Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko ntakuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Evariste Ndayishimiye yabivuze nyuma y’ibiganiro byamuhuje na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na João Lourenço wa Angola, kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.

Ni ibiganiro byabaye nyuma y’ibyo ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza, byahuje abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ariko ntibyitabirwe na Perezida Felix Tshisekedi nyamara byarigaga ku bibazo byugarije Igihugu cye.

Nyuma y’ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Kane, Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko amahoro mu karere ari nyambere, bityo ko akwiye kuboneka uko byagenda kose.

Ati “Nta kuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko we na bagenzi be; muri ibi biganiro byabahuje kuri uyu wa Kane bamenyesheje Perezida Felix Tshisekedi imyanzuro yafatiwe mu biganiro byari byabanje byahuje abakuru b’Ibihugu bya EAC we ntabyitabire. Ati “Kandi twizeye ko M23 itangira gushyira intwaro hasi.”

Ibi biganiro byombi byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye inama ihuza uyu Mugabane na Leta Zunze Ubumwe za America, byaje bikurikira ibyabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, byafatiwemo imyanzuro ikarishye isaba M23 gusubira mu birindiro byayo, ndetse hatangwa n’igihe igomba kuba yatangiye kubishyira mu bikorwa.

Iyi nama y’i Luanda bamwe bavuga ko yatanze umusaruro kuko umutwe wa M23 igihe wari wahawe wakoze igisa no gutangira kubahiriza ibyo wasabwe kuko mbere yuko amasaha yari yahawe agera, washyize hanze itangazo rivuga ko wemeye guhagarika imirwano.

Uyu mutwe kandi nyuma y’iminsi micye wanashyize hanze irindi tangazo rivuga ko wemeye gutangira kuva mu bice wafashe, ariko ugaragaza ibyo wifuza bikwiye kubahirizwa mbere yo kugira ngo abarwanyi b’uyu mutwe bashyire mu bikorwa iki cyemezo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkusi says:
    3 years ago

    Kuki bashaka ko hashyirwa intwaro hasi kdi batitaye kucyatumye bafata intwaro,bacahejuru icyo bagahereyeho.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − nine =

Previous Post

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Next Post

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.