Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4 592 barimo bane bari bafite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bahawe irya ACP (Assistant Commissioner of Police).

Iri zamurwa mu mpateri ry’Abapolisi 4 592 ryakozwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022.

Mu bazamuwe mu ntera bagahabwa ipeti rya ACP bavuye ku rya CSP, ni Sam Bugingo uyobora ishami rya Polisi rishinzwe kurinda abanyacyubahiro, Aloys Munana Burora, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzuzi bw’ibinyabiziga.

Aba bahwe ipeti rya ACP, barimo kandi Edmond Kalisa uyobora Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba na Rutagarama Kanyamihigo, uyobora ishami rya Polisi rishinzwe ubufasha (PSU) ubu akaba ari mu butumwa bwa MINUSCA muri Centrafrique.

Na none kandi mu bazamuwe mu mapeti, barimo batatu bahawe ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) bavuye ku ipeti rya SSP (Senior Superintendent of Police) hakaba n’abandi babiri bavanywe kuri iri rya SSP (Senior Superintendent of Police) bagahabwa irya SP (Superintendent of Police).

Hari n’abandi 100 bahawe ipeti rya SP (Superintendent of Police) bavuye kuri CIP (Chief Inspector of Police).

Harimo kandi Abofisiye 266 bahawe ipeti rya CIP (Chief Inspector of Police) bavuye ku ipeti rya IP (Inspector of Police), 638 bahawe ipeti rya AIP (Assistant Inspector of Police) bavuye ku rya IP (Inspector of Police); 56 bahizwe bat Chief Sergeant (C/SGT) bavuye ku ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT).

Hari kandi Abapolisi 355 bahawe ipeti rya Senior Sergeant (S/SGT) bavuye ku rya Sergeant (SGT), hakaba 928 bavanywe ku ipeti rya Corporal (CPL) bagahabwa ipeti rya Sergeant (SGT) ndetse n’abandi 2 240 bavanywe ku ipeti rya Police Constable bahagabwa ipeti rya Corporal (CPL).

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho gushimira Abapolisi bose bazamuwe mu mapeti nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi CP John Bosco Kabera wagize ati “Polisi y’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abapolisi bose bazamuwe mu ntera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

UPDATE: Amashusho y’umugabo ukubita uruhinja yari yababaje benshi burya ngo ni Film

Next Post

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.