Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda rwashoboye kwikura mu bihe bigoye bya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse rukomeje kwiyubaka no guharanira ko ibyabaye bitazongera, ariko amahanga agaragaza ko yo nta somo yabikuyemo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama izwi nka ‘Global Citizen’ yiga ku ngamba zo guhangana n’ubukene.

Yavuze ko u Rwanda rutaheranywe n’amateka mabi yarubayemo, kuko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ubuyobozi bwarwo bwashyize imbere kubaka Igihugu.

Yavuze ko ibikomere bya Jenoside bitarakira, ariko ko kwiyubaka no kubaka Igihugu biri mu nzira nziza, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bakomeje guherekeza u Rwanda mu rugendo rw’imyaka 30.

Icyakora hari ibihugu by’amahanga bitigeze bikura isomo ku mateka y’u Rwanda, gusa ngo iki Gihugu gifite inshingano zo gukumira ko aya mateka yisubiramo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi abakoze Jenosode n’ababashyigikiye bakomeje kugerageza kuyisubiramo. Imbuga nkoranyambaga zituma birushaho kuba bibi cyane. Dukomeje kubona ubuhezanguni mu bice bitandukanye by’isi, ariko Ibihugu bikomeye ku Isi ntacyo bibikoraho, ahubwo bakomeje kwigisha amasomo y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi. Ibyatubayeho bishobora kuba n’ahandi, tugomba gushikama ku nshingano zacu zo gushyira mu ngiro imvugo ya ntibizorera ukundi.”

Mu kudaheranwa n’aya mateka; u Rwanda rwahisemo kubaka inzego zishyize imbere politike ifasha Igihugu kwibeshaho, ndetse hari intambwe imaze kugerwaho ku buryo yizeye neza ko itazigera isubira inyuma.

Ati “Twahisemo kuba umwe tugashyira imbere inyungu z’abaturage. Ubumwe ni igishoro gikomeye twakoze, twubatse inzego zikomeye zita ku baturage bacu. Kuri twe; kwigira ni ishingiro ryo kuzamura imibereho y’abaturage no kubaha serivisi nziza. Nta muntu numwe ufite inshingano zo kudutunga, tugomba gushaka ibyacu, ndetse tugakora cyane. Ibyo ni byo byatumye ubufatanye bwacu butanga umusaruro kuri twe n’abo dufatanya.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rukomeje gushora imari mu bikorwa remezo by’inzego zitandukanye, bikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’imibereho y’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko Isi yari ikwiye gukura isomo ku byabaye mu Rwanda
Ni mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

Next Post

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Hagaragajwe icyatangiye gukorwa mbere yo kuriza indege abimukira bazoherezwa mu Rwanda bavuye mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.