Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ko yakozwe ku mutima no kumva itsinda ry’abaririmbyi bo mu Rwanda, ririmba indirimbo zo mu Gihugu cye, no kubona Inyubako ya Kigali Convention Center irimbishwa amabara ya Madagascar.

Perezida Andry Rajoelina wageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kanama 2023, bwacyeye yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Village Urugwiro, mu cyubahiro cy’umukuru w’Igihugu.

Kuri uwo munsi wo ku wa Mbere tariki Indwi Kanama, ku mugoroba, Perezida Paul Kagame kandi yakiriye ku meza Andry Rajoelina, mu musangiro warimo n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ni umusangiro kandi wagaragayemo ibirori byo gususurutsa abari bawitabiriye, aharirimbwe indirimbo zinyuranye zo kunezeza aba banyacyubahiro.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Perezida Andry Rajoelina yagaragaje ko yishimiye kumva abaririmbyi bo mu Rwanda baririmba indirimbo zo mu rurimi rw’Igihugu cye.

Lors du dîner d'État offert hier soir par le Président @PaulKagame, j'ai été particulièrement touché par le geste du groupe musical chantant des chansons #malagasy et par le Dôme du Kigali Convention center qui a arboré nos couleurs.

Vive l’amitié entre #Madagascar et #Rwanda ! pic.twitter.com/RG6KIlPWd1

— Andry Rajoelina (@SE_Rajoelina) August 9, 2023

Yagize ati “Mu musangiro wabaye ejo hashize ubwo nakirwaga na Perezida Paul Kagame, by’umwihariko nakozwe ku mutima n’ikimenyetso cyakozwe n’itsinda ry’abairirimbyi baririmbye indirimbo z’Abanya-Madagascar ndetse no kuba Inyubako ya Kigali Convention Center yari yahawe amabara y’Igihugu cyacu.”

Mu butumwa bwe, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yasoje agira ati “Harakabaho ubucuti hagati ya Madagascar n’u Rwanda.”

Muri uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye gusaba ko Umugabane wa Afurika ukwiye gushyira hamwe, aboneraho kunenga bamwe mu bayobozi bo kuri uyu Mugabane bakomeje kugendera ku mabwiriza bahabwa n’Ibihugu by’abanyamahanga.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ibi ari byo ntandaro y’imvururu zikomeje kugaragara muri bimwe mu Bihugu by’Umugabane wa Afurika, zikomeje kugira ingaruka ku baturage b’Ibihugu byabo ndetse n’ibyo mu bituranyi.

Perezida Kagame ubwo yakiraga mugenzi we ku meza

Itsinda ry’abaririmbyi ryaririmbye indirimbo zirimo n’iz’Abanya-Madagascar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − ten =

Previous Post

Inkuru ibabaje y’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga yateye urujijo mu baturanyi

Next Post

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.