Saturday, April 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akaba n’umuyobozi w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko ntakuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Evariste Ndayishimiye yabivuze nyuma y’ibiganiro byamuhuje na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na João Lourenço wa Angola, kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.

Ni ibiganiro byabaye nyuma y’ibyo ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza, byahuje abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ariko ntibyitabirwe na Perezida Felix Tshisekedi nyamara byarigaga ku bibazo byugarije Igihugu cye.

Nyuma y’ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Kane, Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko amahoro mu karere ari nyambere, bityo ko akwiye kuboneka uko byagenda kose.

Ati “Nta kuruhuka mu gihe cyose amahoro arambye ataraboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko we na bagenzi be; muri ibi biganiro byabahuje kuri uyu wa Kane bamenyesheje Perezida Felix Tshisekedi imyanzuro yafatiwe mu biganiro byari byabanje byahuje abakuru b’Ibihugu bya EAC we ntabyitabire. Ati “Kandi twizeye ko M23 itangira gushyira intwaro hasi.”

Ibi biganiro byombi byabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye inama ihuza uyu Mugabane na Leta Zunze Ubumwe za America, byaje bikurikira ibyabereye i Luanda muri Angola tariki 23 Ugushyingo 2022, byafatiwemo imyanzuro ikarishye isaba M23 gusubira mu birindiro byayo, ndetse hatangwa n’igihe igomba kuba yatangiye kubishyira mu bikorwa.

Iyi nama y’i Luanda bamwe bavuga ko yatanze umusaruro kuko umutwe wa M23 igihe wari wahawe wakoze igisa no gutangira kubahiriza ibyo wasabwe kuko mbere yuko amasaha yari yahawe agera, washyize hanze itangazo rivuga ko wemeye guhagarika imirwano.

Uyu mutwe kandi nyuma y’iminsi micye wanashyize hanze irindi tangazo rivuga ko wemeye gutangira kuva mu bice wafashe, ariko ugaragaza ibyo wifuza bikwiye kubahirizwa mbere yo kugira ngo abarwanyi b’uyu mutwe bashyire mu bikorwa iki cyemezo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkusi says:
    3 years ago

    Kuki bashaka ko hashyirwa intwaro hasi kdi batitaye kucyatumye bafata intwaro,bacahejuru icyo bagahereyeho.

    Reply

Leave a Reply to Nkusi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 6 =

Previous Post

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

Next Post

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Related Posts

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

by radiotv10
17/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yatangaje ko inzira ya Hormuz yafunguwe nyuma y’amasezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho muri...

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasirikare benshi b'u Burundi bagaragaye mu gace ka Bibokoboko muri Segiteri ya Mutambala muri Teritwari ya Fizi mu Ntara Kivu...

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yatangaje ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wasanzwe mu modoka...

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Évariste NDAYISHIMIYE w’u Burundi, yerecyeje muri Congo-Brazzaville mu muhango w’irahira rya Denis Sassou N'Guesso, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame...

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

by radiotv10
16/04/2026
0

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu...

IZIHERUKA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
MU RWANDA

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Havuzwe ibihano bishobora guhabwa Abanyarwanda bafatanywe amahembe y’inzovu ya 500.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Important things to use a bank loan for and get good returns

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.