• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko ntakuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Evariste Ndayishimiye yabivuze nyuma y’ibiganiro byamuhuje na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na João Lourenço wa Angola, kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.

Ni ibiganiro byabaye nyuma y’ibyo ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza, byahuje abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ariko ntibyitabirwe na Perezida Felix Tshisekedi nyamara byarigaga ku bibazo byugarije Igihugu cye.

Nyuma y’ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Kane, Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko amahoro mu karere ari nyambere, bityo ko akwiye kuboneka uko byagenda kose.

Ati “Nta kuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko we na bagenzi be; muri ibi biganiro byabahuje kuri uyu wa Kane bamenyesheje Perezida Felix Tshisekedi imyanzuro yafatiwe mu biganiro byari byabanje byahuje abakuru b’Ibihugu bya EAC we ntabyitabire. Ati “Kandi twizeye ko M23 itangira gushyira intwaro hasi.”

Ibi biganiro byombi byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye inama ihuza uyu Mugabane na Leta Zunze Ubumwe za America, byaje bikurikira ibyabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, byafatiwemo imyanzuro ikarishye isaba M23 gusubira mu birindiro byayo, ndetse hatangwa n’igihe igomba kuba yatangiye kubishyira mu bikorwa.

Iyi nama y’i Luanda bamwe bavuga ko yatanze umusaruro kuko umutwe wa M23 igihe wari wahawe wakoze igisa no gutangira kubahiriza ibyo wasabwe kuko mbere yuko amasaha yari yahawe agera, washyize hanze itangazo rivuga ko wemeye guhagarika imirwano.

Uyu mutwe kandi nyuma y’iminsi micye wanashyize hanze irindi tangazo rivuga ko wemeye gutangira kuva mu bice wafashe, ariko ugaragaza ibyo wifuza bikwiye kubahirizwa mbere yo kugira ngo abarwanyi b’uyu mutwe bashyire mu bikorwa iki cyemezo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkusi says:
    3 years ago

    Kuki bashaka ko hashyirwa intwaro hasi kdi batitaye kucyatumye bafata intwaro,bacahejuru icyo bagahereyeho.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twelve =

Previous Post

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Next Post

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.