Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4 592 barimo bane bari bafite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bahawe irya ACP (Assistant Commissioner of Police).

Iri zamurwa mu mpateri ry’Abapolisi 4 592 ryakozwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022.

Mu bazamuwe mu ntera bagahabwa ipeti rya ACP bavuye ku rya CSP, ni Sam Bugingo uyobora ishami rya Polisi rishinzwe kurinda abanyacyubahiro, Aloys Munana Burora, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzuzi bw’ibinyabiziga.

Aba bahwe ipeti rya ACP, barimo kandi Edmond Kalisa uyobora Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba na Rutagarama Kanyamihigo, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubufasha (PSU) ubu akaba ari mu butumwa bwa MINUSCA muri Centrafrique.

Na none kandi mu bazamuwe mu mapeti, barimo batatu bahawe ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bavuye ku ipeti rya SSP (Senior Superintendent of Police) hakaba n’abandi babiri bavanywe kuri iri rya SSP (Senior Superintendent of Police) bagahabwa irya SP (Superintendent of Police).

Hari n’abandi 100 bahawe ipeti rya SP (Superintendent of Police) bavuye kuri CIP (Chief Inspector of Police).

Harimo kandi Abofisiye 266 bahawe ipeti rya CIP (Chief Inspector of Police) bavuye ku ipeti rya IP (Inspector of Police), 638 bahawe ipeti rya AIP (Assistant Inspector of Police) bavuye ku rya IP (Inspector of Police); 56 bahizwe bat Chief Sergeant (C/SGT) bavuye ku ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT).

Hari kandi Abapolisi 355 bahawe ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT) bavuye ku rya Sergeant (SGT), hakaba 928 bavanywe ku ipeti rya Corporal (CPL) bagahabwa ipeti rya Sergeant (SGT) ndetse n’abandi 2 240 bavanywe ku ipeti rya Police Constable bahagabwa ipeti rya Corporal (CPL).

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushimira Abapolisi bose bazamuwe mu mapeti nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi CP John Bosco Kabera wagize ati “Polisi y’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abapolisi bose bazamuwe mu ntera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 15 =

Previous Post

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Next Post

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.