Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nubwo Arsenal yasezerewe mu gikombe cya UEFA Champions League, ariko azakomeza kuyikunda, yifuriza amahirwe masa Bayern München yo mu Budage yayisezereye ikinjira muri 1/2 cy’irangiza.

Ni umukino wa 1/4 cy’irangiza wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024 wari ukurikiwe na benshi ku Isi, dore ko iki gikombe kiri mu bikunzwe na benshi.

Ikipe ya Bayern München yari yakiriye uyu mukino mu Budage dore ko uwa mbere wari wabereye mu Bwongereza, yinjiye mu kibuga ibizi neza ko igitego kimwe gusa gihagije, kuko yari yanganyije na Arsenal 2-2.

Ku munota wa 63’, Joshua Kimmich yaboneye igitego Bayern München, yatsinze ku mupira uremereye yateresheje umutwe, aba ari na cyo gitego rukumbi kiboneka muri uyu mukino.

Ni umukino wagarutsweho na benshi, basanzwe bakunda ikipe ya Arsenal, bagaragaje agahinda ko kuba ikipe yabo yasezerewe muri UEFA Champions League, kandi ikaba ishobora no kudatwara igikombe cya Shampiyona y’iwabo mu Bwongereza.

Perezida Paul Kagame, abinyujije kuri X, na we yagize icyo avuga kuri iyi kipe asanzwe akunda kuva hambere, avuga ko nubwo yasezerewe ariko bitazamubuza gukomeza kuyikunda.

Ubwo uyu mukino wari uhumuje, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagize ati “Nubwo isezerewe, ariko Arsenal iracyari ikipe yanjye. Ndashimira FC Bayern München.”

Ni amakipe yombi asanzwe kandi akorana na Leta y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo muri gahunda ya Visit Rwanda.

Iki gikombe kigeze muri 1/2 cy’irangiza, amakipe abiri yo mu Bwongereza yose yasezerewe rimwe, kuko mu wundi mukino wabereye mu Bwongereza, Manchester City yasezerewe na Real Madrid yo muri Espagne, iyitsinze kuri Penelati nyuma yo kunganya igitego 1-1, byaje bisanga ibitego 3-3 byari byabonetse mu mukino ubanza wari wabereye muri Espagne.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KABASHA Emile says:
    1 year ago

    Ibi ni sawa intara y’imwe y’U Rwanda yakinnye n’ iyindi hakomeza u Rwanda I burayi turakomeye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 11 =

Previous Post

Uganda: Habaye impanuka yakangaranyije abayibonye ikimara kuba

Next Post

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Related Posts

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk'umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n'Ikipe y'Igihugu ya Brazil ko ari we...

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umutego umwe mu bafana ba Rayon Sports agasa nk’uguye...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

14/05/2025
Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

14/05/2025
Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.