Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ko yakozwe ku mutima no kumva itsinda ry’abaririmbyi bo mu Rwanda, ririmba indirimbo zo mu Gihugu cye, no kubona Inyubako ya Kigali Convention Center irimbishwa amabara ya Madagascar.

Perezida Andry Rajoelina wageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kanama 2023, bwacyeye yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Village Urugwiro, mu cyubahiro cy’umukuru w’Igihugu.

Kuri uwo munsi wo ku wa Mbere tariki Indwi Kanama, ku mugoroba, Perezida Paul Kagame kandi yakiriye ku meza Andry Rajoelina, mu musangiro warimo n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ni umusangiro kandi wagaragayemo ibirori byo gususurutsa abari bawitabiriye, aharirimbwe indirimbo zinyuranye zo kunezeza aba banyacyubahiro.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Perezida Andry Rajoelina yagaragaje ko yishimiye kumva abaririmbyi bo mu Rwanda baririmba indirimbo zo mu rurimi rw’Igihugu cye.

Lors du dîner d'État offert hier soir par le Président @PaulKagame, j'ai été particulièrement touché par le geste du groupe musical chantant des chansons #malagasy et par le Dôme du Kigali Convention center qui a arboré nos couleurs.

Vive l’amitié entre #Madagascar et #Rwanda ! pic.twitter.com/RG6KIlPWd1

— Andry Rajoelina (@SE_Rajoelina) August 9, 2023

Yagize ati “Mu musangiro wabaye ejo hashize ubwo nakirwaga na Perezida Paul Kagame, by’umwihariko nakozwe ku mutima n’ikimenyetso cyakozwe n’itsinda ry’abairirimbyi baririmbye indirimbo z’Abanya-Madagascar ndetse no kuba Inyubako ya Kigali Convention Center yari yahawe amabara y’Igihugu cyacu.”

Mu butumwa bwe, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yasoje agira ati “Harakabaho ubucuti hagati ya Madagascar n’u Rwanda.”

Muri uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye gusaba ko Umugabane wa Afurika ukwiye gushyira hamwe, aboneraho kunenga bamwe mu bayobozi bo kuri uyu Mugabane bakomeje kugendera ku mabwiriza bahabwa n’Ibihugu by’abanyamahanga.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko ibi ari byo ntandaro y’imvururu zikomeje kugaragara muri bimwe mu Bihugu by’Umugabane wa Afurika, zikomeje kugira ingaruka ku baturage b’Ibihugu byabo ndetse n’ibyo mu bituranyi.

Perezida Kagame ubwo yakiraga mugenzi we ku meza

Itsinda ry’abaririmbyi ryaririmbye indirimbo zirimo n’iz’Abanya-Madagascar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − four =

Previous Post

Inkuru ibabaje y’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga yateye urujijo mu baturanyi

Next Post

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Harakekwa abari inyuma y’urupfu rw’uwashakaga kuba Perezida warasiwe mu ruhame (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.