Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Uko kizaba kimeze nicyuzura

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, mu ihuriro ry’Ubukungu rya Qatar, yatangaje ko aho imirimo igeze yo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, hashimishije ku buryo umwaka utaha wa 2024 uzarangira cyaratangiye gukoreshwa.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yageze muri Qatar kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, aho yitabiriye iri huriro rya gatatu ry’Ubukungu ritegurwa n’iki Gihugu cyaryakiriye, rizwi nka Qatar Economic Forum.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abandi banyacyubahiro, barimo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ndetse n’uwashinze ikigo cya Bloomberg, Michael Bloomberg, bitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro iri huriro Qatar Economic Forum.

Umukuru w’u Rwanda wagaragaje ishusho y’ubukungu bw’u Rwanda, yanagarutse ku kibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa ku bufatanye bw’u Rwanda na Qatar, avuga ko imirimo yo kucyubaka igeze kure kuko igeze kuri 70%.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko iki Kibuga cy’Indege cya Bugesera kizatangira gukoreshwa mbere yuko umwaka utaha wa 2024 urangira.

Biteganyijwe ko iki kibuga cy’Indege kizuzura gitwaye Miliyari 2 USD [arenga Miliyari 2 000 Frw], kizatangira gukoreshwa mu byiciro aho mu mwaka wa 2026 ari bwo kizaba cyuzuye mu buryo bwa burundu.

Ni ikibuga kitezweho kuzamura umubare wabagenderera u Rwanda na Afurika, kuko kizajya kinyuraho abagenzi babarirwa muri miliyoni 8 ku mwaka, bazakomeza kwiyongera bakagera no kuri miliyoni 14.

Iki kibuga cy’Indege kandi biteganyijwe ko kizagira uruhare mu kuzamura ubucuruzi, kuko kizajya kinyuraho toni ibihumbi 150 z’ibicuruzwa bizajya bitwarwa n’indege zikorera imizigo.

Imirimo yo kubaka iki kibuga cy’indege igeze ahashimishije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Next Post

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.