Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi yagaragarijwe ko ikataje mu ihame rikomeweho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ari urugero rwiza rugaragaza ko abari n’abategarugori batacyumva ko gucunga umutekano ari inshingano z’abagabo gusa, kuko muri uru rwego harimo Abapolisikazi benshi kandi buzuza neza inshingano zabo.

Dr Uwamariya Valentine yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023 mu nama ihuza abapolisikazi ibaye ku nshuro ya 12, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Gukuraho inzitizi ku buringanire n’ubwuzuzanye mu mwuga n’ibikorwa bya Polisi”.

Imibare yerekana ko abagore n’abakobwa bagize 23% mu mubare w’Abapolisi mu Rwanda, kandi abagore n’abakobwa muri uru rwgeo baniganje mu nzego z’ubuyobozi zarwo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko izamuka ry’iyi mibare rishingira ku mpinduka z’imyumvire y’abari n’abatagerugori mu Rwanda.

Ati “Ku bufatanye na Polisi y’Igihugu ibimaze kugerwaho ni byinshi, ndetse n’imyumvire mibi yo gupfobya ubushobozi bw’abagore n’abakobwa; nko kuvuga ngo ‘ingabo y’umugore iragushora ntigukura’; n’ibindi bigenda bihinduka ndetse bivaho.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yasabye aba bagore n’abakorwa bo muri Polisi y’u Rwanda kwitandukanya n’ingeso zangiza isura y’u Rwanda n’urwego bakorera.

Yagize ati “Ndizera ko muzakoresha neza ubumenyi muvanamo mu kunoza neza akazi mushinzwe, mu gukora kinyamwuga, mu gufata ingamba zo kurwanya amakosa n’izindi ngeso mbi zatuma umupolisi adahesha isura nziza u Rwanda na Polisi y’Igihugu.”

Superintendent of Police (SP) Ruth Mbabazi ushinzwe guteza imbere uburinganire muri polisi y’igihugu avuga ko abakobwa n’abagore bo muri polisi y’u Rwanda, bagomba gukora bashingiye ku gukunda akazi kabo

Ati “Icya mbere ni ukugira ubushake tugakunda akazi, ndetse tukarenga za nzitizi tuba dufite nk’abagore zo kumva ko bimwe tutabishoboye. Birashoboka kuko amasomo tuyahabwa kimwe n’abagabo. Ndetse tukumva ko tugomba gukora neza inshingano dufite. Ntabwo bigoye kubera ko no hanze dufite abagangakazi kandi bakora akazi kabo neza. Kubera ko iyo yakoze ninjoro, utaha mu gitondo ukabasha kuruhuka.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga; avuga ko bafite umutwe w’abapolisikazi ubungabunga amahoro mu mahanga kandi witwara neza.

Ati “Igihe cyose uwo mutwe uhora uyobowe n’abagore. Kuba bakiriyo ni uko bakora neza, kandi koko barashimwa. Ntabwo rero ari ikibazo cy’umubare. Bashobora kubamo abayobozi beza, kandi bakitwara neza aho bagiye gucunga umutekano hatoroshye.”

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko mu rwego rwo korohereza bamwe mu Bapolisikazi, bagenda bahabwa hafi y’imiryango yabo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yashimye uburyo Polisi ikomeje gutera imbere mu buringanire

IGP Felix Namuhoranye yasabye Abapolisikazi gukomeza kugaragaza isura nziza y’u Rwanda
Mu buyobozi bwo hejuru muri Polisi harimo abagore

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Next Post

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.