• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in Uncategorized
0
Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

French President Emmanuel Macron looks at the images of genocide victims on display during his visit to the Kigali Genocide Memorial, where some 250,000 victims of the massacres are buried, in Kigali on May 27, 2021. - French President Emmanuel Macron arrived in Rwanda on May 27, 2021, for a highly symbolic visit aimed at moving on from three decades of diplomatic tensions over France's role in the 1994 genocide in the country. Macron is the first French leader since 2010 to visit the East African nation, which has long accused France of complicity in the killing of some 800,000 mostly Tutsi Rwandans. (Photo by Ludovic MARIN / AFP)

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko Igihugu cye kimwe n’ibindi byo ku Mugabane w’u Burayi; bashoboraga kugira icyo bakora bagahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ubwo yabaga, ariko ko babiteye umugongo.

Emmanuel Macron utazabasha kwitabira igikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, azatanga ubutumwa buzatambuka ku Cyumweru tariki 07 Mata 2024.

Muri iri jambo rizatambuka ku Cyumweru tariki 07 Mata 2024 ku mbuga nkoranyambaga, Emmanuel Macron azemera ko “u Bufaransa bwashoboraga guhagarika Jenoside bufatanyije n’Ibihugu by’inshuti by’i Burayi ndetse n’ibyo muri Afurika, ariko ntibagize ubushake.”

Emmanuel Macron wakomeje kwemera ko Igihugu ayoboye cy’u Bufaransa cyagize uruhare mu mateka y’ibyabaye mu Rwanda, nubwo atazitabira uyu muhango wo ku ya 07 Mata, azahagararirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Stéphane Séjourné; kuko we azaba ari mu yindi gahunda yo guha icyubahiro abitanze mu ntambara ya kabiri y’Isi yose.

Mu butumwa bwe buzatambuka ku Cyumweru, ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatitsi, Emmanuel Macron hari aho agira agira ati “Umuryango Mpuzamahanga wari ufite ubushobozi bwo kugira icyo ukora ndetse n’u Bufaransa bwashoboraga guhagarika Jenoside bukoranye n’inshuti zabwo z’i Buranyi ndetse n’ibya Afurika, ariko ntibagize ubushake.”

Emmanuel Macron kandi yagendereye u Rwanda muri Gicurasi 2021, aho yanasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250.

Mu ijambo yavugiye ku Rwibutso amaze kurusura no gusobanurirwa amwe mu mateka yagejeje kuri Jenoside yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, Macron yavuze ko Abayirokotse ari bo bafite mu biganza byabo imbabazi baha u Bufaransa.

Perezida Macron kandi yasuye u Rwanda nyuma y’uko itsinda ry’Inzobere mu mateka, yari yahaye inshingano zo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ryari rimaze gushyira hanze Raporo yiswe Duclert yagaragaje uruhare rw’iki Gihugu mu mateka y’ibyabaye mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + five =

Previous Post

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Next Post

Minisitiri yagize icyo atangaza ku bivugwa ku muhanzi Nyarwanda byumvikanamo ubuhemu

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Minisitiri yagize icyo atangaza ku bivugwa ku muhanzi Nyarwanda byumvikanamo ubuhemu

Minisitiri yagize icyo atangaza ku bivugwa ku muhanzi Nyarwanda byumvikanamo ubuhemu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.