Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Madagascar umaze ukwezi avuye mu Rwanda yeguye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina umaze ukwezi kumwe agiriye uruzinduko mu Rwanda, yeguye nyuma y’iminsi ine atangaje ko azahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 09 Ugushyingo (11) 2023.

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri iki Gihugu cya Madagascar, rwatangaje ko rwakiriye ibaruwa ikubiyemo ubwegure bwa Perezida Rajoelina ku wa Gatandatu w’icyumweru dusoje, avuga ko yeguye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ku bw’impamvu ze bwite.

Mbere y’uko Rajoelina atanga ibaruwa y’ubwegure bwe, ku wa Gatandatu, Urukiko Rukuru rwari rwanasohoye urutonde rw’abakandida 13 bemerewe kuzahatana muri aya matora y’Umukuru w’Igihugu, rwari ruriho Perezida Rajoelina.

Urwo rutonde kandi rwariho n’abandi bakandida barimo na Marc Ravalomanana w’imyaka 73 y’amavuko wabaye Perezida w’iki Gihugu kuva muri 2002 kugeza muri 2009, Hery Rajaonarimampianina w’imyaka 64 wabaye Perezida kuva mu mwaka wa 2014 kugeza muri 2018 ubwo yeguraga kuri uwo mwanya.

Kugeza ubu ntayindi mpamvu iratangazwa ko yatumye Perezida Rajoelina yegura ikubagahu.

Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu riteganya ko Perezida wa Sena ari we uhita uhabwa kuyobora Igihugu, iyo Perezida yeguye.

Gusa urukiko rwatangaje ko ukuriye Sena ya Madagascar, Herimanana Razafimahefa, yanze iyo mirimo.

Kugeza ubu igihugu kiyobowe na Minisitiri w’intebe Christian Louis Ntsay wagizwe minisitiri w’intebe mu mwaka w’2018.

Rajoelina kandi yeguye, nyuma y’ukwezi kumwe agiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, yasoje tariki 08 z’ukwezi gushize kwa Kanama 2023, aho yasubiye mu Gihugu cye, abanje gukora ibikorwa binyuranye mu Rwanda birimo no gusura icyanya cy’Inganda cy’i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ibyaranze Umusenateri w’u Rwanda watabarutse byagarutsweho mu muhango warimo abakomeye

Next Post

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye
BASKETBALL

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Djabel Manishimiwe watangiye umwaka w’imikino avugwaho byinshi ubu ari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.