Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo kuzirikana imyaka itanu ishinze Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi yitabye Imana, Umukuru w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye, yahagarariwemo na Minisitiri w’Intebe, Lt Gen Pol (Rdt) Ndirakobuca Gervais.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 nk’uko bigaragazwa n’amakuru dukesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Burundi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byavuze ko “None tariki 09 Kamena, nyakubahwa Minisitiri w’Intebe Lt-Gén Pol Ndirakobuca Gervais, aherekejwe n’umugore we, mu izina rya Perezida Evariste Ndayishimiye bayoboye Ibirori by’Umunsi wo gukunda Igihugu no kwibuka imyaka itanu y’urupfu rwa Perezida Pierre Nkurunziza byabereye i Gitega.”

Perezida Evariste Ndayishimiye wahagarariwe muri uyu muhango, ari mu Bufaransa, aho yagezeyo kuri iki Cyumweru tariki 08 Kamena 2025, aho yitabiriye Inama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku bijyanye n’inyanja.

Pierre Nkurunziza wayoboye iki Gihugu cy’u Burundi, amaze imyaka itanu yitabye Imana, aho yapfuye tariki 08 Kamena 2020, nk’uko byemejwe na Guverinoma y’iki Gihugu mu itangazo ryagiye hanze tariki 09 Kamena uwo mwaka wa 2020.

Icyo gihe ubwo hatangazwaga urupfu rwa Nkurunziza, Guverinoma y’iki Gihugu yavuze ko yazize indwara yo guhagarara k’umutima, yari ari kuvurirwa mu Bitaro bya Karuzi mu Burundi.

Guverinoma kandi yatangaje ko nyakwigendera Nkurunziza, yafashwe n’iyi ndwara mu buryo butunguranye dore ko tariki 06 Kamena 2020 yariho areba umukino wa Volleyball mu Ntara ya Ngozi ariko akaza kuremba mu ijoro rishyira ku munsi wakurikiyeho ari na bwo yahise ajyanwa kuvurizwa muri ibi Bitaro yitabiyemo Imana.

Pierre Nkurunziza wayoboye u Burundi mu gihe cy’imyaka 15 kuva mu 2005, yitabye Imana icyo gihe nyuma yuko mu Burundi hari habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu yari yabaye muri Gicurasi 2020, yegukanywe na Evariste Ndayishimiye, ariko wari utararahira.

Umuryango wa nyakwigendera Pierre Nkurunziza wamwunamiye
Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yayoboye uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 1 =

Previous Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Next Post

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.