Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nubwo Arsenal yasezerewe mu gikombe cya UEFA Champions League, ariko azakomeza kuyikunda, yifuriza amahirwe masa Bayern München yo mu Budage yayisezereye ikinjira muri 1/2 cy’irangiza.

Ni umukino wa 1/4 cy’irangiza wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024 wari ukurikiwe na benshi ku Isi, dore ko iki gikombe kiri mu bikunzwe na benshi.

Ikipe ya Bayern München yari yakiriye uyu mukino mu Budage dore ko uwa mbere wari wabereye mu Bwongereza, yinjiye mu kibuga ibizi neza ko igitego kimwe gusa gihagije, kuko yari yanganyije na Arsenal 2-2.

Ku munota wa 63’, Joshua Kimmich yaboneye igitego Bayern München, yatsinze ku mupira uremereye yateresheje umutwe, aba ari na cyo gitego rukumbi kiboneka muri uyu mukino.

Ni umukino wagarutsweho na benshi, basanzwe bakunda ikipe ya Arsenal, bagaragaje agahinda ko kuba ikipe yabo yasezerewe muri UEFA Champions League, kandi ikaba ishobora no kudatwara igikombe cya Shampiyona y’iwabo mu Bwongereza.

Perezida Paul Kagame, abinyujije kuri X, na we yagize icyo avuga kuri iyi kipe asanzwe akunda kuva hambere, avuga ko nubwo yasezerewe ariko bitazamubuza gukomeza kuyikunda.

Ubwo uyu mukino wari uhumuje, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagize ati “Nubwo isezerewe, ariko Arsenal iracyari ikipe yanjye. Ndashimira FC Bayern München.”

Ni amakipe yombi asanzwe kandi akorana na Leta y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo muri gahunda ya Visit Rwanda.

Iki gikombe kigeze muri 1/2 cy’irangiza, amakipe abiri yo mu Bwongereza yose yasezerewe rimwe, kuko mu wundi mukino wabereye mu Bwongereza, Manchester City yasezerewe na Real Madrid yo muri Espagne, iyitsinze kuri Penelati nyuma yo kunganya igitego 1-1, byaje bisanga ibitego 3-3 byari byabonetse mu mukino ubanza wari wabereye muri Espagne.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KABASHA Emile says:
    2 years ago

    Ibi ni sawa intara y’imwe y’U Rwanda yakinnye n’ iyindi hakomeza u Rwanda I burayi turakomeye

    Reply

Leave a Reply to KABASHA Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Uganda: Habaye impanuka yakangaranyije abayibonye ikimara kuba

Next Post

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Related Posts

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

by radiotv10
25/02/2026
0

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour...

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team, yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda...

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

by radiotv10
24/02/2026
0

Perezida w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'Umukino w'Amagare (UCI), David Lappartient yatangaje ko yababajwe n’impanuka ikomeye yabaye ubwo hatangizwaga Tour du Rwanda, yihanganisha...

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

by radiotv10
23/02/2026
0

Umunya-Espagne, Pau Martí Soriano ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda, mu...

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team, yegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda ka Rukomo-...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.