Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba urubyiruko gukoresha neza Ikinyarwanda, agendeye kuri amwe mu makosa rukora mu mivugire n’imyandikire, nk’aho gukoresha ‘Ntabwo’, basigaye bakoresha ‘Nabwo’.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024 ubwo yaganiraga n’urubyiruko 7 500 ruri mu bagize umuryango w’urubyiruko rw’abakorerabushake bizihizaga isabukuru y’imyaka 10 uyu muryango umaze utangiye.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yatangiye acyebura urubyiruko ku Kinyarwanda rukoresha muri iki gihe, by’umwihariko mu myandikire, atanga urugero rw’Ijambo ry’impakanyi ‘Ntabwo’ ariko bamwe basigaye bandika ‘nabwo’, ati “bivuze iki? Ahubwo icyo kiba ari ukuvuga ngo na bwo, bivuze ngo byiyongereyeho, ni ntabwo: n-t-a-b-w-o.”

Kimwe n’ijambo ‘Guhereza’ risigaye ryifashishwa n’urubyiruko, bashaka kuvuga ‘Guha‘ Ati “ni ibyo mu kiliziya, ni ‘namuhaye, yampaye, arampa, ntabwo bavuze kumpereza, cyeretse ari nk’ibyo mu kiliziya nyine.”

Atanga urugero rw’ahakoreshwa iyi nshinga ‘Guha’ yavuze ko umuntu aha undi Inka, aho kuvuga ngo ‘ahereza Inka’. Ati “Bavuga namuhaye inka, yampaye Inka, ntabwo wavuga ngo namuhereje Inka, cyangwa ngo namuhereje Inka.”

Inshinga ‘Kurangiza’ na yo abantu birinze kuyivuga muri iki gihe, bagakoresha ‘Gusoza’, kandi zisobanura ibintu bibiri bitandukanye, avuga ko ntacyo bitwaye gukoresha iyi nshinga ‘kurangiza’ aho ari ngombwa, no gukoresha ‘Gusoza’ aho ari ngombwa.

Ati “Iyo utavuze ururimi neza, icyo umuntu yasomye, abazi ikinyarwanda kiba gitandukanye n’icyo umuntu yashakaga kuvuga, kuko unyandikiye wagombaga kuvuga ntabwo, ukandika nabwo, kandi biratandukanye, ntabwo mba numva icyo washakaga kuvuga.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi na byo biri muri wa murage uri muri iyi nsanganyamatsiko y’iri huriro ry’urubyiruko [“Sustaining the Legacy/Dukomere ku murage wacu” ], no kubumbatira umuco Nyarwanda, bityo ko uru rubyiruko rugomba kurerwa runatozwa ibiboneye birimo n’uru rurimi rw’Igihugu cyabibarutse.

Yavuze ko ahanini biterwa n’amateka y’u Rwanda yatumye bamwe badakurira mu Gihugu cyabo, bamwe bagakurira muri Uganda, mu Burundi no mu bindi Bihugu byo mu karere, ariko ko ntacyabuza abantu kwiyambura uko kuvanga indimi no gukoresha nabi Ikinyarwanda, ahubwo bagakomeza kwitoza Ururimi rwabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri aganira n’urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + seventeen =

Previous Post

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Next Post

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n'inyamaswa ziribamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.