Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda rwashoboye kwikura mu bihe bigoye bya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse rukomeje kwiyubaka no guharanira ko ibyabaye bitazongera, ariko amahanga agaragaza ko yo nta somo yabikuyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama izwi nka ‘Global Citizen’ yiga ku ngamba zo guhangana n’ubukene.

Yavuze ko u Rwanda rutaheranywe n’amateka mabi yarubayemo, kuko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ubuyobozi bwarwo bwashyize imbere kubaka Igihugu.

Yavuze ko ibikomere bya Jenoside bitarakira, ariko ko kwiyubaka no kubaka Igihugu biri mu nzira nziza, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bakomeje guherekeza u Rwanda mu rugendo rw’imyaka 30.

Icyakora hari ibihugu by’amahanga bitigeze bikura isomo ku mateka y’u Rwanda, gusa ngo iki Gihugu gifite inshingano zo gukumira ko aya mateka yisubiramo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi abakoze Jenosode n’ababashyigikiye bakomeje kugerageza kuyisubiramo. Imbuga nkoranyambaga zituma birushaho kuba bibi cyane. Dukomeje kubona ubuhezanguni mu bice bitandukanye by’isi, ariko Ibihugu bikomeye ku Isi ntacyo bibikoraho, ahubwo bakomeje kwigisha amasomo y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi. Ibyatubayeho bishobora kuba n’ahandi, tugomba gushikama ku nshingano zacu zo gushyira mu ngiro imvugo ya ntibizorera ukundi.”

Mu kudaheranwa n’aya mateka; u Rwanda rwahisemo kubaka inzego zishyize imbere politike ifasha Igihugu kwibeshaho, ndetse hari intambwe imaze kugerwaho ku buryo yizeye neza ko itazigera isubira inyuma.

Ati “Twahisemo kuba umwe tugashyira imbere inyungu z’abaturage. Ubumwe ni igishoro gikomeye twakoze, twubatse inzego zikomeye zita ku baturage bacu. Kuri twe; kwigira ni ishingiro ryo kuzamura imibereho y’abaturage no kubaha serivisi nziza. Nta muntu numwe ufite inshingano zo kudutunga, tugomba gushaka ibyacu, ndetse tugakora cyane. Ibyo ni byo byatumye ubufatanye bwacu butanga umusaruro kuri twe n’abo dufatanya.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rukomeje gushora imari mu bikorwa remezo by’inzego zitandukanye, bikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’imibereho y’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko Isi yari ikwiye gukura isomo ku byabaye mu Rwanda
Ni mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Next Post

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.