Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yasheshe Inteko Ishinga amategeko nyuma yuko hari hateganyijwe amatora y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, agamije kumukura ku butegetsi, nyuma yo guhunga Igihugu kubera ibibazo bya politiki bikomeje gukaza umurego muri iki Gihugu.

Iki gikorwa cyo gusesa Inteko Ishinga amategeko cyakozwe na Andry Rajoelina kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira, cyahise cyongerera ubukana mu makimbirane ari hagati ya Perezida, urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo, n’ingabo avuga ko zatumye ahunga Igihugu.

Ejo kuwa Mbere, ni bwo hatangajwe ko Perezida Rajoarina yahunze Igihugu nyuma yuko ku mugoroba wo ku Cyumweru, umutwe umwe w’ingabo Uzwi Nka CAPSAT wari wifatanyije n’urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo mu murwa mukuru, Antananarivo.

Uyu mutwe w’igisirikare ni nawo mutwe w’ingabo wagize uruhare rukomeye mu myigaragambyo yakuye ku utegetsi Uwari Perezida Marc Ravalomanana, ugafasha Rajoelina kugera ku butegetsi muri 2009.

Kuri ubu uyu mutwe w’ingabo kandi ni na wo ubu uri gutanga amabwiriza ku gisirikare cyose cy’iki Gihugu, haba icyo ku Butaka, mu Kirere, mo mu Mazi.

Mu ijambo yajeje ku baturage ku wa Mbere, yavugiye ahantu hatatangajwe, Perezida Rajoelina yavuze ko yagombaga guhunga Igihugu kubera impungenge z’ubuzima bwe nyuma y’igerageza ryo kumwica, nyuma y’ibyumweru by’imigaragambyo imusaba kuva ku butegetsi

Muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko, yatangiriye ku kugaragaza akababaro ku kibazo cy’ibura ry’amazi n’amashanyarazi. Nyuma y’igihe gito, iyi myigaragambyo yafashe indi ntera, aho abigaragambya batangiye kwamagana ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina, bashinja guhutaza ubukungu bw’igihugu. Abigaragambya barinubira cyane ibura ry’akazi, ruswa, n’ikiguzi cy’ubuzima gikomeje gutumbagira muri iki gihugu cy’ikirwa giherereye mu Nyanja y’Abahinde.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    2 months ago

    Nonese ubwo yatsinze icyumutwe gute Kandi yahunze.

    Reply

Leave a Reply to Damascene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 7 =

Previous Post

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Next Post

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w'umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.