Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi yagaragarijwe ko ikataje mu ihame rikomeweho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ari urugero rwiza rugaragaza ko abari n’abategarugori batacyumva ko gucunga umutekano ari inshingano z’abagabo gusa, kuko muri uru rwego harimo Abapolisikazi benshi kandi buzuza neza inshingano zabo.

Dr Uwamariya Valentine yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023 mu nama ihuza abapolisikazi ibaye ku nshuro ya 12, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Gukuraho inzitizi ku buringanire n’ubwuzuzanye mu mwuga n’ibikorwa bya Polisi”.

Imibare yerekana ko abagore n’abakobwa bagize 23% mu mubare w’Abapolisi mu Rwanda, kandi abagore n’abakobwa muri uru rwgeo baniganje mu nzego z’ubuyobozi zarwo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko izamuka ry’iyi mibare rishingira ku mpinduka z’imyumvire y’abari n’abatagerugori mu Rwanda.

Ati “Ku bufatanye na Polisi y’Igihugu ibimaze kugerwaho ni byinshi, ndetse n’imyumvire mibi yo gupfobya ubushobozi bw’abagore n’abakobwa; nko kuvuga ngo ‘ingabo y’umugore iragushora ntigukura’; n’ibindi bigenda bihinduka ndetse bivaho.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yasabye aba bagore n’abakorwa bo muri Polisi y’u Rwanda kwitandukanya n’ingeso zangiza isura y’u Rwanda n’urwego bakorera.

Yagize ati “Ndizera ko muzakoresha neza ubumenyi muvanamo mu kunoza neza akazi mushinzwe, mu gukora kinyamwuga, mu gufata ingamba zo kurwanya amakosa n’izindi ngeso mbi zatuma umupolisi adahesha isura nziza u Rwanda na Polisi y’Igihugu.”

Superintendent of Police (SP) Ruth Mbabazi ushinzwe guteza imbere uburinganire muri polisi y’igihugu avuga ko abakobwa n’abagore bo muri polisi y’u Rwanda, bagomba gukora bashingiye ku gukunda akazi kabo

Ati “Icya mbere ni ukugira ubushake tugakunda akazi, ndetse tukarenga za nzitizi tuba dufite nk’abagore zo kumva ko bimwe tutabishoboye. Birashoboka kuko amasomo tuyahabwa kimwe n’abagabo. Ndetse tukumva ko tugomba gukora neza inshingano dufite. Ntabwo bigoye kubera ko no hanze dufite abagangakazi kandi bakora akazi kabo neza. Kubera ko iyo yakoze ninjoro, utaha mu gitondo ukabasha kuruhuka.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga; avuga ko bafite umutwe w’abapolisikazi ubungabunga amahoro mu mahanga kandi witwara neza.

Ati “Igihe cyose uwo mutwe uhora uyobowe n’abagore. Kuba bakiriyo ni uko bakora neza, kandi koko barashimwa. Ntabwo rero ari ikibazo cy’umubare. Bashobora kubamo abayobozi beza, kandi bakitwara neza aho bagiye gucunga umutekano hatoroshye.”

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko mu rwego rwo korohereza bamwe mu Bapolisikazi, bagenda bahabwa hafi y’imiryango yabo.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yashimye uburyo Polisi ikomeje gutera imbere mu buringanire

IGP Felix Namuhoranye yasabye Abapolisikazi gukomeza kugaragaza isura nziza y’u Rwanda
Mu buyobozi bwo hejuru muri Polisi harimo abagore

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Next Post

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.