Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe n’itsinda ririmo rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo, yamubwiye uburyo umuhungu we muto ari umufana we ukomeye.

Byabaye mu ijoro ryacyeye ubwo Donald Trump yakiraga ku meza muri White House Igikomangoma cya Saudi Arabia n’itsinda ry’abo bari kumwe.

Cristiano Ronaldo yahuye n’umuhungu wa Trump, Barron Trump mbere yo kumushimira muri iki gikorwa cyo kubakira ku meza mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri.

Donald Trump yateguye igikorwa cyo kwakira Igikomangoma cya Saudi Arabia, Mohammed bin Salman, i Washington DC, aho yari kumwe n’itsinda ririmo abaherwe.

Ronaldo, ukina muri Saudi Pro League, ari mu itsinda ry’abari kumwe na, Mohammed bin Salman, aho yari kumwe n’umukunzi we, Georgina Rodriguez.

Uyu mugabo w’imyaka 40 wari wambaye isuti y’umukara, yari yicaranye n’abandi banyacyubahiro barimo Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, JD Vance ndetse n’umuherwe Elon Musk.

Byari ubwa mbere uyu mukinnyi w’umupira w’amaguru agaragara ku butaka bwa Amerika kuva yashinjwa gufata ku ngufu n’umwarimu w’Umunyamerika mu 2017.

Trump yagarutse kuri Ronaldo mu ijambo rye, agaragaza ko uyu mukinnyi wo muri Portugal yari asanzwe amuzi cyane kuko yakundaga kuvugwa n’umuhungu we, umufana bidasanzwe.

Trump yagize ati “Iki cyumba cyuzuyemo abayobozi bakomeye ku isi, abo mu bucuruzi, muri siporo …’. ‘Umwana wanjye ni umufana ukomeye wa Ronaldo… Barron yahuye na we kandi ndatekereza ko yubaha se cyane ubu. Rero ndagira ngo mbashimire mwese kuba muri hano.”

Barron Trump yigeze kumara igihe mu ikipe y’ingimbi ya MLS DC United, nk’uko amakuru abivuga. Hari amashusho agaragaza uyu musore w’imyaka 19 mu mupira w’amaguru, yasakaye mu kwezi k’Ukuboza 2024, akaba ndetse yarigeze gutumirwa n’umukinnyi w’icyamamare w’Umwongereza Wayne Rooney.

Trump yavuze ko umuhungu we afana cyane Cristiano Ronaldo
Umuhungu we Barron Trump yabonanye na rurangiranwa
Cristiano Ronaldo yari mu banyacyubahiro bitabiriye uyu musangiro

Igikomangoma cya Saudi Arabia

N’umuherwe Elon Musk yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eleven =

Previous Post

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Next Post

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.