8 ku mwaka, bazakomeza kwiyongera bakagera no kuri miliyoni 14.

Iki kibuga cy’Indege kandi biteganyijwe ko kizagira uruhare mu kuzamura ubucuruzi, kuko kizajya kinyuraho toni ibihumbi 150 z’ibicuruzwa bizajya bitwarwa n’indege zikorera imizigo.

Imirimo yo kubaka iki kibuga cy’indege igeze ahashimishije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − nine =

Previous Post

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Next Post

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.