Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba urubyiruko gukoresha neza Ikinyarwanda, agendeye kuri amwe mu makosa rukora mu mivugire n’imyandikire, nk’aho gukoresha ‘Ntabwo’, basigaye bakoresha ‘Nabwo’.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024 ubwo yaganiraga n’urubyiruko 7 500 ruri mu bagize umuryango w’urubyiruko rw’abakorerabushake bizihizaga isabukuru y’imyaka 10 uyu muryango umaze utangiye.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yatangiye acyebura urubyiruko ku Kinyarwanda rukoresha muri iki gihe, by’umwihariko mu myandikire, atanga urugero rw’Ijambo ry’impakanyi ‘Ntabwo’ ariko bamwe basigaye bandika ‘nabwo’, ati “bivuze iki? Ahubwo icyo kiba ari ukuvuga ngo na bwo, bivuze ngo byiyongereyeho, ni ntabwo: n-t-a-b-w-o.”

Kimwe n’ijambo ‘Guhereza’ risigaye ryifashishwa n’urubyiruko, bashaka kuvuga ‘Guha‘ Ati “ni ibyo mu kiliziya, ni ‘namuhaye, yampaye, arampa, ntabwo bavuze kumpereza, cyeretse ari nk’ibyo mu kiliziya nyine.”

Atanga urugero rw’ahakoreshwa iyi nshinga ‘Guha’ yavuze ko umuntu aha undi Inka, aho kuvuga ngo ‘ahereza Inka’. Ati “Bavuga namuhaye inka, yampaye Inka, ntabwo wavuga ngo namuhereje Inka, cyangwa ngo namuhereje Inka.”

Inshinga ‘Kurangiza’ na yo abantu birinze kuyivuga muri iki gihe, bagakoresha ‘Gusoza’, kandi zisobanura ibintu bibiri bitandukanye, avuga ko ntacyo bitwaye gukoresha iyi nshinga ‘kurangiza’ aho ari ngombwa, no gukoresha ‘Gusoza’ aho ari ngombwa.

Ati “Iyo utavuze ururimi neza, icyo umuntu yasomye, abazi ikinyarwanda kiba gitandukanye n’icyo umuntu yashakaga kuvuga, kuko unyandikiye wagombaga kuvuga ntabwo, ukandika nabwo, kandi biratandukanye, ntabwo mba numva icyo washakaga kuvuga.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi na byo biri muri wa murage uri muri iyi nsanganyamatsiko y’iri huriro ry’urubyiruko [“Sustaining the Legacy/Dukomere ku murage wacu” ], no kubumbatira umuco Nyarwanda, bityo ko uru rubyiruko rugomba kurerwa runatozwa ibiboneye birimo n’uru rurimi rw’Igihugu cyabibarutse.

Yavuze ko ahanini biterwa n’amateka y’u Rwanda yatumye bamwe badakurira mu Gihugu cyabo, bamwe bagakurira muri Uganda, mu Burundi no mu bindi Bihugu byo mu karere, ariko ko ntacyabuza abantu kwiyambura uko kuvanga indimi no gukoresha nabi Ikinyarwanda, ahubwo bagakomeza kwitoza Ururimi rwabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri aganira n’urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Next Post

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n'inyamaswa ziribamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.