Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda rwashoboye kwikura mu bihe bigoye bya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse rukomeje kwiyubaka no guharanira ko ibyabaye bitazongera, ariko amahanga agaragaza ko yo nta somo yabikuyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama izwi nka ‘Global Citizen’ yiga ku ngamba zo guhangana n’ubukene.

Yavuze ko u Rwanda rutaheranywe n’amateka mabi yarubayemo, kuko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ubuyobozi bwarwo bwashyize imbere kubaka Igihugu.

Yavuze ko ibikomere bya Jenoside bitarakira, ariko ko kwiyubaka no kubaka Igihugu biri mu nzira nziza, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bakomeje guherekeza u Rwanda mu rugendo rw’imyaka 30.

Icyakora hari ibihugu by’amahanga bitigeze bikura isomo ku mateka y’u Rwanda, gusa ngo iki Gihugu gifite inshingano zo gukumira ko aya mateka yisubiramo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi abakoze Jenosode n’ababashyigikiye bakomeje kugerageza kuyisubiramo. Imbuga nkoranyambaga zituma birushaho kuba bibi cyane. Dukomeje kubona ubuhezanguni mu bice bitandukanye by’isi, ariko Ibihugu bikomeye ku Isi ntacyo bibikoraho, ahubwo bakomeje kwigisha amasomo y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi. Ibyatubayeho bishobora kuba n’ahandi, tugomba gushikama ku nshingano zacu zo gushyira mu ngiro imvugo ya ntibizorera ukundi.”

Mu kudaheranwa n’aya mateka; u Rwanda rwahisemo kubaka inzego zishyize imbere politike ifasha Igihugu kwibeshaho, ndetse hari intambwe imaze kugerwaho ku buryo yizeye neza ko itazigera isubira inyuma.

Ati “Twahisemo kuba umwe tugashyira imbere inyungu z’abaturage. Ubumwe ni igishoro gikomeye twakoze, twubatse inzego zikomeye zita ku baturage bacu. Kuri twe; kwigira ni ishingiro ryo kuzamura imibereho y’abaturage no kubaha serivisi nziza. Nta muntu numwe ufite inshingano zo kudutunga, tugomba gushaka ibyacu, ndetse tugakora cyane. Ibyo ni byo byatumye ubufatanye bwacu butanga umusaruro kuri twe n’abo dufatanya.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rukomeje gushora imari mu bikorwa remezo by’inzego zitandukanye, bikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’imibereho y’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko Isi yari ikwiye gukura isomo ku byabaye mu Rwanda
Ni mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Next Post

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.