Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4 592 barimo bane bari bafite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bahawe irya ACP (Assistant Commissioner of Police).

Iri zamurwa mu mpateri ry’Abapolisi 4 592 ryakozwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022.

Mu bazamuwe mu ntera bagahabwa ipeti rya ACP bavuye ku rya CSP, ni Sam Bugingo uyobora ishami rya Polisi rishinzwe kurinda abanyacyubahiro, Aloys Munana Burora, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzuzi bw’ibinyabiziga.

Aba bahwe ipeti rya ACP, barimo kandi Edmond Kalisa uyobora Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba na Rutagarama Kanyamihigo, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubufasha (PSU) ubu akaba ari mu butumwa bwa MINUSCA muri Centrafrique.

Na none kandi mu bazamuwe mu mapeti, barimo batatu bahawe ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bavuye ku ipeti rya SSP (Senior Superintendent of Police) hakaba n’abandi babiri bavanywe kuri iri rya SSP (Senior Superintendent of Police) bagahabwa irya SP (Superintendent of Police).

Hari n’abandi 100 bahawe ipeti rya SP (Superintendent of Police) bavuye kuri CIP (Chief Inspector of Police).

Harimo kandi Abofisiye 266 bahawe ipeti rya CIP (Chief Inspector of Police) bavuye ku ipeti rya IP (Inspector of Police), 638 bahawe ipeti rya AIP (Assistant Inspector of Police) bavuye ku rya IP (Inspector of Police); 56 bahizwe bat Chief Sergeant (C/SGT) bavuye ku ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT).

Hari kandi Abapolisi 355 bahawe ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT) bavuye ku rya Sergeant (SGT), hakaba 928 bavanywe ku ipeti rya Corporal (CPL) bagahabwa ipeti rya Sergeant (SGT) ndetse n’abandi 2 240 bavanywe ku ipeti rya Police Constable bahagabwa ipeti rya Corporal (CPL).

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushimira Abapolisi bose bazamuwe mu mapeti nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi CP John Bosco Kabera wagize ati “Polisi y’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abapolisi bose bazamuwe mu ntera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Next Post

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.