• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yasheshe Inteko Ishinga amategeko nyuma yuko hari hateganyijwe amatora y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, agamije kumukura ku butegetsi, nyuma yo guhunga Igihugu kubera ibibazo bya politiki bikomeje gukaza umurego muri iki Gihugu.

Iki gikorwa cyo gusesa Inteko Ishinga amategeko cyakozwe na Andry Rajoelina kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira, cyahise cyongerera ubukana mu makimbirane ari hagati ya Perezida, urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo, n’ingabo avuga ko zatumye ahunga Igihugu.

Ejo kuwa Mbere, ni bwo hatangajwe ko Perezida Rajoarina yahunze Igihugu nyuma yuko ku mugoroba wo ku Cyumweru, umutwe umwe w’ingabo Uzwi Nka CAPSAT wari wifatanyije n’urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo mu murwa mukuru, Antananarivo.

Uyu mutwe w’igisirikare ni nawo mutwe w’ingabo wagize uruhare rukomeye mu myigaragambyo yakuye ku utegetsi Uwari Perezida Marc Ravalomanana, ugafasha Rajoelina kugera ku butegetsi muri 2009.

Kuri ubu uyu mutwe w’ingabo kandi ni na wo ubu uri gutanga amabwiriza ku gisirikare cyose cy’iki Gihugu, haba icyo ku Butaka, mu Kirere, mo mu Mazi.

Mu ijambo yajeje ku baturage ku wa Mbere, yavugiye ahantu hatatangajwe, Perezida Rajoelina yavuze ko yagombaga guhunga Igihugu kubera impungenge z’ubuzima bwe nyuma y’igerageza ryo kumwica, nyuma y’ibyumweru by’imigaragambyo imusaba kuva ku butegetsi

Muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko, yatangiriye ku kugaragaza akababaro ku kibazo cy’ibura ry’amazi n’amashanyarazi. Nyuma y’igihe gito, iyi myigaragambyo yafashe indi ntera, aho abigaragambya batangiye kwamagana ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina, bashinja guhutaza ubukungu bw’igihugu. Abigaragambya barinubira cyane ibura ry’akazi, ruswa, n’ikiguzi cy’ubuzima gikomeje gutumbagira muri iki gihugu cy’ikirwa giherereye mu Nyanja y’Abahinde.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    8 months ago

    Nonese ubwo yatsinze icyumutwe gute Kandi yahunze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Next Post

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w'umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.