Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’igihangange ku Isi yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’igihangange ku Isi yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwashyizeho impapuro zo guta muri yombi, Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, kubera ibyaha by’intambara akurikiranyweho.

Uru rukiko rwa ICC rufite icyicaro i La Haye, rwashyize hanze impapuro zita muri yombi Putin kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2023.

Impapuro zo gufata Putin, zivuga ko akekwaho ibyaha birimo gukura abana mu buryo butemewe muri Ukraine mu bice bigenzurwa n’u Burusiya.

Ikirego cyo gufata Putin, kigira kiti “Hari ibihamya ko yagize uruhare agomba kubazwa ku giti cye akekwaho kugira uruhare nka gatozi.”

Uru rukiko rwa ICC kandi rwashyize hanze impapuro zo guta muri yombi umuyobozi wa komisiyo ishinzwe uburenganzira bw’abana mu Biro bya Perezida w’u Burusiya, Maria Alekseyevna Lvova-Belova na we ukekwaho ibyaha nk’ibikekwa kuri Putin.

Ubusanzwe iyo uru rukiko rushyizeho impapuro zo guta muri yombi Umukuru w’Igihugu nk’uku, aba ashobora gufatwa mu gihe avuye ku butegetsi, ubutegetsi bw’Igihugu cye bukamutanga.

Nanone iyo agiye hanze mu kindi Gihugu, kiba gishobora gukorana na Polisi Mpuzamahanga (Interpol) ikamuta muri yombi kugira ngo ashyikirizwe uru rukiko rwa ICC.

 

Gufata Putin birashoboka?

Umunyamategeko Dr. Evode Kayitana wigisha amategeko mpuzamahanga muri kaminuza y’u Rwanda, muri Werurwe umwaka ushize 2022, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yari yavuze ko Putin ashobora kuzashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi.

Uyu munyamategeko wagarukaga ku ntambara u Burusiya bwashoje muri Ukraine, yagaragaraza ko muri iyi ntambara hari hamaze gukorwa ibyaha birimo kuvogera ikindi Gihugu [ibizwi nka Agression].

Dr. Evode Kayitana yavugaga kandi ko hamaze gukorwa icyaha cy’intambara [War crime] kigizwe n’ibikorwa byo kurasa inzu, kwica abaturage muri Ukraine byakozwe n’Igisirikare cy’u Burusiya muri Ukraine.

Yari yanavuze kandi ko biriya bikorwa bishobora kuzavamo n’ibyaha byibasira inyokomuntu “ariko kugeza ubu ibyaha by’intambara byo byarakozwe byararangiye.”

Dr. Evode Kayitana yavugaga ko nubwo bigoye ariko bishoboka ko Putin n’abo bafatanyije mu buyobozi bwe bashobora kuzisanga i La Haye muri ICC.

Icyo gihe yagize ati “Gushoboka birashoboka ntakintu kidashoboka ku Isi, gusa bisaba ko Putin ava ku butegetsi, yamara kubuvaho akurikiranwe kandi abazamusimbura bashobora kumutanga cyangwa agashiduka yagiye gutembera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 5 =

Previous Post

Nta cyumweru kirashira akoze ubukwe Umuraperi nyarwanda yahise akora igitaramo

Next Post

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style
IMYIDAGADURO

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

by radiotv10
18/11/2025
0

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

Umudepite muri Congo yagaragaje ingingo itunguranye bifuza ko Igihugu cyabo gishyira mu bikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.