Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba urubyiruko gukoresha neza Ikinyarwanda, agendeye kuri amwe mu makosa rukora mu mivugire n’imyandikire, nk’aho gukoresha ‘Ntabwo’, basigaye bakoresha ‘Nabwo’.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024 ubwo yaganiraga n’urubyiruko 7 500 ruri mu bagize umuryango w’urubyiruko rw’abakorerabushake bizihizaga isabukuru y’imyaka 10 uyu muryango umaze utangiye.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda yatangiye acyebura urubyiruko ku Kinyarwanda rukoresha muri iki gihe, by’umwihariko mu myandikire, atanga urugero rw’Ijambo ry’impakanyi ‘Ntabwo’ ariko bamwe basigaye bandika ‘nabwo’, ati “bivuze iki? Ahubwo icyo kiba ari ukuvuga ngo na bwo, bivuze ngo byiyongereyeho, ni ntabwo: n-t-a-b-w-o.”

Kimwe n’ijambo ‘Guhereza’ risigaye ryifashishwa n’urubyiruko, bashaka kuvuga ‘Guha‘ Ati “ni ibyo mu kiliziya, ni ‘namuhaye, yampaye, arampa, ntabwo bavuze kumpereza, cyeretse ari nk’ibyo mu kiliziya nyine.”

Atanga urugero rw’ahakoreshwa iyi nshinga ‘Guha’ yavuze ko umuntu aha undi Inka, aho kuvuga ngo ‘ahereza Inka’. Ati “Bavuga namuhaye inka, yampaye Inka, ntabwo wavuga ngo namuhereje Inka, cyangwa ngo namuhereje Inka.”

Inshinga ‘Kurangiza’ na yo abantu birinze kuyivuga muri iki gihe, bagakoresha ‘Gusoza’, kandi zisobanura ibintu bibiri bitandukanye, avuga ko ntacyo bitwaye gukoresha iyi nshinga ‘kurangiza’ aho ari ngombwa, no gukoresha ‘Gusoza’ aho ari ngombwa.

Ati “Iyo utavuze ururimi neza, icyo umuntu yasomye, abazi ikinyarwanda kiba gitandukanye n’icyo umuntu yashakaga kuvuga, kuko unyandikiye wagombaga kuvuga ntabwo, ukandika nabwo, kandi biratandukanye, ntabwo mba numva icyo washakaga kuvuga.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi na byo biri muri wa murage uri muri iyi nsanganyamatsiko y’iri huriro ry’urubyiruko [“Sustaining the Legacy/Dukomere ku murage wacu” ], no kubumbatira umuco Nyarwanda, bityo ko uru rubyiruko rugomba kurerwa runatozwa ibiboneye birimo n’uru rurimi rw’Igihugu cyabibarutse.

Yavuze ko ahanini biterwa n’amateka y’u Rwanda yatumye bamwe badakurira mu Gihugu cyabo, bamwe bagakurira muri Uganda, mu Burundi no mu bindi Bihugu byo mu karere, ariko ko ntacyabuza abantu kwiyambura uko kuvanga indimi no gukoresha nabi Ikinyarwanda, ahubwo bagakomeza kwitoza Ururimi rwabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri aganira n’urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 14 =

Previous Post

Perezida Kagame yasangije urubyiruko uko ibitekerezo bye byari bimeze ku myaka 15 byarubera isomo

Next Post

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n'inyamaswa ziribamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.