Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina umaze ukwezi kumwe agiriye uruzinduko mu Rwanda, yeguye nyuma y’iminsi ine atangaje ko azahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 09 Ugushyingo (11) 2023.

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri iki Gihugu cya Madagascar, rwatangaje ko rwakiriye ibaruwa ikubiyemo ubwegure bwa Perezida Rajoelina ku wa Gatandatu w’icyumweru dusoje, avuga ko yeguye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ku bw’impamvu ze bwite.

Mbere y’uko Rajoelina atanga ibaruwa y’ubwegure bwe, ku wa Gatandatu, Urukiko Rukuru rwari rwanasohoye urutonde rw’abakandida 13 bemerewe kuzahatana muri aya matora y’Umukuru w’Igihugu, rwari ruriho Perezida Rajoelina.

Urwo rutonde kandi rwariho n’abandi bakandida barimo na Marc Ravalomanana w’imyaka 73 y’amavuko wabaye Perezida w’iki Gihugu kuva muri 2002 kugeza muri 2009, Hery Rajaonarimampianina w’imyaka 64 wabaye Perezida kuva mu mwaka wa 2014 kugeza muri 2018 ubwo yeguraga kuri uwo mwanya.

Kugeza ubu ntayindi mpamvu iratangazwa ko yatumye Perezida Rajoelina yegura ikubagahu.

Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu riteganya ko Perezida wa Sena ari we uhita uhabwa kuyobora Igihugu, iyo Perezida yeguye.

Gusa urukiko rwatangaje ko ukuriye Sena ya Madagascar, Herimanana Razafimahefa, yanze iyo mirimo.

Kugeza ubu igihugu kiyobowe na Minisitiri w’intebe Christian Louis Ntsay wagizwe minisitiri w’intebe mu mwaka w’2018.

Rajoelina kandi yeguye, nyuma y’ukwezi kumwe agiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, yasoje tariki 08 z’ukwezi gushize kwa Kanama 2023, aho yasubiye mu Gihugu cye, abanje gukora ibikorwa binyuranye mu Rwanda birimo no gusura icyanya cy’Inganda cy’i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 11 =

Previous Post

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Next Post

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Related Posts

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.