Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ko yakozwe ku mutima no kumva itsinda ry’abaririmbyi bo mu Rwanda, ririmba indirimbo zo mu Gihugu cye, no kubona Inyubako ya Kigali Convention Center irimbishwa amabara ya Madagascar.

Perezida Andry Rajoelina wageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kanama 2023, bwacyeye yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Village Urugwiro, mu cyubahiro cy’umukuru w’Igihugu.

Kuri uwo munsi wo ku wa Mbere tariki Indwi Kanama, ku mugoroba, Perezida Paul Kagame kandi yakiriye ku meza Andry Rajoelina, mu musangiro warimo n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ni umusangiro kandi wagaragayemo ibirori byo gususurutsa abari bawitabiriye, aharirimbwe indirimbo zinyuranye zo kunezeza aba banyacyubahiro.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Perezida Andry Rajoelina yagaragaje ko yishimiye kumva abaririmbyi bo mu Rwanda baririmba indirimbo zo mu rurimi rw’Igihugu cye.

Lors du dîner d'État offert hier soir par le Président @PaulKagame, j'ai été particulièrement touché par le geste du groupe musical chantant des chansons #malagasy et par le Dôme du Kigali Convention center qui a arboré nos couleurs.

Vive l’amitié entre #Madagascar et #Rwanda ! pic.twitter.com/RG6KIlPWd1

— Andry Rajoelina (@SE_Rajoelina) August 9, 2023

Yagize ati “Mu musangiro wabaye ejo hashize ubwo nakirwaga na Perezida Paul Kagame, by’umwihariko nakozwe ku mutima n’ikimenyetso cyakozwe n’itsinda ry’abairirimbyi baririmbye indirimbo z’Abanya-Madagascar ndetse no kuba Inyubako ya Kigali Convention Center yari yahawe amabara y’Igihugu cyacu.”

Mu butumwa bwe, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yasoje agira ati “Harakabaho ubucuti hagati ya Madagascar n’u Rwanda.”

Muri uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye gusaba ko Umugabane wa Afurika ukwiye gushyira hamwe, aboneraho kunenga bamwe mu bayobozi bo kuri uyu Mugabane bakomeje kugendera ku mabwiriza bahabwa n’Ibihugu by’abanyamahanga.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ibi ari byo ntandaro y’imvururu zikomeje kugaragara muri bimwe mu Bihugu by’Umugabane wa Afurika, zikomeje kugira ingaruka ku baturage b’Ibihugu byabo ndetse n’ibyo mu bituranyi.

Perezida Kagame ubwo yakiraga mugenzi we ku meza

Itsinda ry’abaririmbyi ryaririmbye indirimbo zirimo n’iz’Abanya-Madagascar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Inkuru ibabaje y’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga yateye urujijo mu baturanyi

Next Post

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.