Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA
0
Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yamaganye amakuru yo gukubitwa urushyi n’umugore we abigambiriye nyuma y’amashusho yakwirakwiye agaragaza akubitwa urushyi mu isura, avuga ko ibisobanuro byahawe ariya mashusho ntaho bihuriye n’ukuri.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho yafashwe ku Cyumweru agaragaza ubwo Perezida Emmanuel Macron n’umugore we Brigitte Macron bari bageze Vietnam, bataruruka indege, umugore agasa nk’ukubita urushyi umugabo we mu isura.

Ni amashusho yagarutsweho na benshi, bavugaga ko Perezida Emmanuel Macron yakubiswe n’umugore imbere y’abantu, ndetse bikaba byavugwaga ko babanje gusa nk’aho batongana.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, yasabye “abantu bose kwitondera” ibisobanuro biri guhabwa aya mashusho, kuko bihabanye n’ukuri.

Yagize ati “Njye n’umugore wanjye tuba tuganira, kandi twishimye, ariko sinzi impamvu byabaye igikuba, hakaba n’abantu babiha ibindi bisobanuro bitari byo.”

Ibi Perezida Emmanuel Macron yabitangariye itangazamakuru muri Vietnam aho ari mu ruzinduko rw’akazi yagezeyo ku Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025.

Amashusho agaragaza Perezida Macron asa nk’ukubitwa urushyi mu isura, yasisikanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, z’abasanzwe batishimira uyu munyapolitiki.

Macro yagarutse kandi ku mashusho na yo aherutse kuvugwaho ko yari acigatiye agapfunyika k’ikiyobyabwenge cya cocaïne, ariko byose abihakana yivuye inyuma

Ati “Ibyo byose nta na kimwe cy’ukuri kirimo. Gusa ariya mashusho si amahimbano ariko ibisobanuro si byo, rero abantu bakwiye gutuza bakita ku makuru y’ukuri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Next Post

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Related Posts

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye
MU RWANDA

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

10/07/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

10/07/2025
Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.